Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu Amavubi yongeye kubona intsinzi, itsindira Madagascar ibitego 2-0, imbere y’abafana b’iyi kipe i Antananarivo. Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi mu bya ruhago, Kazungu Claver, yavuze uwo abona izi ntsinzi z’Amavubi zikwiye gukeshwa.

Iyi ni inyandiko y’ibitekerezo bwite by’umunyamakuru Kazungu Claver:

Mu Bihugu bine (4) buri Gihugu cyakinnye imikino 2, u Burundi bwanze gukina n’u Rwanda.

Habayeho gutanga amanota, u Rwanda ni rwo rwari kuba urwa mbere:

  1. Rwanda: Amanota 4
  2. Madagascar: Amanota 3
  3. Botswana: Amanota 2
  4. Burundi: Inota 1

Umutoza Torsten Frank Spittler utoza ikipe y’Igihugu Amavubi, mu mikino ine (4) atoje ntaratsindwa igitego mu izamu rye.

Nyuma ya Ratomir wajyanye u Rwanda muri CAN 2004, twongeye kugira umutoza ushobora gutsinda kandi akugarira neza.

Ubu noneho nabona icyo nsubiza abazaga bati Amavubi akina gute?

Torsten Frank Spittler yakoze cyane umutoza guha umwanya umunyezamu Maxime wo kubanzamo akatwereka ko nta cyuho cya Fiacre mu gihe yaba yagize ikibazo cyo kutabanzamo.

Umutoza yagize neza kongera guha icyizere Rubanguka Steven waciye impaka kuko yakinnye neza cyane kuri 6 akina iminota yose 90’ adasimbuwe, atwemeza ko twamwibeshyeho dushidikanya ku bushobozi bwe.

Mu mboni zanjye (Kazungu) nabonye ko Seif ashobora kwitegura CHAN kuko Mugisha Bonheur Casemiro ni we ushobora guhanganira umwanya na Rubanguka kuko bombi bakina hanze ya Shampiyona y’u Rwanda.

Umutoza yatweretse ko Sahabo ashobora kubanza mu kibuga kandi na Muhire Kevin yabanje mu kibuga.

Biramahire Abedi watanze umupira wavuyemo igitego cya 2 wagiye mu kibuga asimbuye, yatweretse ko ari umusimbura mwiza wa Nshuti Innocent kurusha Gitego.

Umutoza arimo kutwereka ko tutabuze abakinnyi nk’uko benshi babitekerezaga kuko byageze aho abantu bavuga ngo ikipe y’Igihugu Amavubi nigurirwe Abakinnyi b’abanyamahanga, ibintu ntigeze nemera.

Ubu ndemera ko Shampiyona nirangira mu ntangiro za Gicurasi 2024, Umutoza ashobora kuzahabwa ibyumweru bibiri byo gutegura neza Amavubi mbere yo gukina na Benin na Lesotho mu gushaka itike yo gukina Igikombe cy’Isi cya 2026, kandi ndanemera ko umutoza w’Amavubi akwiriye kuzajya atanga amahurwa ku batoza bose ba Rwanda Premier League akabongera ubumenyi mu mitoreze.

Claver KAZUNGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 18 =

Previous Post

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Next Post

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.