Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi wayoboraga Umuryango Mpuzamahanga yavuze ikimushimishije nyuma y’imyaka 10

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi wayoboraga Umuryango Mpuzamahanga yavuze ikimushimishije nyuma y’imyaka 10
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Agnes Kalibata urangije manda ze ebyiri ku mwanya wa Perezida w’Umuryango uharanira Guteza imbere Ubuhinzi muri Afurika (AGRA) yavuze ko yishimira ibyagezweho mu myaka 10 ishize.

Dr Agnes Kalibata wigeze kuba Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma y’u Rwanda, yari yabaye Umuyobozi wa AGRDA muri 2014, aho uyu Muryango ufite intego zo guteza imbere urwego rw’Ubuhinzi muri Afurika.

Avuga ko yishimira izi nshingano agiye kurangiza. Ati “Mu gihe ndi gusoza inshingano zanjye nka Perezida wa AGRA, ntewe ishema bikomeye n’urugendo twakoze mu myaka icumi ishize. AGRA ubu iri ku rwego rushimishije ishobora guhangana n’imbogamizi zose zishobora kuvuka, kandi ishobora kugira uruhare mu kuzamura abahinzi bakiri bato.”

Ku buyobozi bwa Dr Agnes Kalibata, hagezweho byinshi bizagira uruhare mu guhindurira ubuzuma abahinzi bakora ubuhinzi buciriritse ku Mugabane wa Afurika.

Kugeza muri 2021, imishinga ya AGRA yagize uruhare rukomeye mu kwihaza mu biribwa, ndetse inazamura ubuzima bw’abahinzi babarirwa muri miliyoni 30 bo mu Bihugu 11 ku Mugabane wa Afurika.

Muri 2023 gusa, AGRA yabashije kubona miliyoni $550, mu kigega ibasha kugira inkunga yose hamwe ya Miliyoni $619, aho uyu Muryango uvuga ko wabashije kugira igishoro.

Ku buyobozi bwa Dr Kalibata, AGRA yabashije gukorera ubuvugizi abo mu rwego rw’abikorera no mu guteza imbere ubuhinzi bubyara umusaruro muri Afurika.

Muri 2019, Dr Agnes Kalibata yahawe umudari mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, yagenewe na National Academy of Sciences ku bwo guteza imbere Ubuhinzi bwo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 4 =

Previous Post

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Next Post

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.