• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu Amavubi yongeye kubona intsinzi, itsindira Madagascar ibitego 2-0, imbere y’abafana b’iyi kipe i Antananarivo. Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi mu bya ruhago, Kazungu Claver, yavuze uwo abona izi ntsinzi z’Amavubi zikwiye gukeshwa.

Iyi ni inyandiko y’ibitekerezo bwite by’umunyamakuru Kazungu Claver:

Mu Bihugu bine (4) buri Gihugu cyakinnye imikino 2, u Burundi bwanze gukina n’u Rwanda.

Habayeho gutanga amanota, u Rwanda ni rwo rwari kuba urwa mbere:

  1. Rwanda: Amanota 4
  2. Madagascar: Amanota 3
  3. Botswana: Amanota 2
  4. Burundi: Inota 1

Umutoza Torsten Frank Spittler utoza ikipe y’Igihugu Amavubi, mu mikino ine (4) atoje ntaratsindwa igitego mu izamu rye.

Nyuma ya Ratomir wajyanye u Rwanda muri CAN 2004, twongeye kugira umutoza ushobora gutsinda kandi akugarira neza.

Ubu noneho nabona icyo nsubiza abazaga bati Amavubi akina gute?

Torsten Frank Spittler yakoze cyane umutoza guha umwanya umunyezamu Maxime wo kubanzamo akatwereka ko nta cyuho cya Fiacre mu gihe yaba yagize ikibazo cyo kutabanzamo.

Umutoza yagize neza kongera guha icyizere Rubanguka Steven waciye impaka kuko yakinnye neza cyane kuri 6 akina iminota yose 90’ adasimbuwe, atwemeza ko twamwibeshyeho dushidikanya ku bushobozi bwe.

Mu mboni zanjye (Kazungu) nabonye ko Seif ashobora kwitegura CHAN kuko Mugisha Bonheur Casemiro ni we ushobora guhanganira umwanya na Rubanguka kuko bombi bakina hanze ya Shampiyona y’u Rwanda.

Umutoza yatweretse ko Sahabo ashobora kubanza mu kibuga kandi na Muhire Kevin yabanje mu kibuga.

Biramahire Abedi watanze umupira wavuyemo igitego cya 2 wagiye mu kibuga asimbuye, yatweretse ko ari umusimbura mwiza wa Nshuti Innocent kurusha Gitego.

Umutoza arimo kutwereka ko tutabuze abakinnyi nk’uko benshi babitekerezaga kuko byageze aho abantu bavuga ngo ikipe y’Igihugu Amavubi nigurirwe Abakinnyi b’abanyamahanga, ibintu ntigeze nemera.

Ubu ndemera ko Shampiyona nirangira mu ntangiro za Gicurasi 2024, Umutoza ashobora kuzahabwa ibyumweru bibiri byo gutegura neza Amavubi mbere yo gukina na Benin na Lesotho mu gushaka itike yo gukina Igikombe cy’Isi cya 2026, kandi ndanemera ko umutoza w’Amavubi akwiriye kuzajya atanga amahurwa ku batoza bose ba Rwanda Premier League akabongera ubumenyi mu mitoreze.

Claver KAZUNGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 1 =

Previous Post

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Next Post

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.