Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Sano Olivier uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, wamaze no kwinjira mu kubwiriza ijambo ry’Imana, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we bitegura kurushingana, nyuma y’imyaka itandatu asezeranye mu Murenge n’uwari umukunzi we ariko ntibabane bakaza no gutandukana.

Muri Kanama 2019, inkuru ya Sano Olivier na Uwera Carine uzwi nka Cadette, iri mu zagarutsweho cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda, aho urukundo rw’aba bombi bari bamaze gusezerana imbere y’amategeko, rwajemo kirogoya.

Ni mu gihe hari hategerejwe ubukwe bwabo mu mpera z’uwo mwaka mu kwezi k’Ukuboza 2019, ariko ntibwatashye kuko baje gutandukana, aho umukobwa yashinjaga umusore kumuhemukira akamubabariza umutima.

Amakuru agezweho ubu, ni uko Sano Olivier yamaze gusezerana n’umukunzi we mushya Irene ndetse hakaba hagiye hanze inyandiko igaragaza igihe bazasezeranira mu itorero.

Mu mashusho, uyu muhanzi Sano yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza yasezeranye n’umukunzi we Irene, ndetse bamwe mu nshuti ze bakaba bamwifurije ishya n’ihirwe kuri iyi ntambwe nziza yateye.

Hanagiye hanze kandi inyandiko y’ubutumire bw’ubukwe bwe bw’uyu muhanzi, igaragaza ko buzaba tariki 21 Kanama 2025, aho bazasezeranira mu rusengero rwa City Reach Church ruri Kimironko mu Mujyi wa Kigali, aho bivugwa ko nyiri ubwite basabye inshuti zabo kudashyira hanze iyi nyandiko.

Muri Kanama 2019, ubwo inkuru ya Sano yagarukwagaho cyane, hagiye hanze amajwi ya Cadette wari umukunzi we uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavugagamo ko uyu bari basezeranye yamuhemukiye kandi yari yaramuhaye byose n’imitungo myinshi, akanamukoresha amakosa amujyana gusezerana mu Murenge.

Uyu muhanzi we yahakanaga ibyo yashinjwaga na Cadette, aho yavugaga ko “ibyo yavuze byose ni ibinyoma.”

Sano Olivier ugiye kurushinana na Irene, yaninjiye mu kubwiriza ijambo ry’Imana, akaba kandi asanzwe ari umushabitsi mu bucuruzi bw’imyenda.

Sano Olivier aherutse gusezerana n’umukunzi we bagiye kurushingana

Muri 2019 yari yasezeranye na Cadette ariko ntibyabahira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + sixteen =

Previous Post

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Next Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n'uwari umutoza wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.