Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel uri mu buyobozi bw’ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC mu guhangana na M23, wafashwe n’uyu mutwe, avuga ko yatangariye uburyo wubahiriza uburenganzira, ndetse anemeza ko igisirikare cya Congo gikorana n’imitwe irimo FDLR.

Umutwe wa M23 werekanye abantu umunani (8) bo mu nzego z’umutekano za Congo barimo abasirikare 7 n’umupolisi umwe bafatiwe ku rugamba barimo Lt Col Assani Kimonkola Adrien wari umwe mu bayoboye abasirikare ba FARDC bari guhangana n’uyu mutwe aho yari umuyobozi wungirije w’ibikorwa bya 213.

Muri iki gikorwa cyo kwerekana aba basirikare cyakozwe n’abarwanyi bakuru muri M23 barimo umuvugizi wayo, Maj Willy Ngoma, uyu musirikare wa FARDC yatangiyemo ubutumwa.

Yavuze ko na we ubwe yatanguwe n’uburyo yabonye uyu mutwe wa M23 amaze iminshi ahangana na wo, kuko “nasanze wubahiriza uburenganzira mu by’intambara.”

Yagize ati “Hari ibishinjwa uyu mutwe ariko kuva nagera aha, nabonye ugerageza kubahirizwa uburenganzira bw’intambara.”

Ibi abishingira ku kuba kuva yagafatirwa i Kibumba mu mpera z’ukwezi gushize k’Ugushyingo, kugeza ubwo yerekanwaga, nta n’uwari wamuriye urwara, ahubwo ko yarindiwe umutekano.

Yemeye ko FARDC ifitanye imikoranire n’imitwe irimo FDLR irwanya u Rwanda, akavuga ko byumwihariko uyu mutwe bakorana mu bijyanye n’ubutasi ndetse no mu bikorwa bimwe bya gisirikare.

Muri aba basirikare berekanywe; kandi harimo abiyemeje gutera umugongo FARDC bakiyunga kuri M23, na bo banashimye ko uko batekerezaga umutwe wa M23 ari ko bawusanze kuko babonye ko wubahiriza uburenganzira bwa muntu no kurwanira ubw’abaturage.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko icyo uharanira ari iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abaturage yaba abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi ndetse n’ubw’abandi Banyekongo bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

Next Post

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye
FOOTBALL

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.