Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris Brown, yagiye kuvugana n’abamutumiye mu gitaramo aherutse gukorera muri Afurika.
Uyu munyemari yagiye muri Afurika kuri uyu wa Kane tariki 05 Kamena 2025, aho bivugwa ko bimwe mu bimujyanyeyo, ari ukuganira n’abateguye igitaramo Chris Brown aherutse kugirira muri iki Gihugu.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko uyu mushoramari yerecyeje muri Afurika y’Epfo kureba imikino ya Basketball Africa League (BAL) izabera i Pretoria.
Uretse kureba iyi mikino izanakinamo ikipe ya APR BBC ihagarariye u Rwanda, uyu mushoramari Coach Gael ajyanywe no kuzaganira n’abateguye kiriya gitaramo cya Chris Brown muri Afurika y’Epfo cyabaye mu mpera z’umwaka ushize wa 2024.
Amakuru kandi avuga ko hatangiye ibiganiro n’abamyenereye gutegura uyu muhanzi Chris Brown muri Afurika, byo kugira ngo azaze gutaramira Abaturarwanda.
Coach Gael arifuza kumenya amakuru ahagije yatuma uyu muhanzi azaza gutaramira mu Rwanda, ari na byo byamujyanye muri Afurika y’Epfo.


RADIOTV10