Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murungi Munyengabe Sabin uzwi mu biganiro byo kuri YouTube, umaze iminsi ataramanwa ku mbuga nkoranyambaga mu nkuru zidafitiwe gihamya zo guca inyuma uwo bashakane, yageneye ubutumwa umugore we, amubwira ko amukunda bizira uburyarya.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hazamutse amakuru avuga ko uyu munyamakuru usanzwe afite YouTube Channel yitwa Isimbi TV, amaze igihe adakora ngo kuko yavunitse ubwo yari avuye guca inyuma umugore we.

Mu mashusho yabanje gushyirwa hanze n’uwitwa Clara ufite YouTube Channel yitwa Clara TV, yagaragazaga uyu munyamakuru ari hasi bigaragara ko yavunitse, ari kumwe n’uwitwa Ngwinondebe na we uzwi kuri YouTube, aho uyu Clara yavugaga ko ari we bari bamaze gukorana icyo gikorwa cyo gucana inyuma.

Uyu Clara yavugaga ko Murungi Sabin yavunitse ubwo yasimbukaga igipangu kirekire nyuma yuko aguwe gitumo ari kumwe n’uyu mugore usanzwe afite umugabo.

Ni amakuru adafitiwe gihamya kuko abavugwa kuri iki kibazo, nta n’umwe uragira icyo abivugaho ndetse nta n’ikizibiti kibihamya cyagaragajwe, gusa kuri uyu wa Kane hakaba hagaragaye undi uvuga ko yari ahari ubwo ibi byabaga, wanagaragaje andi mashusho yafashwe ubwo byabaga, agaragaza Sabin asohoka mu nzu anurira icyo gipangu bivugwa ko yasimbutse akahavunikira.

Umunyamakuru Murungi Sabin umaze igihe adakora ibiganiro, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yagaragarije umugore we Raissa Gasagire ko amukunda byimazeyo.

Akoresheje ifoto y’umugore we Raissa, Umunyamakuru Murungi Sabin yagize ati “Mwiza imbere n’inyuma. Ndagukunda” arangije ashyiraho akarangabyiyumvire k’umutima.

Raissa Gasagire na we yageneye ubutumwa umugabo we, amubwira ko we na we n’umwana wabo, bafite umuryango mwiza kandi ko azakomeza kumukunda igihe cyose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 9 =

Previous Post

DRC: Leta yatumijwe mu rubanza ku byasize imfungwa zirenga 120 zipfira muri Gereza

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by'ibanze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.