Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Rayon Sports Emmanuel Mvuyekure bakunda kwita Manu ukomoka mu Burundi, wagaragaye akubita umupira umusifuzi, bikazamura impaka nyinshi mu bakunzi ba ruhago, bwa mbere yagize icyo abivugaho.

Iri kosa ryamaganiwe kure n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda, ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, ubwo Rayon Sports yakinaga na Etoile de l’Est.

Emmanuel Mvuyekure bakunda kwita Manu warikoze, yabaye nk’ukorerwa ikosa n’umukinnyi wa Etoile de l’Est, agwa hasi ahita afata umupira, ariko umusifuzi Ishimwe Claude bakunda kwita Cucuri, aba ari we aha ikarita y’umuhondo kuko yisifuye.

Uyu mukinnyi wa Rayon Sports utanyuzwe n’icyemezo cy’umusifuzi, yahise afata umupira awumukubitana umujinya mwinshi, uyu wari uyoboye umukino na we ntiyabyihanganira ahita amwereka ikarita y’umutuku.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda biganjemo abanyamakuru ba siporo, banenze imyitwarire y’uyu mukinnyi, bavuga ko no guhabwa ikarita y’umutuku bidahagije.

Umunyamakuru Mihigo Saddam yagize ati “Rimwe na rimwe mbona ikarita itukura iba idahagije. FERWAFA irebe neza mu bitabo byayo bigenga imyitwarire barebe niba gukubita umusifuzi birangizwa n’ikarita itukura niba nta bindi bihano byiyongera bireba nyiri kosa (Additional Individual Sanctions).”

Undi munyakakuru wa siporo witwa Imfurayacu Jean Luc na we yagize ati “Bwana Manu MVUYEKURE aha Yakoze ibara… Ikibazo byari ukwivumbura!”

Uyu mukinnyi na we mu butumwa yanyuije kuri Instagram, yiseguye kuri aya makosa yakoze, avuga ko ari na yo karita y’umutuku ya mbere ahawe kuva yatangira gukina ruhago [ntibizwi niba ari ukuri] ndetse ko byamubabaje.

Ati “Ntabwo ari byo nari ngambiriye gukubita umupira umusifuzi. Mbere na mbere ndasaba imbabazi Cucuri, ndakubaha cyane ndetse ndisegura ku bafana ba Rayon Sports n’abakinnyi bagenzi banjye na FERWAFA.”

Haribazwa niba imyitwarire nk’iyi ikwiye kugarukira ku ikarita y’umutuku gusa yahawe uyu mukinnyi, cyangwa niba n’ubuyobozi bw’ikipe ye buri bumufatire ibihano byihariye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Next Post

Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w’uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

Related Posts

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w’uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w'uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.