Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Rayon Sports Emmanuel Mvuyekure bakunda kwita Manu ukomoka mu Burundi, wagaragaye akubita umupira umusifuzi, bikazamura impaka nyinshi mu bakunzi ba ruhago, bwa mbere yagize icyo abivugaho.

Iri kosa ryamaganiwe kure n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda, ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, ubwo Rayon Sports yakinaga na Etoile de l’Est.

Emmanuel Mvuyekure bakunda kwita Manu warikoze, yabaye nk’ukorerwa ikosa n’umukinnyi wa Etoile de l’Est, agwa hasi ahita afata umupira, ariko umusifuzi Ishimwe Claude bakunda kwita Cucuri, aba ari we aha ikarita y’umuhondo kuko yisifuye.

Uyu mukinnyi wa Rayon Sports utanyuzwe n’icyemezo cy’umusifuzi, yahise afata umupira awumukubitana umujinya mwinshi, uyu wari uyoboye umukino na we ntiyabyihanganira ahita amwereka ikarita y’umutuku.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda biganjemo abanyamakuru ba siporo, banenze imyitwarire y’uyu mukinnyi, bavuga ko no guhabwa ikarita y’umutuku bidahagije.

Umunyamakuru Mihigo Saddam yagize ati “Rimwe na rimwe mbona ikarita itukura iba idahagije. FERWAFA irebe neza mu bitabo byayo bigenga imyitwarire barebe niba gukubita umusifuzi birangizwa n’ikarita itukura niba nta bindi bihano byiyongera bireba nyiri kosa (Additional Individual Sanctions).”

Undi munyakakuru wa siporo witwa Imfurayacu Jean Luc na we yagize ati “Bwana Manu MVUYEKURE aha Yakoze ibara… Ikibazo byari ukwivumbura!”

Uyu mukinnyi na we mu butumwa yanyuije kuri Instagram, yiseguye kuri aya makosa yakoze, avuga ko ari na yo karita y’umutuku ya mbere ahawe kuva yatangira gukina ruhago [ntibizwi niba ari ukuri] ndetse ko byamubabaje.

Ati “Ntabwo ari byo nari ngambiriye gukubita umupira umusifuzi. Mbere na mbere ndasaba imbabazi Cucuri, ndakubaha cyane ndetse ndisegura ku bafana ba Rayon Sports n’abakinnyi bagenzi banjye na FERWAFA.”

Haribazwa niba imyitwarire nk’iyi ikwiye kugarukira ku ikarita y’umutuku gusa yahawe uyu mukinnyi, cyangwa niba n’ubuyobozi bw’ikipe ye buri bumufatire ibihano byihariye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 19 =

Previous Post

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Next Post

Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w’uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w’uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w'uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.