Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umukino utajya wiburira hagati y’abacyeba b’ibihe byose; APR FC na Rayon Sports, habaye igikorwa cy’urugomo cyo kumenagura ibirahure by’imodoka zari zitwaye abafana ba APR, gusa umuvugizi wa Rayon Sports avuga ko bitakozwe n’abafana b’iyi kipe ahubwo ko bashobora kuba ari aba APR bari bafite umujinya wo gutsindwa.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Nkurunziza Jean Paul asubiza ku makuru avugwa ko abafana b’iyi kipe baba basagariye aba APR FC, yabyamaganiye kure.

Yagize “Nta mufana wa Rayon Sports wakoreye uwa APR FC urugomo, kuki se bitaba byakozwe n’abafana ba APR FC batishimiye umusaruro babonye? Aba-Rayon twavuye muri Sidate ya Huye ntawe duhutaje kandi dutaha amahoro.”

Si rimwe cyangwa kabiri umukino wa Rayon Sports na APR FC ukurikiwe n’ibikorwa nk’ibi by’urugomo, kuko hagiye humvikana imirwano hagati y’abafana b’aya makipe, bose baba badashaka ko ikipe yabo itsindwa n’imwe muri izi.

Rayon Sports yaherukaga gutsinda Ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu myaka ine ishize, yatsindiwe igitego na Ngendahimana Eric igitego kimwe ari na cyo rukumbi cyabonetse muri uyu mukino.

Kuva Jean Fidere Uwayezu yatangira kuyobora ikipe y’Ubururu n’Umweru akaba ari ubwa mbere iyo ikipe ishoboye gutsinda APR FC.

Uyu mukino kandi wishimiwe cyane n’ingeri zose dore ko abafana b’amakipe yombi bari bitabiriye ku bwinshi.

Ni umukino kandi wongeye kuzana ubwiyunge hagati y’umutoza Haringingo Francis n’abakunzi ba Rayon Sports batari bishimiye uko yari amaze iminsi yitwara.

Umutoza Ben Moussa utoza APR FC yari abizi neza ko nta kosa yagombaga gukora, gusa ntiyaje guhirwa ngo agere ku ntego ze.

Kuri Byiringiro League wakinaga umukino wa nyuma yambaye imyenda y’umukara n’Umweru ntiyahiriwe n’umunsi wa 19 wa shampiyona dore ko yari yabitangarije RADIOTV10 ku wa Kabiri w’Icyumweru gishize.

Icyo gihe yari yagize “Byaba na byiza nkazatsinda igitego mu rwego rwo gusezera abafana, kuko APR FC ni mu rugo kandi ndayifuriza ibyiza gusa.”

Gusa nubwo umukino warangiye Rayon Sports yegukanye amanota atatu, APR FC irakicaye ku ntebe y’Icyubahiro n’amanota 37, ikurikiwe na Rayon Sports ifite amanota 36 aho inganya na AS Kigali na Gasogi United, mu gihe Kiyovu Sports ya 5 ifite amanota 35.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + twenty =

Previous Post

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Next Post

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.