Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu Amavubi yongeye kubona intsinzi, itsindira Madagascar ibitego 2-0, imbere y’abafana b’iyi kipe i Antananarivo. Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi mu bya ruhago, Kazungu Claver, yavuze uwo abona izi ntsinzi z’Amavubi zikwiye gukeshwa.

Iyi ni inyandiko y’ibitekerezo bwite by’umunyamakuru Kazungu Claver:

Mu Bihugu bine (4) buri Gihugu cyakinnye imikino 2, u Burundi bwanze gukina n’u Rwanda.

Habayeho gutanga amanota, u Rwanda ni rwo rwari kuba urwa mbere:

  1. Rwanda: Amanota 4
  2. Madagascar: Amanota 3
  3. Botswana: Amanota 2
  4. Burundi: Inota 1

Umutoza Torsten Frank Spittler utoza ikipe y’Igihugu Amavubi, mu mikino ine (4) atoje ntaratsindwa igitego mu izamu rye.

Nyuma ya Ratomir wajyanye u Rwanda muri CAN 2004, twongeye kugira umutoza ushobora gutsinda kandi akugarira neza.

Ubu noneho nabona icyo nsubiza abazaga bati Amavubi akina gute?

Torsten Frank Spittler yakoze cyane umutoza guha umwanya umunyezamu Maxime wo kubanzamo akatwereka ko nta cyuho cya Fiacre mu gihe yaba yagize ikibazo cyo kutabanzamo.

Umutoza yagize neza kongera guha icyizere Rubanguka Steven waciye impaka kuko yakinnye neza cyane kuri 6 akina iminota yose 90’ adasimbuwe, atwemeza ko twamwibeshyeho dushidikanya ku bushobozi bwe.

Mu mboni zanjye (Kazungu) nabonye ko Seif ashobora kwitegura CHAN kuko Mugisha Bonheur Casemiro ni we ushobora guhanganira umwanya na Rubanguka kuko bombi bakina hanze ya Shampiyona y’u Rwanda.

Umutoza yatweretse ko Sahabo ashobora kubanza mu kibuga kandi na Muhire Kevin yabanje mu kibuga.

Biramahire Abedi watanze umupira wavuyemo igitego cya 2 wagiye mu kibuga asimbuye, yatweretse ko ari umusimbura mwiza wa Nshuti Innocent kurusha Gitego.

Umutoza arimo kutwereka ko tutabuze abakinnyi nk’uko benshi babitekerezaga kuko byageze aho abantu bavuga ngo ikipe y’Igihugu Amavubi nigurirwe Abakinnyi b’abanyamahanga, ibintu ntigeze nemera.

Ubu ndemera ko Shampiyona nirangira mu ntangiro za Gicurasi 2024, Umutoza ashobora kuzahabwa ibyumweru bibiri byo gutegura neza Amavubi mbere yo gukina na Benin na Lesotho mu gushaka itike yo gukina Igikombe cy’Isi cya 2026, kandi ndanemera ko umutoza w’Amavubi akwiriye kuzajya atanga amahurwa ku batoza bose ba Rwanda Premier League akabongera ubumenyi mu mitoreze.

Claver KAZUNGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Next Post

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.