Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse
Share on FacebookShare on Twitter

Graham Potter watozaga ikipe ya Chelsea wazanywe gutoza iyi kipe nk’umucunguzi kuko yasanze iyi kipe imerewe nabi, yirukanywe noneho igeze ahabi kuko ayisize ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona yo mu Bwongereza.

Uyu mutoza w’imyaka 47 y’amavuko, yagizwe umutoza wa Chelsea ku ya 8 Nzeri 2022, akayisinyira amasezerano y’imyaka 5, yaraye yirukanwe ataramara n’amezi 7 nyuma yuko mu mikino 22 yari amaze gutoza Chelsea muri Shampiyona y’u Bwongereza, yatsinzemo imikino 7 gusa.

Iki cyemezo cyo kwirukana uyu mutoza w’Umwongereza, Graham Potter, wari wavuye muri Brighton akaza muri Chelsea asimbuye Umudage Thomas Tuchel, cyafashwe na ba nyir iyi kipe, Todd Boehly na Behdad Eghbali, kuri iki Cyumweru tariki 02 Mata 2023, ahagana saa tatu z’ijoro za hano i Kigali mu Rwanda.

Iyi kipe ya Chelsea, mu itangazo yasohoye, yagize iti “turifuza gushimira Graham ku bw’imbaraga n’umusanzu yatanze, tunamwifuriza ishya n’ihirwe ahazaza.”

Ibi bikaba byabaye nyuma yuko Chelsea itsindiwe mu rugo na Aston Villa ibitego 2-0, bigatuma yisanga ku mwanya wa 11 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Bwongereza, aho ifite amanota 38 dore ko mu mikino 28 yatsinzemo 10, inganya 8, itsindwa 10, ikaba kandi irimo umwenda w’igitego kimwe kuko yinjije ibitego 29 ariko yo yinjizwa ibitego 30.

Umutoza Marco Silva, w’ikipe ya Fulham, ni umwe mu bavugwaho kuba basimbura Graham Potter, gusa abahabwa amahirwe ku kazi gutoza iyi kipe ya Chelsea, harimo Umunya Argentine Mauricio Pochettino, Umufaransa Zinedine Zidane, Umunya Espagne Luis Enrique ndetse n’Umudage Julian Nagelsmann, uherutse kwirukanwa n’ikipe ya Bayern Munich.

Bruno Saltor, wari wungirije Graham Potter, banavanye mu ikipe ya Brighton, ni we wahawe akazi ko kuba atoza Chelsea, nk’umutoza w’inzibacyuho, kugeza uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 urangiye aho Chelsea isigaranye imikino 10 ya Shampiyona, irimo n’uwo bari bukurikizeho ukomeye cyane bari busure Liverpool kuri uyu wa Gatatu.

Iyi kipe kandi ifite urugamba rutoroshye kuko iri no muri 1/4 cya UEFA Champions League, aho izahura na Real Madrid ku ya 12 no ku ya 18 Mata uyu mwaka.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 6 =

Previous Post

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

Next Post

Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Inkuru nziza ku batsindiye 'Provisoire' n’abateganya kuzikorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.