• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel uri mu buyobozi bw’ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC mu guhangana na M23, wafashwe n’uyu mutwe, avuga ko yatangariye uburyo wubahiriza uburenganzira, ndetse anemeza ko igisirikare cya Congo gikorana n’imitwe irimo FDLR.

Umutwe wa M23 werekanye abantu umunani (8) bo mu nzego z’umutekano za Congo barimo abasirikare 7 n’umupolisi umwe bafatiwe ku rugamba barimo Lt Col Assani Kimonkola Adrien wari umwe mu bayoboye abasirikare ba FARDC bari guhangana n’uyu mutwe aho yari umuyobozi wungirije w’ibikorwa bya 213.

Muri iki gikorwa cyo kwerekana aba basirikare cyakozwe n’abarwanyi bakuru muri M23 barimo umuvugizi wayo, Maj Willy Ngoma, uyu musirikare wa FARDC yatangiyemo ubutumwa.

Yavuze ko na we ubwe yatanguwe n’uburyo yabonye uyu mutwe wa M23 amaze iminshi ahangana na wo, kuko “nasanze wubahiriza uburenganzira mu by’intambara.”

Yagize ati “Hari ibishinjwa uyu mutwe ariko kuva nagera aha, nabonye ugerageza kubahirizwa uburenganzira bw’intambara.”

Ibi abishingira ku kuba kuva yagafatirwa i Kibumba mu mpera z’ukwezi gushize k’Ugushyingo, kugeza ubwo yerekanwaga, nta n’uwari wamuriye urwara, ahubwo ko yarindiwe umutekano.

Yemeye ko FARDC ifitanye imikoranire n’imitwe irimo FDLR irwanya u Rwanda, akavuga ko byumwihariko uyu mutwe bakorana mu bijyanye n’ubutasi ndetse no mu bikorwa bimwe bya gisirikare.

Muri aba basirikare berekanywe; kandi harimo abiyemeje gutera umugongo FARDC bakiyunga kuri M23, na bo banashimye ko uko batekerezaga umutwe wa M23 ari ko bawusanze kuko babonye ko wubahiriza uburenganzira bwa muntu no kurwanira ubw’abaturage.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko icyo uharanira ari iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abaturage yaba abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi ndetse n’ubw’abandi Banyekongo bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − six =

Previous Post

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

Next Post

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.