Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi yahawe inshingano zikomeye ku guhangana n’ikibazo cyugarije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Dr. Agnes Kalibata yashyizwe muri Komite y’abajyanama ba Perezida w’Inama ya COP 28 y’Umuryango w’Abibumbye iziga ku mihindagurikire y’ibihe, izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu.

Dr. Agnes Kalibata usanzwe ayobora Ihuriro Nyafurika riharanira impinduka mu buhinzi rya AGRA (Alliance for a Green Revolution in Africa), asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ubuhinzi.

Yashyize muri komite ngishwanama ya Perezida w’inama izwi nka COP28 (Conference of the Parties) igiye kuba ku nshuro ya 28 y’umuryango w’Abibumbye, izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu kwezi k’Ugushyingo 2023.

COP28 ni inama izahuriza hamwe Ibihugu na Guverinoma zitandukanye, imiryango inyuranye, n’abafatanyabikorwa baturutse ku Isi inyuranye, bagamije gushaka umuti wo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Nk’umwe mu bagize Komite ngishwanama ya Perezida wa COP28, Dr Kalibata azagira uruhare mu kugena no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Azaba ari umwe mu bazategura imishinga, aho azaba afite inshingano zinyuranye zirimo gukorana n’amatsinda, ndetse n’inzego zizashyirwaho, n’inzobere, mu bizaba bigamije gufasha abahinzi ndetse n’abakora mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi, hibandwa ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Avuga kuri uyu mwanya yahawe, Kalibata yagize ati “Nishimiye kuba umwe mu bagize Komite njyanama ya Perezida wa COP28. Ubu ntakintu gikenewe cyane nko gukorera hamwe mu guhuza ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.”

Dr Agnes Kalibata

Dr Agnes Kalibata yavuze ko imihindagurikire y’ibihe ari kimwe mu bibazo bifite umuruduko uri hejuru biri kugira ingaruka ku Isi.

Ati “Rero bizantera imbaraga zo gukorana n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa mu gushaka umuti w’iki kibazo gikomeye. Nzaboneraho gusangiza ubunararibonye bwanjye ndetse no gukorana n’abandi bagize Komite kugira ngo tugere ku musaruro ushimishije.”

Kalibata kandi ni umwe mu bagize uruhare mu itegurwa ry’Ihuriro ry’Umuryango w’Abibumbye yabaye muri 2021 yigaga ku bijyanye no kwihaza mu biribwa.

Yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi kuva muri 2008 kugeza muri 2014.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Ibyabaye ku muhanzikazi nyarwanda utarabimaramo igihe kinini biratunguranye

Next Post

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.