Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi kamenyesheje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ari yo ifite mu biganza byayo umuti w’ibibazo biri muri iki Gihugu, ubufasha bukaba bwaza nyuma.

Byatangajwe na Nicolas de Riviere Ambasaderi w’u Bufaransa mu Muryango w’Abibumbye, nk’Igihugu kinayoboye aka kanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nicolas de Riviere wagiriye uruzinduko muri Congo mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yari ayoboye intumwa z’Umuryango w’Abibumbye zagiriye uruzinduko muri iki iki Gihugu cya DRC.

Aje nyuma y’icyumweru kimwe Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na we agiriye uruzinduko muri Congo Kinshasa na we wari wagaragarije ubutegetsi bwa Congo ko ntawundi uzaza kubakemurira ibibazo kurusha uko babyikemurira.

Nicolas de Riviere, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko Umuryango w’Abibumbye utanga ubufasha mu gushaka umuti w’ibibazo ariko ko udafite igisubizo cy’ubufindo wazana.

Ati “Umuryango w’Abibumbye ubereyeho gufasha, kuko nta muti w’ubufindo uhari. Ntabwo Umuryango w’Abibumbye wonyine wakemura ikibazo.”

Uyu mudipolomate yabaye nk’ugira inama Guverinoma ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’iyo yakunze kugirwa n’amahanga ko umuti w’ibibazo ari ibiganiro.

Ati “Hakenewe ibiganiro bya politiki ndete no gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano, ariko kandi nanone ntabwo Umuryango w’Abibumbye wabona umuti w’ubufindo mu buryo bwihuse kuruta uko byakorwa n’abayobozi ba Congo.”

Perezida Emmanuel Macron na we yari yabwiye Guverinoma ya DRC ko idakwiye kwicara ngo itegereze ko ibisubizo bizava ikantarange, ahubwo ko ari yo ikwiye kwicara ikisuzuma ikareba icyakorwa.

Uyu Mukuru w’Igihugu kiyoboye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, yanaboneyeho kunenga ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kuranwa n’imbaraga nke kuva mu 1994.

Icyo gihe yagize ati “Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yaboneyeho kandi gusaba ubutegetsi bw’iki Gihugu kudahora bwegeka ibibazo byacyo ku mahanga, ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

U Rwanda rwakunze gushinjwa na Congo Kinshasa kugira uruhare mu bibazo biri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo ntiruhweme kubinyomoza, na rwo rwakunze kuvuga kenshi ko ibibazo bya Congo ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwananiwe kubikemura bugahora bushaka uwo bubitwerera.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’Umunyamakuru Zain Verjee, wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, muri Kamena umwaka ushize wa 2022, yeruriye amahanga ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Guhimba ibi birego bigaragaza ukwihunza inshingano ze nka Perezida w’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twelve =

Previous Post

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Next Post

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.