Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’icyamamare yatangarije mu bukwe we ibyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’icyamamare yatangarije mu bukwe we ibyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’injyana ya Afrobeats, David Adeleke wamamaye nka Davido, uri mu bayoboye muzika nyafurika, yakoze ubukwe bwitabiriwe n’abarimo uwabaye Perezida wa Nigeria, aho uyu muhanzi yanavugiyemo ko umubyeyi we yavuze ko bizarangira abaye umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana.

Davido yatangaje ibi ubwo yariho aganira n’abari bitabiriye ubukwe bwe n’umukunzi we Chioma Rowland, mu biganiro byo kwinigura we n’abari baje kumushyigikira.

Yagize ati “Mu gitondo, Papa yahoze avuga ngo ‘Davido, ngufiteho inzozi’, ndamubaza nti ‘inzozi bwoko ki?’, arambwira ngo ‘Mfite inzozi ko uzasoza umuziki wawe uri umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana’.”

Ibi byatunguye benshi mu bo yaganirizaga, bose basekeye icyarimwe ubwo bari kuri Hoteli ya Eko Hotel, batangiye kwibaza ubwo uyu muhanzi umenyerewe mu ndirimbo z’Isi, azaba yinjiye mu muziki w’Imana.

Ubukwe bwa Davido bwitabiriwe n’abafite amazina asanzwe azwi mu Gihugu yaba muri muzika ndetse no muri Politiki, nka Nyirarume usanzwe ari Guverineri wa Leta ya Osun, Ademola Adeleke ndetse na bagenzi be bayobora Logos na Abia, ari bo Babajide Sanwo-Olu na Alex Otti.

Mu bandi banyapolitiki batashye ubu bukwe, harimo uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, ndete n’uwabaye Guverineri wa Akwa Ibom State, Udom Emmanuel.

Naho mu byamamare muri muzika byatashye ubu bukwe, harimo Don Jazzy, Ini Edo, abagize itsinda rya PSquare, Zlatan Ibile, Patoranking, Obi Cubana, Seyi Tinubu, na ba rurangiranwa muri ruhago nka Jay Jay Okocha na Victor Osimhen.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ihinduye isura igisirikare nacyo kimanukiye

Next Post

BREAKING: Bitunguranye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe

Related Posts

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bitunguranye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe

BREAKING: Bitunguranye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.