Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukobwa wanditse amateka mu guteka yasesekaweho n’inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukobwa wanditse amateka mu guteka yasesekaweho n’inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo muri Nigeria uherutse kwandika amateka yo kumara igihe kinini atetse, yamenyeshejwe ko ubu ari we ufite agahigo ku Isi ko kuba yaramaze igihe kinini muri uyu murimo wo gutegura amafunguro, ahita yandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo.

Mu kwezi gushize, ni bwo Hilda Baci w’imyaka 27 yiyemeje kumara amasaha 100 ari mu gikoni atetse, igikorwa cyakuruye abantu benshi muri Nigeria kuva ku bategetsi bo hejuru kugera ku bakora mu myidagaduro, bose bamushyigikiye muri iyo minsi ine yamaze atetse.

Umuhigo wari warashyizweho n’Umuhinde Lata Tondon aho muri 2019 yamaze amasaha 87 n’iminota 45 atetse.

Ikigo cy’uduhigo Guinness World Records, cyavuze ko bagenzuye igikorwa cy’amasaha 100 yari yiyemeje bakareba ibimenyetso byose bijyanye n’amategeko yabo bagasanga uyu munya-Nigieria yaramaze amasaha 93 n’iminota 11 atetse.

Ibi byatumye n’ubundi ahita aba umuntu wihariye ku Isi, wo kuba yaramaze igihe kinini atetse, ahita anandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ‘Guinness World Records’.

Hari abandi batetsi bo muri Nigeria bahagurukiye guca aka gahigo, aho ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, hari abatangiye biyemeje kuzamara amasaha ari hagati y’ 120 n’ 140, ni ukuvuga hafi icyumweru.

Ni ingingo itavuzweho rumwe n’Abanya-Nigeria, bavuze ko ibyo ari nko guhangana na mugenzi wabo, abandi bakavuga ko guhangana ntacyo bitwaye kandi bose kuba baturuka mu Gihugu kimwe ntacyo bitwaye.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eighteen =

Previous Post

Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Next Post

Afurika yatangiye urugendo rw’igikorwa gishobora kuzasiga yirahirwa ku Isi

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yatangiye urugendo rw’igikorwa gishobora kuzasiga yirahirwa ku Isi

Afurika yatangiye urugendo rw’igikorwa gishobora kuzasiga yirahirwa ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.