Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa kuko atazi icyo isobanura, kandi ko nta mbabazi asaba abamutwamye bavuga ko yabatengushye kuko yaririmbye indirimbo y’ubusambanyi, kuko atari cyo yabikoreye.

Indirimbo Po Pom y’umuhanzi Bruce Melodie yakoranye n’abarimo Diamond iri no mu zigezweho muri iki gihe, ikimara kujya hanze mu minsi ishize, Umuhanzi w’Indirimbo z’Imana Theo Bosebabireba, yagaragaye mu mashusho ayiririmba.

Ni ibintu byatunguye benshi kubona uyu muhanzi uzwiho kuririmba indirimbo z’Imama, asubiramo iyi y’isi, bamwe banavuga ko ivuga ku busambanyi.

Mu kiganiro Theo Bosebabireba yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko abasamiye hejuru ariya mashusho yagaragaye aririmbamo iyi ndirimbo, bagahita bamwitirira ko yamamaje ubusambanyi, bamuhoye ubusa, kuko yasubiyemo iriya ndirimbo ‘Pom Pom’ atazi ko ari iy’ubusambanyi.

Ati “Kuko ntabwo nzi ngo Pom Pom aho ihuriye no kuba ari ubusambanyi, ntabyo njye nzi. Nanjye nkibona indirimbo nayisamiye hejuru, nk’uko bansamye nanjye.”

Theo Bosebabireba avuga ko asanzwe akunda umuziki, ku buryo ntacyamubuza gushyigikira cyangwa kumva igihangano cya buri muhanzi, atitaye ku wo ari we cyangwa ibyo aririmbamo.

Avuga ko asanzwe yikundira umuhanzi Bruce Melodie, ku buryo kuririmba iriya ndirimbo ye ntawe bikuye gutungura.

Avuga ko we asanzwe yumva n’izindi ndirimbo ziri mu zindi ndimi, aba atanumva ubutumwa buzirimo, ariko ko bitamubuza kuzikunda.

Ati “Njye nta rurimi rw’abazungu nzi, ariko numva indirimbo ya Celine Dion ikarangira. Mbabarira umbwire mba numvisemo iki? […]”

Avuga ko ubwo yaririmbaga iriya ndirimbo Pom Pom, yumvaga ari gushyigikira umuhanzi w’Umunyarwanda mugenzi we, byumwihariko Bruce Melodie asanzwe akunda.

Ati “Numvaga ndi gushyigikira umuhanzi nyarwanda bita Bruce Melodie nkanabarangira nti ‘mujye kubishaka’ umunota utarashira nti mujye kumva iyi ndirimbo ndumva iryoshye.”

The Bosebabireba avuga ko yatunguwe no kuba abantu baramututse, kandi batatutse nyiri kuyiririmba, kandi ko yumva ntacyo yishinja.

Ati “Njye umutima nabikoranye, ntabwo wari umutima wo gukora icyaha […] urukundo nkunda umuziki, nta mbabazi nasabira biriya bintu. Nta cyaha njye nakoze.”

Theo Bosebabire asaba abantu kuva mu mitekerereze iciriritse, bagashyira imbere urukundo rwo gushyigikirana na we yakoranye kiriya gikorwa bamwe bamutwamiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby'ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.