Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umuraperi William Muhire uzwi nka K8 Kavuyo, yifurije isabukuru nziza umubyeyi we Oda Gasinzigwa wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu akaba ari Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto y’umubyeyi we, yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, K8 Kavuyo yagize ati “Isabukuru nziza Mama.”

Oda Gasinzigwa wifurijwe isabukuru n’umuhungu we K8 Kavuyo, yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Uburenganire n’Iterambere ry’Umuryango kuva muri 2008 kugeza muri 2013.

Yahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), aho yavuyeyo arangije manda ze.

Muri Mutarama uyu mwaka wa 2023 yagizwe Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, umwanya yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 30 Mutarama 2023, yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Oda Gasinzigwa ubu uyobora iyi Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yinjiranye impinduka mu matora yo mu Rwanda, aho yatanze igitekerezo ko amatora y’Abadepite yahuzwa n’aya Perezida wa Repubulika, ndetse uyu mushinga uza gushimwa na Guverinoma y’u Rwanda.

Umushinga wo kuvugurura itegeko ryerecyeye amatora, watangijwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, uherutse kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

K8 Kavuyo akunze kugaragaza urukundo akunda umubyeyi we

Oda Gasinzigwa ubu ni Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

RADIOTV10

Comments 1

  1. MUTUYIMANA Lydia Lydia says:
    2 years ago

    Ni byiza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − four =

Previous Post

Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye

Next Post

CG Dan Munyuza wayoboye Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya

Related Posts

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

by radiotv10
25/10/2025
0

Weekends are a time to relax, socialize, and enjoy the fruits of your hard work. But for many young professionals,...

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ uherutse gufungurwa nyuma yo guhamywa icyaha cyo guhoza ku nkeke...

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

by radiotv10
24/10/2025
0

Kigali, Rwanda, the weekend is here, and Kigali is ready to shine! From laughter-filled comedy shows to rooftop parties, Amapiano...

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Umuhanzikazi Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi ze, ariko byatwaye imyaka hafi umunani kugira ngo zibe...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CG Dan Munyuza wayoboye Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya

CG Dan Munyuza wayoboye Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.