Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa film akaba n’umuvugabutumwa Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wagarutsweho cyane ubwo yakoraga ubukwe n’umuhanzikazi Annette Murava, nyuma y’amezi atanu adakoma, yavuze birambuye ku byo yavuzweho, anasubiza abamwijunditse.

Uyu mugabo wari usanzwe agaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga mu biganiro yakoraga kuri YouTube, yari amaze amezi atanu adakoma nyuma yo gukora ubukwe, bwabaye muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023.

Ni ubukwe bwagarutsweho cyane, yaba mbere yabwo ndetse na nyuma yabwo, aho bamwe bavugaga ko batumva uko Annette Murava yemeye kurushingana na Bishop Gafaranga wari usanzwe afite umugore n’abana.

Nanone kandi bwagarutsweho cyane kuko ubwo bwabaga, nta muntu utaratumiwe wigeze abasha kubukandagiramo ndetse n’abo mu muryango we bagiye bavuga ko basubijwe inyuma.

Mu kiganiro cya mbere, Gafaranga yongeye kugaragaramo kuri YouTube yagiranye na Channel yitwa MIE Empire, yavuze ko abafashe nabi ibyo gushyingiranwa na Annette Murava, batasobanukirwa ijambo ry’Imana n’igeno ryayo.

Gafaranga yavuze ko kuba yaratandukanye n’umugore wa mbere, agashakana na Annette Murava, ari igeno ry’Imana kandi ko nta nka yaciye amabere kuko na Dawidi wo muri Bibiliya yari yarashatse abagore benshi.

Kuba atarakunze kuvuga kuri ibi byose yanyuzemo, yashaka kubiharira igihe kuko ari cyo mucamanza wa byose, kuko hari n’abamuvugaga icyo gihe, ubu na bo bari kuvugwa.

Ati “Uzasanga abantu barimo kumvuga muri bya bihe, barabivuyemo mbere yanjye, kandi nshobora no kukwereka ababigiyemo nyuma yanjye binamereye nabi ubu. Hari abatumiwe baransesengura, ubu tuvugana na bo bari gusesengurwa.”

Avuga ko ikibabaje ariko uko abamuvugaga ari n’abatamuzi batazi n’ingorane yanyuzemo, ari na zo zatumye afata icyemezo yafashe.

Ariko nanone ngo kuba yaravuzwe, cyari igihe cyabyo kandi atagombaga kugisimbuka. Ati “Niba nari ndi mu gihe cyo kuvugwa, icyo gihe cyagombaga kwirwanaho kigashaka n’abamvuga.”

Avuga ko ubukwe bwe butatunguranye nk’uko byakunze kuvugwa, ati “Ntabwo ubukwe bwanjye bwatunguranye. Bwarateguwe, kandi ubukwe bwanjye bwateguwe n’umuryango n’inshuti […] umuhango wose ukorerwa umukobwa cyangwa umusore, warabaye, kandi uba hajemo abantu.”

Abajijwe igihe yamaze akundana na Annette Murava, Gafaranga yavuze ko ibyo ari ubuzima bwite, ariko ko mbere y’uko bakundana hari n’abandi yari yabanje kugerageza, bityo ko ntaho ahuriye n’isenyuka ry’urugo rwe rwa mbere nk’uko hari ababivuze.

Ati “Mbere y’uko nkunda Annette Murava, hari abandi bakobwa naterese mbere benshi kandi na bo nifuzaga ko twabana.”

Gafaranga avuga ko ari na we wanateye intambwe akegera Annette Murava kugira ngo binjirane mu rukundo rwaje no kuvamo urwo kubana.

Bishop Gafaranga yongeye kugaragara mu biganiro nyuma y’amezi atanu
Annette Murava bashyingiranywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + five =

Previous Post

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Next Post

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.