Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse
Share on FacebookShare on Twitter

Graham Potter watozaga ikipe ya Chelsea wazanywe gutoza iyi kipe nk’umucunguzi kuko yasanze iyi kipe imerewe nabi, yirukanywe noneho igeze ahabi kuko ayisize ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona yo mu Bwongereza.

Uyu mutoza w’imyaka 47 y’amavuko, yagizwe umutoza wa Chelsea ku ya 8 Nzeri 2022, akayisinyira amasezerano y’imyaka 5, yaraye yirukanwe ataramara n’amezi 7 nyuma yuko mu mikino 22 yari amaze gutoza Chelsea muri Shampiyona y’u Bwongereza, yatsinzemo imikino 7 gusa.

Iki cyemezo cyo kwirukana uyu mutoza w’Umwongereza, Graham Potter, wari wavuye muri Brighton akaza muri Chelsea asimbuye Umudage Thomas Tuchel, cyafashwe na ba nyir iyi kipe, Todd Boehly na Behdad Eghbali, kuri iki Cyumweru tariki 02 Mata 2023, ahagana saa tatu z’ijoro za hano i Kigali mu Rwanda.

Iyi kipe ya Chelsea, mu itangazo yasohoye, yagize iti “turifuza gushimira Graham ku bw’imbaraga n’umusanzu yatanze, tunamwifuriza ishya n’ihirwe ahazaza.”

Ibi bikaba byabaye nyuma yuko Chelsea itsindiwe mu rugo na Aston Villa ibitego 2-0, bigatuma yisanga ku mwanya wa 11 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Bwongereza, aho ifite amanota 38 dore ko mu mikino 28 yatsinzemo 10, inganya 8, itsindwa 10, ikaba kandi irimo umwenda w’igitego kimwe kuko yinjije ibitego 29 ariko yo yinjizwa ibitego 30.

Umutoza Marco Silva, w’ikipe ya Fulham, ni umwe mu bavugwaho kuba basimbura Graham Potter, gusa abahabwa amahirwe ku kazi gutoza iyi kipe ya Chelsea, harimo Umunya Argentine Mauricio Pochettino, Umufaransa Zinedine Zidane, Umunya Espagne Luis Enrique ndetse n’Umudage Julian Nagelsmann, uherutse kwirukanwa n’ikipe ya Bayern Munich.

Bruno Saltor, wari wungirije Graham Potter, banavanye mu ikipe ya Brighton, ni we wahawe akazi ko kuba atoza Chelsea, nk’umutoza w’inzibacyuho, kugeza uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 urangiye aho Chelsea isigaranye imikino 10 ya Shampiyona, irimo n’uwo bari bukurikizeho ukomeye cyane bari busure Liverpool kuri uyu wa Gatatu.

Iyi kipe kandi ifite urugamba rutoroshye kuko iri no muri 1/4 cya UEFA Champions League, aho izahura na Real Madrid ku ya 12 no ku ya 18 Mata uyu mwaka.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 1 =

Previous Post

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

Next Post

Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Inkuru nziza ku batsindiye 'Provisoire' n’abateganya kuzikorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.