Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse
Share on FacebookShare on Twitter

Graham Potter watozaga ikipe ya Chelsea wazanywe gutoza iyi kipe nk’umucunguzi kuko yasanze iyi kipe imerewe nabi, yirukanywe noneho igeze ahabi kuko ayisize ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona yo mu Bwongereza.

Uyu mutoza w’imyaka 47 y’amavuko, yagizwe umutoza wa Chelsea ku ya 8 Nzeri 2022, akayisinyira amasezerano y’imyaka 5, yaraye yirukanwe ataramara n’amezi 7 nyuma yuko mu mikino 22 yari amaze gutoza Chelsea muri Shampiyona y’u Bwongereza, yatsinzemo imikino 7 gusa.

Iki cyemezo cyo kwirukana uyu mutoza w’Umwongereza, Graham Potter, wari wavuye muri Brighton akaza muri Chelsea asimbuye Umudage Thomas Tuchel, cyafashwe na ba nyir iyi kipe, Todd Boehly na Behdad Eghbali, kuri iki Cyumweru tariki 02 Mata 2023, ahagana saa tatu z’ijoro za hano i Kigali mu Rwanda.

Iyi kipe ya Chelsea, mu itangazo yasohoye, yagize iti “turifuza gushimira Graham ku bw’imbaraga n’umusanzu yatanze, tunamwifuriza ishya n’ihirwe ahazaza.”

Ibi bikaba byabaye nyuma yuko Chelsea itsindiwe mu rugo na Aston Villa ibitego 2-0, bigatuma yisanga ku mwanya wa 11 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Bwongereza, aho ifite amanota 38 dore ko mu mikino 28 yatsinzemo 10, inganya 8, itsindwa 10, ikaba kandi irimo umwenda w’igitego kimwe kuko yinjije ibitego 29 ariko yo yinjizwa ibitego 30.

Umutoza Marco Silva, w’ikipe ya Fulham, ni umwe mu bavugwaho kuba basimbura Graham Potter, gusa abahabwa amahirwe ku kazi gutoza iyi kipe ya Chelsea, harimo Umunya Argentine Mauricio Pochettino, Umufaransa Zinedine Zidane, Umunya Espagne Luis Enrique ndetse n’Umudage Julian Nagelsmann, uherutse kwirukanwa n’ikipe ya Bayern Munich.

Bruno Saltor, wari wungirije Graham Potter, banavanye mu ikipe ya Brighton, ni we wahawe akazi ko kuba atoza Chelsea, nk’umutoza w’inzibacyuho, kugeza uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 urangiye aho Chelsea isigaranye imikino 10 ya Shampiyona, irimo n’uwo bari bukurikizeho ukomeye cyane bari busure Liverpool kuri uyu wa Gatatu.

Iyi kipe kandi ifite urugamba rutoroshye kuko iri no muri 1/4 cya UEFA Champions League, aho izahura na Real Madrid ku ya 12 no ku ya 18 Mata uyu mwaka.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + twelve =

Previous Post

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

Next Post

Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Inkuru nziza ku batsindiye 'Provisoire' n’abateganya kuzikorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.