Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umushinwa wagaragaye mu mashusho yasakaye mu mpera za Kanama 2021 akubita Abanyarwanda, yahamijwe kubakorera iyicarubozo, akatirwa gufungwa imyaka 20.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za Kanama 2021, yagaragazaga umugabo w’umunyamahanga ari gukubita abagabo b’Abanyarwanda abaziza ko bamwibye.

Ibi Byabereye mu Kagari ka Kagano mu Murenge wa Mukura, mu Karere ka Rutsiro ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ikigo cya ALI GROUP HOLDING LTD.

Nyuma y’aya mashusho, umushinwa witwa Shujun Sun yatawe muri yombi ndetse n’abandi banyarwanda barimo Renzaho Alexis wari ushinzwe iby’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro na Nsanzimana Leonidas wari ushinzwe Umutekano muri iyi kompanyi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwaburanishije urubanza ruregwamo uyu Mushinwa Shujun Sun n’aba Banyarwanda, rwasomye umwanzuro warwo.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bigaragaza ko Shujun Sun yakoze icyaha cy’iyicarubozo agikoreye Abanyarwanda Niyomukiza Azarias, Bihoyiki Deo na Ngendahimana Gratien.

Urukiko rwategetse ko uyu munyamahanga ahanishwa gufungwa imyaka 20 mu gihe Renzaho Alexis we yahanishijwe gufungwa imyaka 12, naho Nsanzimana Leonidas we ahanagurwaho icyaha.

Urukiko rwemeje ko aba babiri [Shujun Sun na Renzaho Alexis] bafatanya mu kwishyura indishyi z’akababaro abakubiswe buri wese bakamwishyura Miliyoni 2,5 Frw.

Mu iburana, Shujun Sun yemereye urukiko ko yakubise aba Banyarwanda ariko ko yabitewe n’ubujura yakorerwaga bw’amabuye y’agaciro ya kompanyi ye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mushinwa yari yarashinze igiti cy’umusaraba avuga ko azajya agikubitiraho umuntu wese azafata yigendagendesha hafi aho n’undi wese azafatira mu cyuho amwiba amabuye y’agaciro.

Yavugaga ko icyo ari igihano yageneye abajura kugira ngo bacike ku ngeso yo kwiba, Ubushinjacyaha bukavuga ko mu Rwanda hari inzego ndetse n’amategeko bityo ko kwihanira bitemewe.

Amashusho yagiye acicikana ku mbuga nkoranyambaga, yifashishijwe n’Ubushinjacyaha bugaragaza iyicarubozi uyu mushinwa yakorewe bariya Banyarwanda ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abakubiswe n’ibyavuye mu isuzuma bakorewe kwa muganga.

Ubushinjacyaha kandi bwari bwasabiye uyu mushinwa igihano cyo gufungwa imyaka 20 ari na cyo cyemejwe n’Urukiko rwaburanishije uru rubanza.

Ubwo ariya mashusho yakwirakwiraga ku mbuga nkoranyambaga, Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yamaganye iki gikorwa, yizeza inzego z’ubutabera zo mu Rwanda ubufasha bwo kugira ngo uyu mugabo akurikiranwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nineteen =

Previous Post

Inkuru yaje kuba impamo: Ya modoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie ubu ayigendamo

Next Post

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,...Uwa Kabiri udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.