Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umufaransa, ukina hagati mu kibuga, N’Golo Kanté, uherutse kwerekeza muri Shampiyona ya Arabie Saudite nyuma yo kugurwa n’ikipe yaho, na we yaguze ikipe yo mu Bubiligi.

N’Golo Kanté azakinira ikipe ya Al Nassr yo muri Arabie Saudite mu mwaka w’imikino utaha, aho azaba ari kumwe na Kabuhariwe Cristiano Ronaldo. N’Golo Kanté, wari usanzwe akinira Chelsea, yamaze kugura ikipe yo mu Bubiligi yitwa “Royal Excelsior Virton” yakinaga muri Shampiyona y’icyiciro cya 2 mu Bubiligi (Challenger Pro League).

Iyi kipe yaguzwe na Kanté iva mu mujyi witwa Virton, wegeranye cyane n’umupaka w’Igihugu cy’u Bufaransa n’uw’Igihugu cya Luxembourg, gusa ariko ikaba itari yakina na rimwe muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bubiligi.

Umwaka w’imikino wa 2022-2023 wasize iyi kipe ya Royal Excelsior Virton imanutse muri Shampiyona y’icyiciro cya 3 mu gihugu cy’Ububiligi.

Iyi kipe yatangaje ko habayemo impinduka mu buyobozi bwayo, dore ko Fabio Becca, wari nyiri iyi kipe, yasimbuwe na N’Golo Kanté.

Icyifuzo cy’uyu Kizigenza w’Umufaransa, N’Golo Kanté, ni ugukomeza kurushaho kubaka iyi kipe no gukomeza amakipe mato yayo, gukora ikipe ikomeye kandi igashakirwa n’abatoza beza bazi kureba no kuzamura impano z’abakinnyi, kuva mu ikipe yayo y’abato.

Iyi kipe ya Royal Excelsior Virton irifuza gushinga imizi ku bana bo mu gace ibarizwamo kugira ngo ibe inkingi ikomeye mu mupira w’amaguru mu gace kitwa Gaume no mu ntara ya Luxembourg, bikaba biteganyijwe ko N’Golo Kanté azaba nyirayo kuva ku ya 01 Nyakanga 2023.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + thirteen =

Previous Post

Hari uwari umaze ibyumweru 3 amutangije kaminuza-Agahinda k’abafashwaga na Past. Theogene

Next Post

Hamenyekanye undi mugambi wa rutura wa DRC mu kwitegura urugamba

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye undi mugambi wa rutura wa DRC mu kwitegura urugamba

Hamenyekanye undi mugambi wa rutura wa DRC mu kwitegura urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.