Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Samuel Eto’o Fils ufite izina rikomeye muri ruhago ku Isi, yafashwe amashusho ari guhohotera uwafataga amashusho, amukubita umugeri arabandagara, none benshi bari kunenga uyu mugabo usanzwe ari na Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon.

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Samuel Eto’o yirukankana umwe mu bariho bafata amashusho, ubundi akamukubita.

Ni amashusho yafashwe mu ijoro ryacyeye nyuma y’umukino Brazil yatsinzemo Korea 4-0, aho uyu munyabigwi muri ruhago yari avuye kureba umupira.

Aya amashusho atangira agaragaza Samuel Eto’o ari kumwe n’abafana bamwishimiye bari kwifata amafoto, ariko uyu mugabo akabona imbere ye hari undi musore uri gufata amashusho na camera, agahita atangira kumusatira ashaka kumukubita.

Uyu wafataga amashusho na we agenda amuhunga ari na ko akomeza gufata amashusho, ndetse abashinzwe umutekano bakaza bagakomakoma uyu munyabigwi ariko agakomeza gusatira uyu wafatanga amashusho.

Bigera aho Samuel Eto’o agera kuri uyu wafatanga amashusho, akamukubita umugeri yihanukiriye undi agahita atembagara hasi akagusha ikibuno.

Aya mashusho akomeje gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga z’abakurikiranira hafi ibya ruhago, banenga Samuel Eto’o kuri iki gikorwa cy’umujinya w’umuranduranzuzi yakoze, ndetse basaba FIFA kumufatira ibihano bikarishye.

Amakuru avuga ko uyu munyamakuru wafataga amashusho asanzwe ari Umunya-Algeria wari umaze iminsi anenga ikipe y’Igihugu ya Cameroon kubera uburyo yitwaye mu gikombe cy’Isi yasezerewemo mu majonjora.

Bivugwa ko Samuel Eto’o yabonye uyu munyamakuru ari kumufata amashusho kandi amaze iminsi avuga nabi ikipe y’Igihugu cy’iwabo, bikazamura umujinya ari na bwo yakoze iki gikorwa kigayitse yihorera.

Yamukubise umugeri arabandagara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − four =

Previous Post

Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Next Post

Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo

Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.