Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi kamenyesheje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ari yo ifite mu biganza byayo umuti w’ibibazo biri muri iki Gihugu, ubufasha bukaba bwaza nyuma.

Byatangajwe na Nicolas de Riviere Ambasaderi w’u Bufaransa mu Muryango w’Abibumbye, nk’Igihugu kinayoboye aka kanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nicolas de Riviere wagiriye uruzinduko muri Congo mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yari ayoboye intumwa z’Umuryango w’Abibumbye zagiriye uruzinduko muri iki iki Gihugu cya DRC.

Aje nyuma y’icyumweru kimwe Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na we agiriye uruzinduko muri Congo Kinshasa na we wari wagaragarije ubutegetsi bwa Congo ko ntawundi uzaza kubakemurira ibibazo kurusha uko babyikemurira.

Nicolas de Riviere, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko Umuryango w’Abibumbye utanga ubufasha mu gushaka umuti w’ibibazo ariko ko udafite igisubizo cy’ubufindo wazana.

Ati “Umuryango w’Abibumbye ubereyeho gufasha, kuko nta muti w’ubufindo uhari. Ntabwo Umuryango w’Abibumbye wonyine wakemura ikibazo.”

Uyu mudipolomate yabaye nk’ugira inama Guverinoma ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’iyo yakunze kugirwa n’amahanga ko umuti w’ibibazo ari ibiganiro.

Ati “Hakenewe ibiganiro bya politiki ndete no gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano, ariko kandi nanone ntabwo Umuryango w’Abibumbye wabona umuti w’ubufindo mu buryo bwihuse kuruta uko byakorwa n’abayobozi ba Congo.”

Perezida Emmanuel Macron na we yari yabwiye Guverinoma ya DRC ko idakwiye kwicara ngo itegereze ko ibisubizo bizava ikantarange, ahubwo ko ari yo ikwiye kwicara ikisuzuma ikareba icyakorwa.

Uyu Mukuru w’Igihugu kiyoboye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, yanaboneyeho kunenga ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kuranwa n’imbaraga nke kuva mu 1994.

Icyo gihe yagize ati “Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yaboneyeho kandi gusaba ubutegetsi bw’iki Gihugu kudahora bwegeka ibibazo byacyo ku mahanga, ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

U Rwanda rwakunze gushinjwa na Congo Kinshasa kugira uruhare mu bibazo biri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo ntiruhweme kubinyomoza, na rwo rwakunze kuvuga kenshi ko ibibazo bya Congo ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwananiwe kubikemura bugahora bushaka uwo bubitwerera.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’Umunyamakuru Zain Verjee, wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, muri Kamena umwaka ushize wa 2022, yeruriye amahanga ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Guhimba ibi birego bigaragaza ukwihunza inshingano ze nka Perezida w’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 9 =

Previous Post

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

Next Post

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.