Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

radiotv10by radiotv10
11/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya Guinée Naby Keïta uri mu Banyafurika bazwiho ubuhanga mu guconga ruhago, nyuma yo gusoza amasezerano ye muri Liverpool, yerekeje mu ikipe ya Werder Bremen yo mu Budage.

Naby Laye Keïta, wakinaga hagati mu kibuga mu ikipe ya Liverpool, yamaze kwerekeza muri Werder Bremen ku masezerano y’imyaka 3.

Uyu Keïta yageze muri Liverpool muri 2017, avuye muri RB Leipzig, atanzweho miliyoni 48 z’ama Pounds, akaba yarayikiniye imikino 129, mu myaka 5 yari ayimazemo, aho yagize uruhare mu bitego 18 gusa, harimo ibitego 11 yitsindiye ku giti cye akaba yaranatanze imipira 7 ivamo ibitego.

Muri icyo gihe cyose, ari mu ikipe ya Liverpool, yabashije gutwarana na yo inshuro imwe buri gikombe cyose gikinirwa, icya Shampiyona y’Ubwongereza Premier League, icya UEFA Champions League, FA Cup, Carabao Cup, UEFA Super Cup ndetse na Club World Cup.

Naby Keïta, w’imyaka 28, wahawe icyubahiro (Guard of honour) n’ikipe ya Liverpool mu mukino wa nyuma bakiriraga kuri stade ya Anfield Road, bakanganya na Aston Villa igitego 1-1, yagiye aba umukinnyi w’ingenzi mu ikipe ya Jurgen Klopp, gusa mu mwaka w’imikino wa 2022-2023, ntibyamukundiye kuko muri Shampiyona yabanje mu kibuga mu mikino 2 yonyine kubera imvune zitandukanye yagize.

Yari mu bakinnyi ngendewaho muri Liverpool
Ubu yerecyeje muri Werder Brem

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − seven =

Previous Post

Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?

Next Post

Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi

Related Posts

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

IZIHERUKA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma
AMAHANGA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi

Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.