Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in Uncategorized
0
Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 102 wo muri Nigeria yatangaje ko azatanga kandidatire ye mu matora y’Umukuru w’iki Gihugu azaba muri 2023 yo gushaka uzasimbura Perezida Muhammadu Buhari uzaba arangije manda ze.

CGTN dukesha aya makuru, ivuga ko uyu mukecuru witwa Nonye Josephine Ezeanyaeche, yabitangarije ku mugaragaro Television yitwa NTA (Nigerian Television Authority) ikorera muri Nigeria mu murwa mukuru i Abuja.

Mu kiganiro yagiranye n’iyi Television, Josephine Ezeanyaeche yemeje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida yo muri 2023.

Uyu mukecuru wahawe izina rya Mama Africa, akomoka mu gace kitwa Aguata, muri Leta ya Anambra, yashinze umuryango uvugira rubanda uzwi nka Voice for Senior Citizens of Nigeria.

Yavuze ko yiteguye guhatana mu matora ya Perezida mu gihe abona abato batabyifuza.

Nigeria ntiteganya imyaka ntarengwa y’abantu bemerewe kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu mu gihe itegeko ryatowe muri 2018, riteganya ko imyaka mito y’umuntu wemerewe kwiyamamariza kuba Perezida ari 40 ikaba yaravuye kuri 35 yahozeho mbere.

Perezida Muhammadu Buhari uyobora iki Gihugu cya Nigeria, we ntiyemerewe kongera kwiyamamaza mu matora ataha kuko arangije manda ebyiri ziteganywa n’Itegeko Nshinga.

Ezeanyaeche yiyongereye ku batangaje ko baziyamamaza barimo Umuyobozi mukuru w’Ishyaka rya APC (All Progressive Congress), Ahmed Tinubu na Guverineri wa Leta ya Ebonyi, David Umahi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Next Post

Umukobwa warokotse impanuka yateranye amagambo n’uwavuze ko yari yasinze

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
MU RWANDA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa warokotse impanuka yateranye amagambo n’uwavuze ko yari yasinze

Umukobwa warokotse impanuka yateranye amagambo n'uwavuze ko yari yasinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.