Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru uregwa ibirimo gutuka Miss Jolly yagaragaje igisa no kubyicuza

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyamakuru uregwa ibirimo gutuka Miss Jolly yagaragaje igisa no kubyicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, no guhohotera uwatanze amakuru; bishingiye ku byo yavuze kuri Mutesi Jolly, yavuze ko na we yabitewe no kuganzwa n’amarangamutima, ariko ko mu busanzwe ntacyo apfa n’uyu wabaye Miss Rwanda.

Jean Paul Nkundineza unakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibikangisho, yatangaje ibi kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo ubwo yaburanaga ubujurire bwe ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Bimwe mu bishinjwa uyu munyamakuru, bishingiye ku byo yatangaje kuri YouTube, ubwo Urukiko Rukuru rwari rumaze guhamya ibyaha Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] rukamukatira gufungwa imyaka itanu.

Muri ibyo yavuze kuri Miss Jolly, avuga ko ari we wagize uruhare mu ijyanwa mu nkiko rya Prince Kid, yakoresheje amagambo yafashwe nk’aremereye ndetse nk’ibitutsi kuri uyu wabaye Miss Rwanda.

Mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yajuririye, Jean Paul Nkundineza ubwo yagaragazaga impamvu asaba ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, yavuze ko ibyo yavuze kuri Miss Jolly, na we yabitewe n’amarangamutima yari yamuganjije.

Yavuze ko n’ikimenyimenyi, hari ibyo yakuye mu kiganiro cyari kimaze isaaha gitambutse kuri YouTube, akabona ko harimo ibyateza ibibazo, akaza kubikuramo.

Uyu munyamakuru avuga ko ubusanzwe ntacyo apfa na Miss Jolly ku buryo yamwibasira, ahubwo ko ibyo yamuvugagaho byose byabaga bishingiye ku byo yabaga yumvise mu maburanisha y’urubanza rwaregwamo Prince, ku buryo ubu ntaho azongera kuvuga uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda kuko uru rubanza rwarangiye.

 

Ibyo aregwa ngo ntibyari bikwiye kujya mu Nkiko

Jean Paul Nkundineza n’umwunganira mu mategeko, Me Jean Paul Ibambe, bagaragaje impamvu bifuza ko arekurwa, zirimo kuba ibyo ashinjwa atari impamvu zikomeye zatuma akurikiranwa afunze, kuko ibyiswe ibyaha, ari amakosa y’umwuga, ubundi afite urwego ruyakurikirana.

Me Ibambe, yavuze ko Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwari rwanafashe icyemezo kuri aya makosa yaje kuba ibyaha ku mukiliya we, ndetse rubitangaho umurongo hagendewe ku mahame ngengamyitwarire y’umwuga w’Itangazamakuru.

Me Ibambe kandi na we yavuze ko ibyavugwaga n’umukiliya we, yabishingiraga ku byo yabaga yumviye mu maburanisha ndetse n’ibyo yakuraga mu bandi bantu bazi iby’urubanza rwaregwamo Prince Kid.

Me Ibambe yavuze ko umukiliya we yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, ku buryo Urukiko rwagira ibyo rumutegeka nko kuba hafatirwa ibyangombwa bye by’inzira, kandi ko afite umwirondoro n’aho atuye hazwi, ku buryo nta mpungenge ko aramutse arekuwe byahungabanya imigendekere yo gukurikiranwa kwe.

Ubushinjacyaha bwasabye ko icyemezo cyafatiwe uregwa kigumaho, bwavuze ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa ko ibyo akurikiranyweho bifitanye isano n’umwuga w’itangazamakuru, ariko ko iyo bigize ibyaha, bidakuraho ko agomba kubikurikiranwaho.

Bwavuze ko atari ngombwa ko hategekwa ko Urukiko rugira ibyo rutegeka ngo uregwa arekurwe, kuko umushingamategeko yagaragaje impamvu zituma uregwa akurikiranwa afunze, kandi ko kuri Nkundineza, izo mpamvu zihari.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwapfundikiye uru rubanza rw’ubujurire, rukaba ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki Indwi Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Next Post

Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.