Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru uregwa ibirimo gutuka Miss Jolly yagaragaje igisa no kubyicuza

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyamakuru uregwa ibirimo gutuka Miss Jolly yagaragaje igisa no kubyicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, no guhohotera uwatanze amakuru; bishingiye ku byo yavuze kuri Mutesi Jolly, yavuze ko na we yabitewe no kuganzwa n’amarangamutima, ariko ko mu busanzwe ntacyo apfa n’uyu wabaye Miss Rwanda.

Jean Paul Nkundineza unakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibikangisho, yatangaje ibi kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo ubwo yaburanaga ubujurire bwe ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Bimwe mu bishinjwa uyu munyamakuru, bishingiye ku byo yatangaje kuri YouTube, ubwo Urukiko Rukuru rwari rumaze guhamya ibyaha Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] rukamukatira gufungwa imyaka itanu.

Muri ibyo yavuze kuri Miss Jolly, avuga ko ari we wagize uruhare mu ijyanwa mu nkiko rya Prince Kid, yakoresheje amagambo yafashwe nk’aremereye ndetse nk’ibitutsi kuri uyu wabaye Miss Rwanda.

Mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yajuririye, Jean Paul Nkundineza ubwo yagaragazaga impamvu asaba ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, yavuze ko ibyo yavuze kuri Miss Jolly, na we yabitewe n’amarangamutima yari yamuganjije.

Yavuze ko n’ikimenyimenyi, hari ibyo yakuye mu kiganiro cyari kimaze isaaha gitambutse kuri YouTube, akabona ko harimo ibyateza ibibazo, akaza kubikuramo.

Uyu munyamakuru avuga ko ubusanzwe ntacyo apfa na Miss Jolly ku buryo yamwibasira, ahubwo ko ibyo yamuvugagaho byose byabaga bishingiye ku byo yabaga yumvise mu maburanisha y’urubanza rwaregwamo Prince, ku buryo ubu ntaho azongera kuvuga uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda kuko uru rubanza rwarangiye.

 

Ibyo aregwa ngo ntibyari bikwiye kujya mu Nkiko

Jean Paul Nkundineza n’umwunganira mu mategeko, Me Jean Paul Ibambe, bagaragaje impamvu bifuza ko arekurwa, zirimo kuba ibyo ashinjwa atari impamvu zikomeye zatuma akurikiranwa afunze, kuko ibyiswe ibyaha, ari amakosa y’umwuga, ubundi afite urwego ruyakurikirana.

Me Ibambe, yavuze ko Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwari rwanafashe icyemezo kuri aya makosa yaje kuba ibyaha ku mukiliya we, ndetse rubitangaho umurongo hagendewe ku mahame ngengamyitwarire y’umwuga w’Itangazamakuru.

Me Ibambe kandi na we yavuze ko ibyavugwaga n’umukiliya we, yabishingiraga ku byo yabaga yumviye mu maburanisha ndetse n’ibyo yakuraga mu bandi bantu bazi iby’urubanza rwaregwamo Prince Kid.

Me Ibambe yavuze ko umukiliya we yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, ku buryo Urukiko rwagira ibyo rumutegeka nko kuba hafatirwa ibyangombwa bye by’inzira, kandi ko afite umwirondoro n’aho atuye hazwi, ku buryo nta mpungenge ko aramutse arekuwe byahungabanya imigendekere yo gukurikiranwa kwe.

Ubushinjacyaha bwasabye ko icyemezo cyafatiwe uregwa kigumaho, bwavuze ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa ko ibyo akurikiranyweho bifitanye isano n’umwuga w’itangazamakuru, ariko ko iyo bigize ibyaha, bidakuraho ko agomba kubikurikiranwaho.

Bwavuze ko atari ngombwa ko hategekwa ko Urukiko rugira ibyo rutegeka ngo uregwa arekurwe, kuko umushingamategeko yagaragaje impamvu zituma uregwa akurikiranwa afunze, kandi ko kuri Nkundineza, izo mpamvu zihari.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwapfundikiye uru rubanza rw’ubujurire, rukaba ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki Indwi Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twelve =

Previous Post

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Next Post

Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.