Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Manirakiza Placide uzwi nka ‘Nyamabondo’ yatangaje ko yamaze imyaka irindwi afunzwe azira amanyanga yo kwiyita Umunyamulenge, ashaka ko bimucira inzira yo kujya kuba hanze y’u Rwanda, bikarangira ahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu munyarwenya yabitangaje mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Narababwiye TV, aho yagarutse ku kuba yarigeze gufungwa akamara imyaka irindwi mu Igororero.

Yavuze ko yafunzwe azira icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano gishingiye ku biriganya yashatse gukora ngo abone uko ajya hanze y’u Rwanda nk’impunzi z’Abanyekongo zo mu muryango w’Abanyamulenge.

Uyu munyarwenya avuga ko yari yahinduye amazina ye, agakoresha ibyangombwa bigaragaza ko afite amazina nk’ay’Abanyamulenge.

Ati “Nari nahinduye amazina nshaka kwiyita Umunyalenge ngira ngo nzigire muri Canada, baza kumvumbura, bamvumbuye rero bahita banshyikiriza Inkiko.”

Nyamabondo avuga ko yari afite amakuru impunzi z’aba Banyekongo zisanzwe zoherezwa hanze y’u Rwanda zikajyanwa mu Bihugu birimo na Canada yifuzaga kujyamo.

Ati “Nagiyeyo barebye amazina, basanga ntabwo bihura, nari niyise Mbangutse Maombe. Nigize Umunyamulenge, baba baramvumbuye.”

Avuga ko muri ubwo buriganya, yavugaga ko akomoka mu murara (Umuryango) w’Abanyabyinshi, ndetse ubwo yajyanaga ibyo byangombwa bamubazaho ibisobanuro birambuye akarya indimi.

Ati “Naravuze nti ‘njye ni uko nabyumvise, nanjye nari ntekinitse ngira ngo nigendere’ baba baramvumbuye, nkora ibihano.”

Avuga ko ubwo yafatwaga, yabanje gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nk’uko bigenda mu manza nshinjabyaha, ubundi akaza kuburana mu mizi, agakatirwa gufungwa, akaza kumara iyo myaka afunze, none ubu akaba ari hanze nk’uwarangije igihano.

Nyamabondo ni umwe mu banyarwenya bagezweho muri iyi minsi mu biganiro akora ku miyoboro ya YouTube, ndetse akaba aherutse kwifashishwa mu mashusho y’indirimbo ‘Indabo zanjye’ iherutse gushyirwa hanze n’umuhanzi The Ben.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 15 =

Previous Post

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

Next Post

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Related Posts

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Ndayisaba Leonidas watangiye akazi kuri RADIOTV10, yavuze ko gukorera iki gitangazamakuru, ari amahirwe adasanzwe, kuko iyi radio iri mu...

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

by radiotv10
16/03/2026
0

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yongeye gutakambira Urukiko ngo rumusubikire igihano cy’igifungo cy'igifungo cy'imyaka itatu...

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

by radiotv10
13/03/2026
0

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet Mazimpaka ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagizwe umuyobozi wa Televiziyo ya KC2 asimbura Gloria Mukamabano uherutse gusezera....

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Ishimwe Sandra wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko mu yitwa City Maid yakinagamo yitwa Nadia, yatangaje ko yigeze gukundana n’umusoe...

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

by radiotv10
11/03/2026
0

In many relationships, couples expect love to naturally overcome every challenge. When problems arise, arguments, distance, misunderstandings, many people assume...

IZIHERUKA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa
MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

16/03/2026
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

16/03/2026
Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

16/03/2026
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

16/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.