Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umushinwa wagaragaye mu mashusho yasakaye mu mpera za Kanama 2021 akubita Abanyarwanda, yahamijwe kubakorera iyicarubozo, akatirwa gufungwa imyaka 20.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za Kanama 2021, yagaragazaga umugabo w’umunyamahanga ari gukubita abagabo b’Abanyarwanda abaziza ko bamwibye.

Ibi Byabereye mu Kagari ka Kagano mu Murenge wa Mukura, mu Karere ka Rutsiro ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ikigo cya ALI GROUP HOLDING LTD.

Nyuma y’aya mashusho, umushinwa witwa Shujun Sun yatawe muri yombi ndetse n’abandi banyarwanda barimo Renzaho Alexis wari ushinzwe iby’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro na Nsanzimana Leonidas wari ushinzwe Umutekano muri iyi kompanyi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwaburanishije urubanza ruregwamo uyu Mushinwa Shujun Sun n’aba Banyarwanda, rwasomye umwanzuro warwo.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bigaragaza ko Shujun Sun yakoze icyaha cy’iyicarubozo agikoreye Abanyarwanda Niyomukiza Azarias, Bihoyiki Deo na Ngendahimana Gratien.

Urukiko rwategetse ko uyu munyamahanga ahanishwa gufungwa imyaka 20 mu gihe Renzaho Alexis we yahanishijwe gufungwa imyaka 12, naho Nsanzimana Leonidas we ahanagurwaho icyaha.

Urukiko rwemeje ko aba babiri [Shujun Sun na Renzaho Alexis] bafatanya mu kwishyura indishyi z’akababaro abakubiswe buri wese bakamwishyura Miliyoni 2,5 Frw.

Mu iburana, Shujun Sun yemereye urukiko ko yakubise aba Banyarwanda ariko ko yabitewe n’ubujura yakorerwaga bw’amabuye y’agaciro ya kompanyi ye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mushinwa yari yarashinze igiti cy’umusaraba avuga ko azajya agikubitiraho umuntu wese azafata yigendagendesha hafi aho n’undi wese azafatira mu cyuho amwiba amabuye y’agaciro.

Yavugaga ko icyo ari igihano yageneye abajura kugira ngo bacike ku ngeso yo kwiba, Ubushinjacyaha bukavuga ko mu Rwanda hari inzego ndetse n’amategeko bityo ko kwihanira bitemewe.

Amashusho yagiye acicikana ku mbuga nkoranyambaga, yifashishijwe n’Ubushinjacyaha bugaragaza iyicarubozi uyu mushinwa yakorewe bariya Banyarwanda ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abakubiswe n’ibyavuye mu isuzuma bakorewe kwa muganga.

Ubushinjacyaha kandi bwari bwasabiye uyu mushinwa igihano cyo gufungwa imyaka 20 ari na cyo cyemejwe n’Urukiko rwaburanishije uru rubanza.

Ubwo ariya mashusho yakwirakwiraga ku mbuga nkoranyambaga, Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yamaganye iki gikorwa, yizeza inzego z’ubutabera zo mu Rwanda ubufasha bwo kugira ngo uyu mugabo akurikiranwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 2 =

Previous Post

Inkuru yaje kuba impamo: Ya modoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie ubu ayigendamo

Next Post

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,...Uwa Kabiri udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.