Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi wayoboraga Umuryango Mpuzamahanga yavuze ikimushimishije nyuma y’imyaka 10

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi wayoboraga Umuryango Mpuzamahanga yavuze ikimushimishije nyuma y’imyaka 10
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Agnes Kalibata urangije manda ze ebyiri ku mwanya wa Perezida w’Umuryango uharanira Guteza imbere Ubuhinzi muri Afurika (AGRA) yavuze ko yishimira ibyagezweho mu myaka 10 ishize.

Dr Agnes Kalibata wigeze kuba Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma y’u Rwanda, yari yabaye Umuyobozi wa AGRDA muri 2014, aho uyu Muryango ufite intego zo guteza imbere urwego rw’Ubuhinzi muri Afurika.

Avuga ko yishimira izi nshingano agiye kurangiza. Ati “Mu gihe ndi gusoza inshingano zanjye nka Perezida wa AGRA, ntewe ishema bikomeye n’urugendo twakoze mu myaka icumi ishize. AGRA ubu iri ku rwego rushimishije ishobora guhangana n’imbogamizi zose zishobora kuvuka, kandi ishobora kugira uruhare mu kuzamura abahinzi bakiri bato.”

Ku buyobozi bwa Dr Agnes Kalibata, hagezweho byinshi bizagira uruhare mu guhindurira ubuzuma abahinzi bakora ubuhinzi buciriritse ku Mugabane wa Afurika.

Kugeza muri 2021, imishinga ya AGRA yagize uruhare rukomeye mu kwihaza mu biribwa, ndetse inazamura ubuzima bw’abahinzi babarirwa muri miliyoni 30 bo mu Bihugu 11 ku Mugabane wa Afurika.

Muri 2023 gusa, AGRA yabashije kubona miliyoni $550, mu kigega ibasha kugira inkunga yose hamwe ya Miliyoni $619, aho uyu Muryango uvuga ko wabashije kugira igishoro.

Ku buyobozi bwa Dr Kalibata, AGRA yabashije gukorera ubuvugizi abo mu rwego rw’abikorera no mu guteza imbere ubuhinzi bubyara umusaruro muri Afurika.

Muri 2019, Dr Agnes Kalibata yahawe umudari mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, yagenewe na National Academy of Sciences ku bwo guteza imbere Ubuhinzi bwo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Next Post

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.