Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Sabin uri kugarukwaho cyane yageneye ubutumwa umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murungi Munyengabe Sabin uzwi mu biganiro byo kuri YouTube, umaze iminsi ataramanwa ku mbuga nkoranyambaga mu nkuru zidafitiwe gihamya zo guca inyuma uwo bashakane, yageneye ubutumwa umugore we, amubwira ko amukunda bizira uburyarya.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hazamutse amakuru avuga ko uyu munyamakuru usanzwe afite YouTube Channel yitwa Isimbi TV, amaze igihe adakora ngo kuko yavunitse ubwo yari avuye guca inyuma umugore we.

Mu mashusho yabanje gushyirwa hanze n’uwitwa Clara ufite YouTube Channel yitwa Clara TV, yagaragazaga uyu munyamakuru ari hasi bigaragara ko yavunitse, ari kumwe n’uwitwa Ngwinondebe na we uzwi kuri YouTube, aho uyu Clara yavugaga ko ari we bari bamaze gukorana icyo gikorwa cyo gucana inyuma.

Uyu Clara yavugaga ko Murungi Sabin yavunitse ubwo yasimbukaga igipangu kirekire nyuma yuko aguwe gitumo ari kumwe n’uyu mugore usanzwe afite umugabo.

Ni amakuru adafitiwe gihamya kuko abavugwa kuri iki kibazo, nta n’umwe uragira icyo abivugaho ndetse nta n’ikizibiti kibihamya cyagaragajwe, gusa kuri uyu wa Kane hakaba hagaragaye undi uvuga ko yari ahari ubwo ibi byabaga, wanagaragaje andi mashusho yafashwe ubwo byabaga, agaragaza Sabin asohoka mu nzu anurira icyo gipangu bivugwa ko yasimbutse akahavunikira.

Umunyamakuru Murungi Sabin umaze igihe adakora ibiganiro, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yagaragarije umugore we Raissa Gasagire ko amukunda byimazeyo.

Akoresheje ifoto y’umugore we Raissa, Umunyamakuru Murungi Sabin yagize ati “Mwiza imbere n’inyuma. Ndagukunda” arangije ashyiraho akarangabyiyumvire k’umutima.

Raissa Gasagire na we yageneye ubutumwa umugabo we, amubwira ko we na we n’umwana wabo, bafite umuryango mwiza kandi ko azakomeza kumukunda igihe cyose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + two =

Previous Post

DRC: Leta yatumijwe mu rubanza ku byasize imfungwa zirenga 120 zipfira muri Gereza

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by’ibanze mu Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje impamvu uburezi buza mu by'ibanze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.