Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kitoko Bibarwa uri mu bagize izina rikomeye muri muzika nyarwanda, akaba amaze igihe adashyira hanze indirimbo, yateguje abakunzi be ko agiye gushyira hanze indirimbo nshya.

Uretse kuba yaramamaye mu ndirimbo y’ibihe byose ‘Thank You Kagame’, Kitoko ari mu bahanzi bubatse izina muri muzika nyarwanda, ubu akaba asigaye aba hanze y’u Rwanda, ndetse akaba adaheruka gushyira hanze indirimbo ngo icengera mu matwi y’abakunzi ba muzika nyarwanda nk’uko byagenze ku ndirimbo nka ‘Ikiragi’, ‘Urankunda’ n’izindi.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Kitoko yateguje abakunda ibihangano bye ko bashonje bahishiwe, kuko agiye gushyira hanze indirimbo nshya.

Yifashije kamwe mu duce tw’amashusho y’iyi ndirimbo, Kitoko yagize ati “Nyuma y’igihe nsa nkuri kure y’umuziki, ngarukanye indirimbo nshya nise Tiro. Irajya hanze muri iki cyumweru.

Kitoko wasoje ubutumwa bwe, ashishakiriza abantu gukomeza gukurikiana ibikorwa bye kugira ngo iyi ndirimbo nshya nijya hanze, bazayumve, ni umwe mu bahanzi bamamaye mu gihe cy’izamuka rya muzika igezweho, aho yaje gusa nk’aho ayirengagije nyuma yo kuva mu Rwanda akajya gutura hanze.

Uyu muhanzi yaherukaga gushyira hanze indirimbo umwaka ushize, yise ‘Uri Imana’ yumvikana amagambo yo gushima imirimo Imana yamukoreye.

Kitoko yateguje abakunda ibihangano bye indirimbo nshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta

Next Post

Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho

Related Posts

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho

Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.