Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in AMAHANGA
0
Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo muri Uganda w’imyaka 21 y’amavuko, yakatiwe gufunguwa amezi 32 ahamijwe gutuka Perezida Yoweri Museveni, abinyujije mu butumwa yatanze ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Uyu musore witwa Emmanuel Nabugodi yasomewe icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Mbere nyuma yuko yari yaburanye mu cyumweru gishize anemera ibyaha bine yakekwagaho birimo gukoresha imvugo z’urwango ndetse no kwandagaza Perezida w’Igihugu.

Uyu Nabugodi yakoreshaga urubuga nkoranyambaga rufite abamukurikira ibihumbi 20, aho yatangaje amashusho yatumye ajyanwa mu rukiko aho yavugaga amagambo yo kubahuka Museveni.

Ni mu gihe amatsinda y’abaharanira uburenganzira bwa muntu, akomeje kwamagana ibi bihano bihabwa abantu nk’aba, avuga ko ari uguhonyora uburenganzira bw’abantu bwo kwisanzura mu gutanga ibitegerezo.

Muri Nyakanga uyu mwaka, uwitwa Edward Awebwa na we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu kubera ibyaha nk’ibi byahamijwe Nabugodi, aho na we yari yakoresheje urubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Abandi bantu batatu na bo bategereje kuburanishwa kubera ibyaha bashinjwa gukorera ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo Umucamanza w’Urukiko rwa Entebbe, Stellah Maris Amabilis yasomaga icyemezo ku byaha byashinjwaga Nabugodi, yavuze ko iki gihano cyo gufungwa amezi 32 ari nka gasopo yo guha abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga bibasira abantu barimo na Perezida.

Yagize ati “Urukiko rwizeye ko igihe uwahamijwe icyaha azaba asohotse muri Gereza, azaba yarabonye isomo ko kwibasira abantu abyita gutangaza amakuru, ari bibi.”

Umucamanza kandi yavuze ko uyu wakatiwe, afite ibyumweru bibiri (iminsi 14) yo kujurira iki cyemezo cyo gufungwa amezi 32.

Yahanwe hagendewe ku itegeko ryo muri 2022 ritavuzweho rumwe, rivuga ku guhana abakoresha nabi mudasobwa, aho iri tegeko rivuga ko umuntu wandika, wohereza cyangwa ukwirakwiza amakuru akoresheje mudasobwa, byibasira cyangwa bitesha agaciro cyangwa asaba umuntu ruswa, cyangwa amwibasira agendeye ku bwoko, idini cyanwa igitsinda cye, aba akoze icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 1 =

Previous Post

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

Next Post

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Related Posts

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.