Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in AMAHANGA
0
Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo muri Uganda w’imyaka 21 y’amavuko, yakatiwe gufunguwa amezi 32 ahamijwe gutuka Perezida Yoweri Museveni, abinyujije mu butumwa yatanze ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Uyu musore witwa Emmanuel Nabugodi yasomewe icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Mbere nyuma yuko yari yaburanye mu cyumweru gishize anemera ibyaha bine yakekwagaho birimo gukoresha imvugo z’urwango ndetse no kwandagaza Perezida w’Igihugu.

Uyu Nabugodi yakoreshaga urubuga nkoranyambaga rufite abamukurikira ibihumbi 20, aho yatangaje amashusho yatumye ajyanwa mu rukiko aho yavugaga amagambo yo kubahuka Museveni.

Ni mu gihe amatsinda y’abaharanira uburenganzira bwa muntu, akomeje kwamagana ibi bihano bihabwa abantu nk’aba, avuga ko ari uguhonyora uburenganzira bw’abantu bwo kwisanzura mu gutanga ibitegerezo.

Muri Nyakanga uyu mwaka, uwitwa Edward Awebwa na we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu kubera ibyaha nk’ibi byahamijwe Nabugodi, aho na we yari yakoresheje urubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Abandi bantu batatu na bo bategereje kuburanishwa kubera ibyaha bashinjwa gukorera ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo Umucamanza w’Urukiko rwa Entebbe, Stellah Maris Amabilis yasomaga icyemezo ku byaha byashinjwaga Nabugodi, yavuze ko iki gihano cyo gufungwa amezi 32 ari nka gasopo yo guha abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga bibasira abantu barimo na Perezida.

Yagize ati “Urukiko rwizeye ko igihe uwahamijwe icyaha azaba asohotse muri Gereza, azaba yarabonye isomo ko kwibasira abantu abyita gutangaza amakuru, ari bibi.”

Umucamanza kandi yavuze ko uyu wakatiwe, afite ibyumweru bibiri (iminsi 14) yo kujurira iki cyemezo cyo gufungwa amezi 32.

Yahanwe hagendewe ku itegeko ryo muri 2022 ritavuzweho rumwe, rivuga ku guhana abakoresha nabi mudasobwa, aho iri tegeko rivuga ko umuntu wandika, wohereza cyangwa ukwirakwiza amakuru akoresheje mudasobwa, byibasira cyangwa bitesha agaciro cyangwa asaba umuntu ruswa, cyangwa amwibasira agendeye ku bwoko, idini cyanwa igitsinda cye, aba akoze icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − five =

Previous Post

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

Next Post

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

IZIHERUKA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera
AMAHANGA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.