Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukobwa wanditse amateka mu guteka yasesekaweho n’inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukobwa wanditse amateka mu guteka yasesekaweho n’inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo muri Nigeria uherutse kwandika amateka yo kumara igihe kinini atetse, yamenyeshejwe ko ubu ari we ufite agahigo ku Isi ko kuba yaramaze igihe kinini muri uyu murimo wo gutegura amafunguro, ahita yandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo.

Mu kwezi gushize, ni bwo Hilda Baci w’imyaka 27 yiyemeje kumara amasaha 100 ari mu gikoni atetse, igikorwa cyakuruye abantu benshi muri Nigeria kuva ku bategetsi bo hejuru kugera ku bakora mu myidagaduro, bose bamushyigikiye muri iyo minsi ine yamaze atetse.

Umuhigo wari warashyizweho n’Umuhinde Lata Tondon aho muri 2019 yamaze amasaha 87 n’iminota 45 atetse.

Ikigo cy’uduhigo Guinness World Records, cyavuze ko bagenzuye igikorwa cy’amasaha 100 yari yiyemeje bakareba ibimenyetso byose bijyanye n’amategeko yabo bagasanga uyu munya-Nigieria yaramaze amasaha 93 n’iminota 11 atetse.

Ibi byatumye n’ubundi ahita aba umuntu wihariye ku Isi, wo kuba yaramaze igihe kinini atetse, ahita anandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ‘Guinness World Records’.

Hari abandi batetsi bo muri Nigeria bahagurukiye guca aka gahigo, aho ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, hari abatangiye biyemeje kuzamara amasaha ari hagati y’ 120 n’ 140, ni ukuvuga hafi icyumweru.

Ni ingingo itavuzweho rumwe n’Abanya-Nigeria, bavuze ko ibyo ari nko guhangana na mugenzi wabo, abandi bakavuga ko guhangana ntacyo bitwaye kandi bose kuba baturuka mu Gihugu kimwe ntacyo bitwaye.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − three =

Previous Post

Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Next Post

Afurika yatangiye urugendo rw’igikorwa gishobora kuzasiga yirahirwa ku Isi

Related Posts

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

by radiotv10
28/10/2025
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe kugenzura ibikoresho bikoreshwa mu buzima muri Afurika y’Epfo, cyatangaje ko muri iki Gihugu hagiye gutangizwa itangwa ry’umuti...

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
27/10/2025
0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Mali, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri irimo umwe usubitse nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yatangiye urugendo rw’igikorwa gishobora kuzasiga yirahirwa ku Isi

Afurika yatangiye urugendo rw’igikorwa gishobora kuzasiga yirahirwa ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.