Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Dr. Agnes Kalibata yashyizwe muri Komite y’abajyanama ba Perezida w’Inama ya COP 28 y’Umuryango w’Abibumbye iziga ku mihindagurikire y’ibihe, izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu.

Dr. Agnes Kalibata usanzwe ayobora Ihuriro Nyafurika riharanira impinduka mu buhinzi rya AGRA (Alliance for a Green Revolution in Africa), asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ubuhinzi.

Yashyize muri komite ngishwanama ya Perezida w’inama izwi nka COP28 (Conference of the Parties) igiye kuba ku nshuro ya 28 y’umuryango w’Abibumbye, izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu kwezi k’Ugushyingo 2023.

COP28 ni inama izahuriza hamwe Ibihugu na Guverinoma zitandukanye, imiryango inyuranye, n’abafatanyabikorwa baturutse ku Isi inyuranye, bagamije gushaka umuti wo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Nk’umwe mu bagize Komite ngishwanama ya Perezida wa COP28, Dr Kalibata azagira uruhare mu kugena no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Azaba ari umwe mu bazategura imishinga, aho azaba afite inshingano zinyuranye zirimo gukorana n’amatsinda, ndetse n’inzego zizashyirwaho, n’inzobere, mu bizaba bigamije gufasha abahinzi ndetse n’abakora mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi, hibandwa ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Avuga kuri uyu mwanya yahawe, Kalibata yagize ati “Nishimiye kuba umwe mu bagize Komite njyanama ya Perezida wa COP28. Ubu ntakintu gikenewe cyane nko gukorera hamwe mu guhuza ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.”

Dr Agnes Kalibata

Dr Agnes Kalibata yavuze ko imihindagurikire y’ibihe ari kimwe mu bibazo bifite umuruduko uri hejuru biri kugira ingaruka ku Isi.

Ati “Rero bizantera imbaraga zo gukorana n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa mu gushaka umuti w’iki kibazo gikomeye. Nzaboneraho gusangiza ubunararibonye bwanjye ndetse no gukorana n’abandi bagize Komite kugira ngo tugere ku musaruro ushimishije.”

Kalibata kandi ni umwe mu bagize uruhare mu itegurwa ry’Ihuriro ry’Umuryango w’Abibumbye yabaye muri 2021 yigaga ku bijyanye no kwihaza mu biribwa.

Yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi kuva muri 2008 kugeza muri 2014.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ibyabaye ku muhanzikazi nyarwanda utarabimaramo igihe kinini biratunguranye

Next Post

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.