Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umushinwa wagaragaye mu mashusho yasakaye mu mpera za Kanama 2021 akubita Abanyarwanda, yahamijwe kubakorera iyicarubozo, akatirwa gufungwa imyaka 20.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za Kanama 2021, yagaragazaga umugabo w’umunyamahanga ari gukubita abagabo b’Abanyarwanda abaziza ko bamwibye.

Ibi Byabereye mu Kagari ka Kagano mu Murenge wa Mukura, mu Karere ka Rutsiro ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ikigo cya ALI GROUP HOLDING LTD.

Nyuma y’aya mashusho, umushinwa witwa Shujun Sun yatawe muri yombi ndetse n’abandi banyarwanda barimo Renzaho Alexis wari ushinzwe iby’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro na Nsanzimana Leonidas wari ushinzwe Umutekano muri iyi kompanyi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwaburanishije urubanza ruregwamo uyu Mushinwa Shujun Sun n’aba Banyarwanda, rwasomye umwanzuro warwo.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bigaragaza ko Shujun Sun yakoze icyaha cy’iyicarubozo agikoreye Abanyarwanda Niyomukiza Azarias, Bihoyiki Deo na Ngendahimana Gratien.

Urukiko rwategetse ko uyu munyamahanga ahanishwa gufungwa imyaka 20 mu gihe Renzaho Alexis we yahanishijwe gufungwa imyaka 12, naho Nsanzimana Leonidas we ahanagurwaho icyaha.

Urukiko rwemeje ko aba babiri [Shujun Sun na Renzaho Alexis] bafatanya mu kwishyura indishyi z’akababaro abakubiswe buri wese bakamwishyura Miliyoni 2,5 Frw.

Mu iburana, Shujun Sun yemereye urukiko ko yakubise aba Banyarwanda ariko ko yabitewe n’ubujura yakorerwaga bw’amabuye y’agaciro ya kompanyi ye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mushinwa yari yarashinze igiti cy’umusaraba avuga ko azajya agikubitiraho umuntu wese azafata yigendagendesha hafi aho n’undi wese azafatira mu cyuho amwiba amabuye y’agaciro.

Yavugaga ko icyo ari igihano yageneye abajura kugira ngo bacike ku ngeso yo kwiba, Ubushinjacyaha bukavuga ko mu Rwanda hari inzego ndetse n’amategeko bityo ko kwihanira bitemewe.

Amashusho yagiye acicikana ku mbuga nkoranyambaga, yifashishijwe n’Ubushinjacyaha bugaragaza iyicarubozi uyu mushinwa yakorewe bariya Banyarwanda ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abakubiswe n’ibyavuye mu isuzuma bakorewe kwa muganga.

Ubushinjacyaha kandi bwari bwasabiye uyu mushinwa igihano cyo gufungwa imyaka 20 ari na cyo cyemejwe n’Urukiko rwaburanishije uru rubanza.

Ubwo ariya mashusho yakwirakwiraga ku mbuga nkoranyambaga, Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yamaganye iki gikorwa, yizeza inzego z’ubutabera zo mu Rwanda ubufasha bwo kugira ngo uyu mugabo akurikiranwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Inkuru yaje kuba impamo: Ya modoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie ubu ayigendamo

Next Post

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,...Uwa Kabiri udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.