Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in Uncategorized
0
Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umudage, Kai Havertz, w’ikipe ya Chelsea yasoje Premier League iri ku mwanya wa 12, ari gushakishwa na Arsenal yo mu Bwongereza, ndetse na Bayern Munich yo mu Budage.

Amakuru yavugwaga yerecyeza Kai Havertz mu ikipe ya Arsenal, aho yasabwaga kumutangaho akayabo ka miliyoni 70 z’ama Pounds, none na Bayern Munich yamaze kumwegera.

Iyi kipe y’i Munich mu Budage imubona nk’umukinnyi mwiza kandi utayihenda ugereranyije na Dusan Vlahovic, ukinira Juventus, ndetse na Randal Kolo Muani, wa Eintracht Frankfurt, wari wavuzweho ko yakwerekeza muri Bayern ariko bikaza kwanga mu minsi ishize.

Ikipe ya Arsenal yizeraga ko yamanura igiciro cy’uyu Kai Havertz, bityo ikaba yamutangaho miliyoni 60 z’ama Pounds, gusa ikaba ishaka kubanza kugura Captain wa West Ham United, Declan Rice, ushobora kuyitwara arenga miliyoni 100 z’ama Pounds, mbere yo kujya mu bya Kai Havertz.

Iyi kipe ya Arsenal, yo mu majyaruguru y’umujyi wa Londres, irashaka kubanza kumenya amafaranga bizayisaba kugira ngo igure Declan Rice mu mpeshyi y’uyu mwaka, dore ko ikipe ya West Ham United yifuza ko yakwishyurwa mu byiciro 2 kandi mbere ya 2025, ibintu bishobora kugora cyane ikipe ya Arsenal muri iyi mpeshyi.

Amafaranga Arsenal izatanga ku Mwongereza Declan Rice, bifuza mbere y’abandi, azagira uruhare mu kumenya ayo batanga kuri Kai Havertz.

Arsenal kandi biravugwa ko inashaka n’undi mukinnyi wakina nka myugariro wo hagati.

Chelsea na yo yifuza kuba yaha Kai Havertz amasezerano mashya, gusa umushahara we byitezwe ko wahita ugabanywa bigendanye no kugabanya imihembere ihanitse y’iyi kipe.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twenty =

Previous Post

Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)

Next Post

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Rwanda’s exports dropped by 12.5%
MU RWANDA

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.