Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams

radiotv10by radiotv10
20/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Frank Habineza uyobora ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Part of Rwanda) akaba n’uwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda, yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams wapfuye azize impanuka.

Inkuru y’urupfu rwa Ntwali John Williams, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, ko uyu munyamakuru yitabye Imana azize impanuka yabaye ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama, Umunyapolitiki Dr Frank Habineza usanzwe ari n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yagize icyo avuga ku rupfu rw’uyu munyamakuru.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Dr Frank Habineza yagize ati “Birabaje cyane kwakira inkuru mbi y’urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams, wazize impanuka.”

Dr Frank Habineza wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda mu matora aheruka ya 2017, agatsindwa, yihanganishihe umuryango w’uyu munyamakuru witabye Imana. Ati “Twihanganishije Umuryango we. Imana imwakire mu beza bayo.”

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka yahitanye uyu munyamakuru, yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri ahagana saa munani na mirongo itanu (02:50’).

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SSP Irere Rene yavuze ko ubwo nyakwigendera yagongwaga, nta byangombwa yasanganywe ku buryo byari guhita byoroha kumenya imyirondoro ye.

Umunyamakuru Ntwali John Williams witabye Imana
Dr Frank Habineza yababajwe n’urupfu rwa nyakwigendera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 2 =

Previous Post

Mu cyumweru gitaha ibiro bimwe bikomeye bya Polisi ntibizaba bikiri aho bisanzwe

Next Post

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

Related Posts

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Money is often a sensitive topic, but it is also one of the most important factors that shape a person's...

IZIHERUKA

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe
MU RWANDA

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.