Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Josue Kayigire uzwi nka Afrique, utari uherutse kumvikana mu bihangano bishya, aho yari amaze iminsi ari mu Kigo Ngororamuco, yamaze kugaruka mu buzima busanzwe, ndetse akaba akomeje imyiteguro ya Album ye ya mbere.

Afrique wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Agatunda’, ‘Lompe’, na ‘Spy’ zakunzwe n’abatari bacye, bivugwa ko yari amaze igihe ari mu Kigo Ngororamuco, nk’uko twabihamirijwe n’umwe mu nshuti ze za hafi.

Uwahaye amakuru ishami ry’Imyidagaduro kuri RADIOTV10, yavuze ko Afrique yari yarafatanywe ibiyobyabwenge ndetse bikaza kugaragara ko yabinywaga, agahita ajyanwa mu Kigo Ngororamuco.

Iyi nshuti ya hafi y’uyu muhanzi, ivuga ko ubu uyu muhanzi yamaze gusohoka mu Kigo Ngororamuco akaba ari mu buzima busanzwe.

Uyu muntu wa hafi ya Afrique yagize ati “Ubu ameze neza, kandi yahise akomeza ibikorwa bya muzika, ndetse arifuza kongera kwigarurira imitima y’abakunzi be abikesha ibihangano bye n’ibindi agiye gushyira hanze.”

Nyuma yuko uyu muhanzi asezerewe mu Kigo yagororerwagamo, yahise anakomeza imyiteguro ya Album ye ya mbere yise ‘2 Stay’ izajya hanze mu kwezi gutaha kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2025.

Afrique, ni umwe mu bahanzi bazamutse mu buryo bwihuse, byumwihariko indirimbo ye yise ‘Agatunda’ ikaba iri mu zatumye amenyekana mu Rwanda no mu karere, aho yanakoze ibitaramo mu Gihugu cya Uganda.

Uyu muhanzi kandi yanakoranye indirimbo n’abahanzi bo muri Uganda, nk’abakobwa bagize itsinda rya Kataleya& Kandel ndetse n’umuhanzi Rebo Chapo.

Umuhanzi Afrique

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

Next Post

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.