Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi mu ikipe ikomeye ku Isi yasezeye bitunguranye akiri muto

radiotv10by radiotv10
02/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi mu ikipe ikomeye ku Isi yasezeye bitunguranye akiri muto
Share on FacebookShare on Twitter

Raphael Varane, myugariro wa Manchester United uzwi no mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, yamaze gusezera mu ikipe y’Igihugu ku myaka 29 gusa.

Uyu myugariro ngenderwaho muri Manchester United, ni umwe mu bafashaga ubwugarizi bw’ikipe y’u Bufaransa iri mu zihagaze neza ku Isi, ndetse akaba yarayifashije kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2022 yanavunikiyemo ntarangize uyu mukino w’amateka.

Varane wavukiye mu mujyi wa Lille, yatangiye gukina ruhago mu buryo bwa kinyamwuga akiri muto muri 2010, aho yanakiniye amakipe y’abato y’u Bufaransa, harimo abatarengeje imyaka 18, iy’abatrenge imyaka 20 ndetse n’iy’abatarengeje 21.

Yatangiye gukinira ikipe nkuru y’u Bufaransa muri 2013, kuva icyo gihe, yahamagarwaga mu ikipe y’u Bufaransa, ubu akaba yari amaze imyaka 10 ayikinira.

Muri iyo myaka icumi, yayikiniye imikino 93, ayitsindira ibitego 5, akaba yaratwaranye n’ikipe y’Igihugu igikombe cy’Isi cya 2018, ndetse bakanatwarana n’umwanya wa 2 umwaka ushize wa 2022.

Uyu mukinnyi yatangaje ko ari cyo gihe cyo gusezera mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa kugira ngo ahe umwanya abakiri bato bazamuka na bo babone umwanya wo gukina.

Ubu Raphael Varane akaba ari umukinnyi ugiye guha umwanya ikipe ye ya Manchester United nyuma yo gusezera mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − seven =

Previous Post

Hagaragajwe icyaca impaka ku bashoferi bavuga ko bafatiwe gusinda nyamara banyoye ‘energy’

Next Post

Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Related Posts

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

IZIHERUKA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya
IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.