Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda afitiye ubutumwa Abanyarwanda buganisha ku Mavubi

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda afitiye ubutumwa Abanyarwanda buganisha ku Mavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Scovia Mutesi arasaba Abanyarwanda kuzajya gushyigikira ikipe yabo Amavubi ifite umukino kuri uyu wa Kane, akavuga ko na we inkoko ari yo ngoma, kugira ngo aba bakinnyi bazakine bumva umurindi w’abafana kuko “ibakeneye nk’uko umwana akenera ibere rya nyina.”

Ni nyuma yuko abarimo abayobozi mu nzego za Leta no mu bigo bifite aho bihuriye n’Umupira w’Amaguru binjiye mu bukangurambaga, bwo gusaba Abanyarwanda kuzajya gushyigikira Ikipe yabo ifite umukino na Libya kuri uyu wa Kane, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN).

Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema uri mu batanze ubutumwa bwo guhamagarira Abanyarwanda kuzajya gushyigikira ikipe yabo, yizeje Abanyarwanda ko ikipe yabo izabaha ibyishimo.

Mu butumwa bw’amashusho yafatiwe muri Sitade Amahoro ahazabera uyu mukino, Minisitiri Nyirishema yagize ati “Ikipe yacu Amavubi yiteguye gutsinda Libya ku wa Kane tariki 14 Ugushyingo saa kumi n’ebyiri za nimugoroba ku kibuga cyacu. Ahasigaye ni ahacu kuza tukuzuza Amahoro tukabashyigikira.”

Perezida w’ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Alphonse Munyantwari na we mu butumwa yari aherutse gutanga, yabwiye Abanyarwanda bose ko “turabatumiye, ikipe yacu Amavubi izakina n’ikipe ya Libya zihatanira kuzitabira imikino ya CAN. Mwese mwese muratumiwe. Gura itike yawe nonaho.”

Mu butumwa bukomeje gutangwa, umunyamakuru Mutesi Scovia na we yasabye Abanyarwanda kuzajya gutera ingabo mu bitugu ikipe yabo Amavubi.

Mutesi Scovia na we wafashwe amashusho ari muri Sitade Amahoro, asaba Abanyarwanda kuzaza gushyigikira ikipe yabo, kugira ngo bazayitize imbaraga na yo ibashe kubaha ibyishimo.

Yagize ati “Buri Munyarwanda, buri Muturarwanda wese ushobora kumva iyi video, ndabasabye rwose muzaze tujye gushyigikira ikipe y’Igihugu cyacu y’Amavubi, twese nk’abitsamuye, abato n’abakuru, abishoboye n’abatishoboye, iriya kipe iradukeneye nk’uko ureba umwana aba akeneye ibere rya nyina.”

Uyu munyamakuru avuga ko iyo abakinnyi bari mu kibuga bumva umurindi w’abafana babo, bibatera akanyabugabo, bikabongerera imbaraga, bityo ko Amavubi na yo akwiye gushyigikirwa kugira ngo yongere gukora amateka.

Ati “Ndabasabye, aba bakinnyi bacu b’Amavubi ntibazaze mu kibuga ngo basange birukankamo bonyine nk’uko byagenda bagiye mu mahanga. Twese tuzahurireyo kandi bizabe byiza ko twinjira kare guhera nko mu ma saa kumi.”

Kwinjira muri uyu mukino uzahuza Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda n’iya Libya kuri uyu wa Kane saa kumi n’ebyiri kuri Sitade Amahoro i Remera, itike ya macye ni 1 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Next Post

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.