• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’ikipe ikomeye i Burayi yasesekaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’ikipe ikomeye i Burayi yasesekaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakinnyi b’ikipe ya Arsenal isanzwe ifitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bw’iki Gihugu cy’imisozi Igihumbi, yageze i Kigali mu Rwanda.

Ni myugariro Jurriën David Norman Timber w’imyaka 22, wageze mu Rwanda mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023.

Uyu musore w’Umuhalandi, aje mu Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda isanzwe yamamazwa n’ikipe ye ya Arsenal, mu bufatanye bwatangiye muri 2018.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe, uyu myugariro wa Arsenal yagaragazaga akanyamuneza kenshi ku maso, aho yazanye n’itsinda ririmo abasanzwe bakora mu ikipe ye.

Aje mu Rwanda kurusura no gukomeza guhamya ubufatanye buri hagati ya Arsenal n’u Rwanda, muri gahunda ya Visit Rwanda, aho mu masezerano y’impande zombi harimo no kuzajya haza bamwe mu bakinnyi b’iyi kipe mu bukangurambaga bwo gushishikariza abatuye Isi gusura iki Gihugu gikungahaye ku byiza nyaburanga.

Norman Timber wujuje amezi atanu yinjiye muri Arsenal dore ko yayijemo tariki 14 Kanama uyu mwaka, amaze iminsi ari mu mvune, gusa umutoza w’iyi kipe, Mikel Arteta; aherutse gutangaza ko ari gukira ku buryo azagaruka mu kibuga vuba.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane, Timber ahura na bamwe mu bari mu mwuga wa ruhago mu Rwanda, barimo abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ye ya Arsenal.

Yari afite akanyamuneza ko kuba aje mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Next Post

Uwicaga abakobwa abanje kubabeshya urukundo bakanaryamana yahanishijwe igihano kiremereye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Uwicaga abakobwa abanje kubabeshya urukundo bakanaryamana yahanishijwe igihano kiremereye

Uwicaga abakobwa abanje kubabeshya urukundo bakanaryamana yahanishijwe igihano kiremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.