Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Manirakiza Placide uzwi nka ‘Nyamabondo’ yatangaje ko yamaze imyaka irindwi afunzwe azira amanyanga yo kwiyita Umunyamulenge, ashaka ko bimucira inzira yo kujya kuba hanze y’u Rwanda, bikarangira ahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu munyarwenya yabitangaje mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Narababwiye TV, aho yagarutse ku kuba yarigeze gufungwa akamara imyaka irindwi mu Igororero.

Yavuze ko yafunzwe azira icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano gishingiye ku biriganya yashatse gukora ngo abone uko ajya hanze y’u Rwanda nk’impunzi z’Abanyekongo zo mu muryango w’Abanyamulenge.

Uyu munyarwenya avuga ko yari yahinduye amazina ye, agakoresha ibyangombwa bigaragaza ko afite amazina nk’ay’Abanyamulenge.

Ati “Nari nahinduye amazina nshaka kwiyita Umunyalenge ngira ngo nzigire muri Canada, baza kumvumbura, bamvumbuye rero bahita banshyikiriza Inkiko.”

Nyamabondo avuga ko yari afite amakuru impunzi z’aba Banyekongo zisanzwe zoherezwa hanze y’u Rwanda zikajyanwa mu Bihugu birimo na Canada yifuzaga kujyamo.

Ati “Nagiyeyo barebye amazina, basanga ntabwo bihura, nari niyise Mbangutse Maombe. Nigize Umunyamulenge, baba baramvumbuye.”

Avuga ko muri ubwo buriganya, yavugaga ko akomoka mu murara (Umuryango) w’Abanyabyinshi, ndetse ubwo yajyanaga ibyo byangombwa bamubazaho ibisobanuro birambuye akarya indimi.

Ati “Naravuze nti ‘njye ni uko nabyumvise, nanjye nari ntekinitse ngira ngo nigendere’ baba baramvumbuye, nkora ibihano.”

Avuga ko ubwo yafatwaga, yabanje gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nk’uko bigenda mu manza nshinjabyaha, ubundi akaza kuburana mu mizi, agakatirwa gufungwa, akaza kumara iyo myaka afunze, none ubu akaba ari hanze nk’uwarangije igihano.

Nyamabondo ni umwe mu banyarwenya bagezweho muri iyi minsi mu biganiro akora ku miyoboro ya YouTube, ndetse akaba aherutse kwifashishwa mu mashusho y’indirimbo ‘Indabo zanjye’ iherutse gushyirwa hanze n’umuhanzi The Ben.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 13 =

Previous Post

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

Next Post

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Related Posts

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

by radiotv10
13/02/2026
0

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna yagaragaje akanyamuneza yatewe n’intambwe yateye mu rukundo nyuma yo kwambika impeta umukunzi bitegura kurushingana. Uyu munyamakuru...

Is Valentine’s Day Only for Couples, or Can Friends Celebrate Too?

Is Valentine’s Day Only for Couples, or Can Friends Celebrate Too?

by radiotv10
13/02/2026
0

Every year on February 14th, many people think Valentine’s Day is only for couples in love. We see red roses,...

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

by radiotv10
12/02/2026
0

Umukinnyi wa filimi Kalisa Ernest wamenyekanye nka Samusure, wari umaze imyaka ine ari muri Mozambique, yagarutse mu Rwanda, yakiranwa urugwiro...

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben usanzwe ari umunyamakuru wa RADIOTV10, akazi yabangikanyaga no gukorera Ikipe ya Rayon Sports yanabereye Umuvugizi, yemeje ko atakiri...

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

by radiotv10
10/02/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze ko mugenzi we KNC usanzwe ari umukoresha we banakorana ikiganiro, yamuvuje amaso,...

IZIHERUKA

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye
FOOTBALL

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

by radiotv10
13/02/2026
0

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

13/02/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

13/02/2026
Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

13/02/2026
Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

13/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.