Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda afitiye ubutumwa Abanyarwanda buganisha ku Mavubi

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda afitiye ubutumwa Abanyarwanda buganisha ku Mavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Scovia Mutesi arasaba Abanyarwanda kuzajya gushyigikira ikipe yabo Amavubi ifite umukino kuri uyu wa Kane, akavuga ko na we inkoko ari yo ngoma, kugira ngo aba bakinnyi bazakine bumva umurindi w’abafana kuko “ibakeneye nk’uko umwana akenera ibere rya nyina.”

Ni nyuma yuko abarimo abayobozi mu nzego za Leta no mu bigo bifite aho bihuriye n’Umupira w’Amaguru binjiye mu bukangurambaga, bwo gusaba Abanyarwanda kuzajya gushyigikira Ikipe yabo ifite umukino na Libya kuri uyu wa Kane, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN).

Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema uri mu batanze ubutumwa bwo guhamagarira Abanyarwanda kuzajya gushyigikira ikipe yabo, yizeje Abanyarwanda ko ikipe yabo izabaha ibyishimo.

Mu butumwa bw’amashusho yafatiwe muri Sitade Amahoro ahazabera uyu mukino, Minisitiri Nyirishema yagize ati “Ikipe yacu Amavubi yiteguye gutsinda Libya ku wa Kane tariki 14 Ugushyingo saa kumi n’ebyiri za nimugoroba ku kibuga cyacu. Ahasigaye ni ahacu kuza tukuzuza Amahoro tukabashyigikira.”

Perezida w’ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Alphonse Munyantwari na we mu butumwa yari aherutse gutanga, yabwiye Abanyarwanda bose ko “turabatumiye, ikipe yacu Amavubi izakina n’ikipe ya Libya zihatanira kuzitabira imikino ya CAN. Mwese mwese muratumiwe. Gura itike yawe nonaho.”

Mu butumwa bukomeje gutangwa, umunyamakuru Mutesi Scovia na we yasabye Abanyarwanda kuzajya gutera ingabo mu bitugu ikipe yabo Amavubi.

Mutesi Scovia na we wafashwe amashusho ari muri Sitade Amahoro, asaba Abanyarwanda kuzaza gushyigikira ikipe yabo, kugira ngo bazayitize imbaraga na yo ibashe kubaha ibyishimo.

Yagize ati “Buri Munyarwanda, buri Muturarwanda wese ushobora kumva iyi video, ndabasabye rwose muzaze tujye gushyigikira ikipe y’Igihugu cyacu y’Amavubi, twese nk’abitsamuye, abato n’abakuru, abishoboye n’abatishoboye, iriya kipe iradukeneye nk’uko ureba umwana aba akeneye ibere rya nyina.”

Uyu munyamakuru avuga ko iyo abakinnyi bari mu kibuga bumva umurindi w’abafana babo, bibatera akanyabugabo, bikabongerera imbaraga, bityo ko Amavubi na yo akwiye gushyigikirwa kugira ngo yongere gukora amateka.

Ati “Ndabasabye, aba bakinnyi bacu b’Amavubi ntibazaze mu kibuga ngo basange birukankamo bonyine nk’uko byagenda bagiye mu mahanga. Twese tuzahurireyo kandi bizabe byiza ko twinjira kare guhera nko mu ma saa kumi.”

Kwinjira muri uyu mukino uzahuza Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda n’iya Libya kuri uyu wa Kane saa kumi n’ebyiri kuri Sitade Amahoro i Remera, itike ya macye ni 1 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 11 =

Previous Post

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Next Post

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.