Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuraperi wumuny-Mexique Dan Sur akomeje kuvugwa cyane nyuma yuko yitejeho imisatsi ya zahabu. Ni nyuma y’uko yagaragaye ku rubuga rwa Tiktok abwira abakunzi be ko yaje mu isura nshya kandi ngo urukundo rwa rwabo nirwo rwamuteye guhanga udushya turimo no gushyiraho iyi misatsi.

Ibyamamare bimenyereweho udushya nk’utu hari abo usanga barahinduje amenyo yayo cyangwa ibindi bice by’umubiri bagashyiraho akantu k’agaciro. Gusa ni ubwa mbere humvikanye umuntu uhindura umusatsi we yari asanganywe wose akawuzuza iminyururu ya zahabu, ubu noneho yahise asohora amashusho y’indirimbo ye nshya mu gihe abaganga cyane abita ku ndwara z’uruhu nabo batangiye ubushakashatsi ngo harebwe niba ibyo nta ngaruka mbi byagira ku mubiri cyane urubyiruko rutari ruke rumukurikira rwatangiye kuvuga ko rwanezezwa no kumera nkawe .

Mexican rapper Dan Sur creates buzz online as he adorns hair with gold  chain and diamonds

Umutwe n’akanwa ka Dan Sur kuzuye ibyuma

Uyu muraperi w’imyaka 23 y’amavuko bikekwa ko byamutwaye akayabo ka mamiliyoni y’amadorali ya Amerika (1,000,000 USD) ariko na none ngo ni ibintu byafashe amezi atari macye abagwa kuko byahereye muri Mata uyu mwaka ariko igiciro cy’izo serivise zo ntikiramenyekana.

Aganira n’ikinyamakuru “NME” yagize ati

“Mu by’ukuri icyo nashakaga ni ugukora ibintu bitandukanye kuko mbona buri wese ahindura ibara ryumusatsi we. Nizere ko nta muntu ugiye gutangira kunyigana ”

N’ubwo hataramenyekana niba koko ibyo avuga yarabikoze, abahanga mu bijyanye no kubaga bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka mbi ku wabikoze n’ubwo bitamenyerewe henshi. Avuga ko byonyine kuba ibintu bikoze mu cyuma byakora ku ruhu bikagera no ku igufwa ritwikiriye ubwonko atari byiza kuko uburemere bwabyo bwatera gukomereka.

Mu gihe rero ku bwonko haba hari igice cyakomeretse bishobora no kuviramo urupfu uwabikoze nk’uko ikinyamakaru gikora inkuru z’ubuzima cya “YAHOO LIFE” cyabivuze.

Dan Sur Rapper Net Worth, Girlfriend, Wiki, Bio, Age, Got Gold Hair ImplantsMiliyoni imwe y’amadolari ya Amerika bivugwa ko yatikiriye ku mutwe wa Dan Sur

Ntabwo ari we wa mbere ukoze ibisa nk’ibi kuko muri uyu mwaka wa 2021 na bwo umuraperi w’Umunya merika Lil Uzi Vert yatoboje agahanga ke ashyirishamo ibuye rya Diamond bimuhagarara agera muri miliyari 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ntiharamenyekana niba koko uyu musore iminyururu yasimbuje imisatsi ye ari iya Zahabu ijana ku ijana, gusa hari abavuze ko n’ubwo byaba ari byo biba bidakwiye ko umuntu agera ho ashaka guhinduka 100% ahubwo ko ayo mafaranga yayifashisha mu bindi hakaba n’abavuga ko ntacyo bitwaye mu gihe cyose ayo ashora ari aye agomba kuyakorehsa ibyo ashaka kandi akabikorera ku mubiri we bwite yigengaho.

Yashyizwe mu Kinyarwanda na Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + twelve =

Previous Post

Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe

Next Post

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.