Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru uregwa ibirimo gutuka Miss Jolly yagaragaje igisa no kubyicuza

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyamakuru uregwa ibirimo gutuka Miss Jolly yagaragaje igisa no kubyicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, no guhohotera uwatanze amakuru; bishingiye ku byo yavuze kuri Mutesi Jolly, yavuze ko na we yabitewe no kuganzwa n’amarangamutima, ariko ko mu busanzwe ntacyo apfa n’uyu wabaye Miss Rwanda.

Jean Paul Nkundineza unakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibikangisho, yatangaje ibi kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo ubwo yaburanaga ubujurire bwe ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Bimwe mu bishinjwa uyu munyamakuru, bishingiye ku byo yatangaje kuri YouTube, ubwo Urukiko Rukuru rwari rumaze guhamya ibyaha Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] rukamukatira gufungwa imyaka itanu.

Muri ibyo yavuze kuri Miss Jolly, avuga ko ari we wagize uruhare mu ijyanwa mu nkiko rya Prince Kid, yakoresheje amagambo yafashwe nk’aremereye ndetse nk’ibitutsi kuri uyu wabaye Miss Rwanda.

Mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yajuririye, Jean Paul Nkundineza ubwo yagaragazaga impamvu asaba ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, yavuze ko ibyo yavuze kuri Miss Jolly, na we yabitewe n’amarangamutima yari yamuganjije.

Yavuze ko n’ikimenyimenyi, hari ibyo yakuye mu kiganiro cyari kimaze isaaha gitambutse kuri YouTube, akabona ko harimo ibyateza ibibazo, akaza kubikuramo.

Uyu munyamakuru avuga ko ubusanzwe ntacyo apfa na Miss Jolly ku buryo yamwibasira, ahubwo ko ibyo yamuvugagaho byose byabaga bishingiye ku byo yabaga yumvise mu maburanisha y’urubanza rwaregwamo Prince, ku buryo ubu ntaho azongera kuvuga uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda kuko uru rubanza rwarangiye.

 

Ibyo aregwa ngo ntibyari bikwiye kujya mu Nkiko

Jean Paul Nkundineza n’umwunganira mu mategeko, Me Jean Paul Ibambe, bagaragaje impamvu bifuza ko arekurwa, zirimo kuba ibyo ashinjwa atari impamvu zikomeye zatuma akurikiranwa afunze, kuko ibyiswe ibyaha, ari amakosa y’umwuga, ubundi afite urwego ruyakurikirana.

Me Ibambe, yavuze ko Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwari rwanafashe icyemezo kuri aya makosa yaje kuba ibyaha ku mukiliya we, ndetse rubitangaho umurongo hagendewe ku mahame ngengamyitwarire y’umwuga w’Itangazamakuru.

Me Ibambe kandi na we yavuze ko ibyavugwaga n’umukiliya we, yabishingiraga ku byo yabaga yumviye mu maburanisha ndetse n’ibyo yakuraga mu bandi bantu bazi iby’urubanza rwaregwamo Prince Kid.

Me Ibambe yavuze ko umukiliya we yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, ku buryo Urukiko rwagira ibyo rumutegeka nko kuba hafatirwa ibyangombwa bye by’inzira, kandi ko afite umwirondoro n’aho atuye hazwi, ku buryo nta mpungenge ko aramutse arekuwe byahungabanya imigendekere yo gukurikiranwa kwe.

Ubushinjacyaha bwasabye ko icyemezo cyafatiwe uregwa kigumaho, bwavuze ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa ko ibyo akurikiranyweho bifitanye isano n’umwuga w’itangazamakuru, ariko ko iyo bigize ibyaha, bidakuraho ko agomba kubikurikiranwaho.

Bwavuze ko atari ngombwa ko hategekwa ko Urukiko rugira ibyo rutegeka ngo uregwa arekurwe, kuko umushingamategeko yagaragaje impamvu zituma uregwa akurikiranwa afunze, kandi ko kuri Nkundineza, izo mpamvu zihari.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwapfundikiye uru rubanza rw’ubujurire, rukaba ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki Indwi Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Next Post

Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Football: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku Isi nyuma y’uko Amavubi atanze ibyishimo byari binyotewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.