Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murungi Munyengabe Sabin uzwi mu biganiro byo kuri YouTube, umaze iminsi ataramanwa ku mbuga nkoranyambaga mu nkuru zidafitiwe gihamya zo guca inyuma uwo bashakane, yageneye ubutumwa umugore we, amubwira ko amukunda bizira uburyarya.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hazamutse amakuru avuga ko uyu munyamakuru usanzwe afite YouTube Channel yitwa Isimbi TV, amaze igihe adakora ngo kuko yavunitse ubwo yari avuye guca inyuma umugore we.

Mu mashusho yabanje gushyirwa hanze n’uwitwa Clara ufite YouTube Channel yitwa Clara TV, yagaragazaga uyu munyamakuru ari hasi bigaragara ko yavunitse, ari kumwe n’uwitwa Ngwinondebe na we uzwi kuri YouTube, aho uyu Clara yavugaga ko ari we bari bamaze gukorana icyo gikorwa cyo gucana inyuma.

Uyu Clara yavugaga ko Murungi Sabin yavunitse ubwo yasimbukaga igipangu kirekire nyuma yuko aguwe gitumo ari kumwe n’uyu mugore usanzwe afite umugabo.

Ni amakuru adafitiwe gihamya kuko abavugwa kuri iki kibazo, nta n’umwe uragira icyo abivugaho ndetse nta n’ikizibiti kibihamya cyagaragajwe, gusa kuri uyu wa Kane hakaba hagaragaye undi uvuga ko yari ahari ubwo ibi byabaga, wanagaragaje andi mashusho yafashwe ubwo byabaga, agaragaza Sabin asohoka mu nzu anurira icyo gipangu bivugwa ko yasimbutse akahavunikira.

Umunyamakuru Murungi Sabin umaze igihe adakora ibiganiro, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yagaragarije umugore we Raissa Gasagire ko amukunda byimazeyo.

Akoresheje ifoto y’umugore we Raissa, Umunyamakuru Murungi Sabin yagize ati “Mwiza imbere n’inyuma. Ndagukunda” arangije ashyiraho akarangabyiyumvire k’umutima.

Raissa Gasagire na we yageneye ubutumwa umugabo we, amubwira ko we na we n’umwana wabo, bafite umuryango mwiza kandi ko azakomeza kumukunda igihe cyose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

DRC: Leta yatumijwe mu rubanza ku byasize imfungwa zirenga 120 zipfira muri Gereza

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by'ibanze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.