Umunyarwenya Manirakiza Placide uzwi nka ‘Nyamabondo’ yatangaje ko yamaze imyaka irindwi afunzwe azira amanyanga yo kwiyita Umunyamulenge, ashaka ko bimucira inzira yo kujya kuba hanze y’u Rwanda, bikarangira ahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.
Uyu munyarwenya yabitangaje mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Narababwiye TV, aho yagarutse ku kuba yarigeze gufungwa akamara imyaka irindwi mu Igororero.
Yavuze ko yafunzwe azira icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano gishingiye ku biriganya yashatse gukora ngo abone uko ajya hanze y’u Rwanda nk’impunzi z’Abanyekongo zo mu muryango w’Abanyamulenge.
Uyu munyarwenya avuga ko yari yahinduye amazina ye, agakoresha ibyangombwa bigaragaza ko afite amazina nk’ay’Abanyamulenge.
Ati “Nari nahinduye amazina nshaka kwiyita Umunyalenge ngira ngo nzigire muri Canada, baza kumvumbura, bamvumbuye rero bahita banshyikiriza Inkiko.”
Nyamabondo avuga ko yari afite amakuru impunzi z’aba Banyekongo zisanzwe zoherezwa hanze y’u Rwanda zikajyanwa mu Bihugu birimo na Canada yifuzaga kujyamo.
Ati “Nagiyeyo barebye amazina, basanga ntabwo bihura, nari niyise Mbangutse Maombe. Nigize Umunyamulenge, baba baramvumbuye.”
Avuga ko muri ubwo buriganya, yavugaga ko akomoka mu murara (Umuryango) w’Abanyabyinshi, ndetse ubwo yajyanaga ibyo byangombwa bamubazaho ibisobanuro birambuye akarya indimi.
Ati “Naravuze nti ‘njye ni uko nabyumvise, nanjye nari ntekinitse ngira ngo nigendere’ baba baramvumbuye, nkora ibihano.”
Avuga ko ubwo yafatwaga, yabanje gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nk’uko bigenda mu manza nshinjabyaha, ubundi akaza kuburana mu mizi, agakatirwa gufungwa, akaza kumara iyo myaka afunze, none ubu akaba ari hanze nk’uwarangije igihano.
Nyamabondo ni umwe mu banyarwenya bagezweho muri iyi minsi mu biganiro akora ku miyoboro ya YouTube, ndetse akaba aherutse kwifashishwa mu mashusho y’indirimbo ‘Indabo zanjye’ iherutse gushyirwa hanze n’umuhanzi The Ben.
RADIOTV10









