Friday, April 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka

radiotv10by radiotv10
26/09/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi The Ben yahaye umugore we Uwicyeza Pamella imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover, yari imaze iminsi ivugwa ko yayimusezeranyije.

Byagaragajwe n’aba bombi, mu mafoto banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bagaragaye bari kumwe bari guhana impano.

Mu butumwa The Ben yanyujije kuri Instagram ye, yagaragaje ari kumwe n’umugore we Pamella afite indabo ndetse iruhande rwabo hari imodoka y’umweru yo mu bwoko bwa Range Rover.

Iyi foto igaragaza aba bombi bishimye banezerewe bamwenyura, The Ben yashyize ubutumwa buyiherekeje agira ati “Ukwanga nzamwanga.” Ubutumwa busanzwe bunumvikana mu ndirimbo ye yise ‘Ko ndahindutse’.

Amakuru avuga ko iyi mpano y’akataraboneka, The Ben yahaye umugore we, yayimushyikirije mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo uyu muhanzi yiteguraga kwerecyeza mu Burundi, mu gitaramo cy’amateka ahafite kizaba mu mpera z’iki cyumweru.

Iyi modoka y’impano The Ben yahaye umugore we, yari imaze iminsi ivugwa, gusa bikaba bitarahise bikunda, nk’uko amakuru ava mu bakurikiranira hafi imyidagaduro bavuga ko yari akiri kuyishakira ibyangombwa, ndetse ko biri no mu byamuzanye mu Rwanda.

Muri Werurwe uyu mwaka, Urubuga rwa RADIOTV10, rwari rwatangaje iby’iyi modoka, ubwo yari ikiri i Dubai igomba koherezwa mu Rwanda, kugira ngo izashyikirizwe Miss Uwicyeza Pamella.

The Ben ati “ukwanga nzamwanga”

RADIOTV10

Comments 1

  1. BYARUHANGA DIEUDONNE says:
    3 years ago

    Babyarekaga nde niba ariyo yamuguriye, har’icyo biraza gufasha mu buzima busanzwe?

    Reply

Leave a Reply to BYARUHANGA DIEUDONNE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fourteen =

Previous Post

Menya undi muti utanga icyizere ugiye kuvugutirwa ikibazo cyakunze kuzamurwa n’Abanyakigali

Next Post

Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro
MU RWANDA

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

by radiotv10
03/04/2026
0

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

03/04/2026
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

03/04/2026
Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

03/04/2026
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

03/04/2026
Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

02/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka

Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.