Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umukino utajya wiburira hagati y’abacyeba b’ibihe byose; APR FC na Rayon Sports, habaye igikorwa cy’urugomo cyo kumenagura ibirahure by’imodoka zari zitwaye abafana ba APR, gusa umuvugizi wa Rayon Sports avuga ko bitakozwe n’abafana b’iyi kipe ahubwo ko bashobora kuba ari aba APR bari bafite umujinya wo gutsindwa.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Nkurunziza Jean Paul asubiza ku makuru avugwa ko abafana b’iyi kipe baba basagariye aba APR FC, yabyamaganiye kure.

Yagize “Nta mufana wa Rayon Sports wakoreye uwa APR FC urugomo, kuki se bitaba byakozwe n’abafana ba APR FC batishimiye umusaruro babonye? Aba-Rayon twavuye muri Sidate ya Huye ntawe duhutaje kandi dutaha amahoro.”

Si rimwe cyangwa kabiri umukino wa Rayon Sports na APR FC ukurikiwe n’ibikorwa nk’ibi by’urugomo, kuko hagiye humvikana imirwano hagati y’abafana b’aya makipe, bose baba badashaka ko ikipe yabo itsindwa n’imwe muri izi.

Rayon Sports yaherukaga gutsinda Ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu myaka ine ishize, yatsindiwe igitego na Ngendahimana Eric igitego kimwe ari na cyo rukumbi cyabonetse muri uyu mukino.

Kuva Jean Fidere Uwayezu yatangira kuyobora ikipe y’Ubururu n’Umweru akaba ari ubwa mbere iyo ikipe ishoboye gutsinda APR FC.

Uyu mukino kandi wishimiwe cyane n’ingeri zose dore ko abafana b’amakipe yombi bari bitabiriye ku bwinshi.

Ni umukino kandi wongeye kuzana ubwiyunge hagati y’umutoza Haringingo Francis n’abakunzi ba Rayon Sports batari bishimiye uko yari amaze iminsi yitwara.

Umutoza Ben Moussa utoza APR FC yari abizi neza ko nta kosa yagombaga gukora, gusa ntiyaje guhirwa ngo agere ku ntego ze.

Kuri Byiringiro League wakinaga umukino wa nyuma yambaye imyenda y’umukara n’Umweru ntiyahiriwe n’umunsi wa 19 wa shampiyona dore ko yari yabitangarije RADIOTV10 ku wa Kabiri w’Icyumweru gishize.

Icyo gihe yari yagize “Byaba na byiza nkazatsinda igitego mu rwego rwo gusezera abafana, kuko APR FC ni mu rugo kandi ndayifuriza ibyiza gusa.”

Gusa nubwo umukino warangiye Rayon Sports yegukanye amanota atatu, APR FC irakicaye ku ntebe y’Icyubahiro n’amanota 37, ikurikiwe na Rayon Sports ifite amanota 36 aho inganya na AS Kigali na Gasogi United, mu gihe Kiyovu Sports ya 5 ifite amanota 35.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Next Post

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Kigali: Mu gicuku cy’ijoro inkongi iremereye yibasiye Agakiriro kudutsemo umuriro ubugiragatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.