Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi wayoboraga Umuryango Mpuzamahanga yavuze ikimushimishije nyuma y’imyaka 10

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi wayoboraga Umuryango Mpuzamahanga yavuze ikimushimishije nyuma y’imyaka 10
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Agnes Kalibata urangije manda ze ebyiri ku mwanya wa Perezida w’Umuryango uharanira Guteza imbere Ubuhinzi muri Afurika (AGRA) yavuze ko yishimira ibyagezweho mu myaka 10 ishize.

Dr Agnes Kalibata wigeze kuba Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma y’u Rwanda, yari yabaye Umuyobozi wa AGRDA muri 2014, aho uyu Muryango ufite intego zo guteza imbere urwego rw’Ubuhinzi muri Afurika.

Avuga ko yishimira izi nshingano agiye kurangiza. Ati “Mu gihe ndi gusoza inshingano zanjye nka Perezida wa AGRA, ntewe ishema bikomeye n’urugendo twakoze mu myaka icumi ishize. AGRA ubu iri ku rwego rushimishije ishobora guhangana n’imbogamizi zose zishobora kuvuka, kandi ishobora kugira uruhare mu kuzamura abahinzi bakiri bato.”

Ku buyobozi bwa Dr Agnes Kalibata, hagezweho byinshi bizagira uruhare mu guhindurira ubuzuma abahinzi bakora ubuhinzi buciriritse ku Mugabane wa Afurika.

Kugeza muri 2021, imishinga ya AGRA yagize uruhare rukomeye mu kwihaza mu biribwa, ndetse inazamura ubuzima bw’abahinzi babarirwa muri miliyoni 30 bo mu Bihugu 11 ku Mugabane wa Afurika.

Muri 2023 gusa, AGRA yabashije kubona miliyoni $550, mu kigega ibasha kugira inkunga yose hamwe ya Miliyoni $619, aho uyu Muryango uvuga ko wabashije kugira igishoro.

Ku buyobozi bwa Dr Kalibata, AGRA yabashije gukorera ubuvugizi abo mu rwego rw’abikorera no mu guteza imbere ubuhinzi bubyara umusaruro muri Afurika.

Muri 2019, Dr Agnes Kalibata yahawe umudari mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, yagenewe na National Academy of Sciences ku bwo guteza imbere Ubuhinzi bwo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Next Post

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.