Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu

radiotv10by radiotv10
15/09/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuraperi wumunya-Mexique Dan Sur yitejeho imisatsi ya Zahabu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuraperi wumuny-Mexique Dan Sur akomeje kuvugwa cyane nyuma yuko yitejeho imisatsi ya zahabu. Ni nyuma y’uko yagaragaye ku rubuga rwa Tiktok abwira abakunzi be ko yaje mu isura nshya kandi ngo urukundo rwa rwabo nirwo rwamuteye guhanga udushya turimo no gushyiraho iyi misatsi.

Ibyamamare bimenyereweho udushya nk’utu hari abo usanga barahinduje amenyo yayo cyangwa ibindi bice by’umubiri bagashyiraho akantu k’agaciro. Gusa ni ubwa mbere humvikanye umuntu uhindura umusatsi we yari asanganywe wose akawuzuza iminyururu ya zahabu, ubu noneho yahise asohora amashusho y’indirimbo ye nshya mu gihe abaganga cyane abita ku ndwara z’uruhu nabo batangiye ubushakashatsi ngo harebwe niba ibyo nta ngaruka mbi byagira ku mubiri cyane urubyiruko rutari ruke rumukurikira rwatangiye kuvuga ko rwanezezwa no kumera nkawe .

Mexican rapper Dan Sur creates buzz online as he adorns hair with gold  chain and diamonds

Umutwe n’akanwa ka Dan Sur kuzuye ibyuma

Uyu muraperi w’imyaka 23 y’amavuko bikekwa ko byamutwaye akayabo ka mamiliyoni y’amadorali ya Amerika (1,000,000 USD) ariko na none ngo ni ibintu byafashe amezi atari macye abagwa kuko byahereye muri Mata uyu mwaka ariko igiciro cy’izo serivise zo ntikiramenyekana.

Aganira n’ikinyamakuru “NME” yagize ati

“Mu by’ukuri icyo nashakaga ni ugukora ibintu bitandukanye kuko mbona buri wese ahindura ibara ryumusatsi we. Nizere ko nta muntu ugiye gutangira kunyigana ”

N’ubwo hataramenyekana niba koko ibyo avuga yarabikoze, abahanga mu bijyanye no kubaga bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka mbi ku wabikoze n’ubwo bitamenyerewe henshi. Avuga ko byonyine kuba ibintu bikoze mu cyuma byakora ku ruhu bikagera no ku igufwa ritwikiriye ubwonko atari byiza kuko uburemere bwabyo bwatera gukomereka.

Mu gihe rero ku bwonko haba hari igice cyakomeretse bishobora no kuviramo urupfu uwabikoze nk’uko ikinyamakaru gikora inkuru z’ubuzima cya “YAHOO LIFE” cyabivuze.

Dan Sur Rapper Net Worth, Girlfriend, Wiki, Bio, Age, Got Gold Hair ImplantsMiliyoni imwe y’amadolari ya Amerika bivugwa ko yatikiriye ku mutwe wa Dan Sur

Ntabwo ari we wa mbere ukoze ibisa nk’ibi kuko muri uyu mwaka wa 2021 na bwo umuraperi w’Umunya merika Lil Uzi Vert yatoboje agahanga ke ashyirishamo ibuye rya Diamond bimuhagarara agera muri miliyari 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ntiharamenyekana niba koko uyu musore iminyururu yasimbuje imisatsi ye ari iya Zahabu ijana ku ijana, gusa hari abavuze ko n’ubwo byaba ari byo biba bidakwiye ko umuntu agera ho ashaka guhinduka 100% ahubwo ko ayo mafaranga yayifashisha mu bindi hakaba n’abavuga ko ntacyo bitwaye mu gihe cyose ayo ashora ari aye agomba kuyakorehsa ibyo ashaka kandi akabikorera ku mubiri we bwite yigengaho.

Yashyizwe mu Kinyarwanda na Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eight =

Previous Post

Abakora ubwikorezi bitabaje amagare barasaba gushyirirwaho impuzamashyirahamwe

Next Post

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza
MU RWANDA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Tunisia yisubije igikombe cya Afurika muri Volleyball itsinze Cameron, u Rwanda rusoza ku mwanya wa gatandatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.