Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams

radiotv10by radiotv10
20/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Frank Habineza uyobora ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Part of Rwanda) akaba n’uwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda, yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams wapfuye azize impanuka.

Inkuru y’urupfu rwa Ntwali John Williams, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, ko uyu munyamakuru yitabye Imana azize impanuka yabaye ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama, Umunyapolitiki Dr Frank Habineza usanzwe ari n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yagize icyo avuga ku rupfu rw’uyu munyamakuru.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Dr Frank Habineza yagize ati “Birabaje cyane kwakira inkuru mbi y’urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams, wazize impanuka.”

Dr Frank Habineza wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda mu matora aheruka ya 2017, agatsindwa, yihanganishihe umuryango w’uyu munyamakuru witabye Imana. Ati “Twihanganishije Umuryango we. Imana imwakire mu beza bayo.”

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka yahitanye uyu munyamakuru, yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri ahagana saa munani na mirongo itanu (02:50’).

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SSP Irere Rene yavuze ko ubwo nyakwigendera yagongwaga, nta byangombwa yasanganywe ku buryo byari guhita byoroha kumenya imyirondoro ye.

Umunyamakuru Ntwali John Williams witabye Imana
Dr Frank Habineza yababajwe n’urupfu rwa nyakwigendera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

Mu cyumweru gitaha ibiro bimwe bikomeye bya Polisi ntibizaba bikiri aho bisanzwe

Next Post

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.