Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuraperi wumuny-Mexique Dan Sur akomeje kuvugwa cyane nyuma yuko yitejeho imisatsi ya zahabu. Ni nyuma y’uko yagaragaye ku rubuga rwa Tiktok abwira abakunzi be ko yaje mu isura nshya kandi ngo urukundo rwa rwabo nirwo rwamuteye guhanga udushya turimo no gushyiraho iyi misatsi.

Ibyamamare bimenyereweho udushya nk’utu hari abo usanga barahinduje amenyo yayo cyangwa ibindi bice by’umubiri bagashyiraho akantu k’agaciro. Gusa ni ubwa mbere humvikanye umuntu uhindura umusatsi we yari asanganywe wose akawuzuza iminyururu ya zahabu, ubu noneho yahise asohora amashusho y’indirimbo ye nshya mu gihe abaganga cyane abita ku ndwara z’uruhu nabo batangiye ubushakashatsi ngo harebwe niba ibyo nta ngaruka mbi byagira ku mubiri cyane urubyiruko rutari ruke rumukurikira rwatangiye kuvuga ko rwanezezwa no kumera nkawe .

Mexican rapper Dan Sur creates buzz online as he adorns hair with gold  chain and diamonds

Umutwe n’akanwa ka Dan Sur kuzuye ibyuma

Uyu muraperi w’imyaka 23 y’amavuko bikekwa ko byamutwaye akayabo ka mamiliyoni y’amadorali ya Amerika (1,000,000 USD) ariko na none ngo ni ibintu byafashe amezi atari macye abagwa kuko byahereye muri Mata uyu mwaka ariko igiciro cy’izo serivise zo ntikiramenyekana.

Aganira n’ikinyamakuru “NME” yagize ati

“Mu by’ukuri icyo nashakaga ni ugukora ibintu bitandukanye kuko mbona buri wese ahindura ibara ryumusatsi we. Nizere ko nta muntu ugiye gutangira kunyigana ”

N’ubwo hataramenyekana niba koko ibyo avuga yarabikoze, abahanga mu bijyanye no kubaga bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka mbi ku wabikoze n’ubwo bitamenyerewe henshi. Avuga ko byonyine kuba ibintu bikoze mu cyuma byakora ku ruhu bikagera no ku igufwa ritwikiriye ubwonko atari byiza kuko uburemere bwabyo bwatera gukomereka.

Mu gihe rero ku bwonko haba hari igice cyakomeretse bishobora no kuviramo urupfu uwabikoze nk’uko ikinyamakaru gikora inkuru z’ubuzima cya “YAHOO LIFE” cyabivuze.

Dan Sur Rapper Net Worth, Girlfriend, Wiki, Bio, Age, Got Gold Hair ImplantsMiliyoni imwe y’amadolari ya Amerika bivugwa ko yatikiriye ku mutwe wa Dan Sur

Ntabwo ari we wa mbere ukoze ibisa nk’ibi kuko muri uyu mwaka wa 2021 na bwo umuraperi w’Umunya merika Lil Uzi Vert yatoboje agahanga ke ashyirishamo ibuye rya Diamond bimuhagarara agera muri miliyari 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ntiharamenyekana niba koko uyu musore iminyururu yasimbuje imisatsi ye ari iya Zahabu ijana ku ijana, gusa hari abavuze ko n’ubwo byaba ari byo biba bidakwiye ko umuntu agera ho ashaka guhinduka 100% ahubwo ko ayo mafaranga yayifashisha mu bindi hakaba n’abavuga ko ntacyo bitwaye mu gihe cyose ayo ashora ari aye agomba kuyakorehsa ibyo ashaka kandi akabikorera ku mubiri we bwite yigengaho.

Yashyizwe mu Kinyarwanda na Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 13 =

Previous Post

Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe

Next Post

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Related Posts

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

IZIHERUKA

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze
FOOTBALL

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.