Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa film akaba n’umuvugabutumwa Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wagarutsweho cyane ubwo yakoraga ubukwe n’umuhanzikazi Annette Murava, nyuma y’amezi atanu adakoma, yavuze birambuye ku byo yavuzweho, anasubiza abamwijunditse.

Uyu mugabo wari usanzwe agaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga mu biganiro yakoraga kuri YouTube, yari amaze amezi atanu adakoma nyuma yo gukora ubukwe, bwabaye muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023.

Ni ubukwe bwagarutsweho cyane, yaba mbere yabwo ndetse na nyuma yabwo, aho bamwe bavugaga ko batumva uko Annette Murava yemeye kurushingana na Bishop Gafaranga wari usanzwe afite umugore n’abana.

Nanone kandi bwagarutsweho cyane kuko ubwo bwabaga, nta muntu utaratumiwe wigeze abasha kubukandagiramo ndetse n’abo mu muryango we bagiye bavuga ko basubijwe inyuma.

Mu kiganiro cya mbere, Gafaranga yongeye kugaragaramo kuri YouTube yagiranye na Channel yitwa MIE Empire, yavuze ko abafashe nabi ibyo gushyingiranwa na Annette Murava, batasobanukirwa ijambo ry’Imana n’igeno ryayo.

Gafaranga yavuze ko kuba yaratandukanye n’umugore wa mbere, agashakana na Annette Murava, ari igeno ry’Imana kandi ko nta nka yaciye amabere kuko na Dawidi wo muri Bibiliya yari yarashatse abagore benshi.

Kuba atarakunze kuvuga kuri ibi byose yanyuzemo, yashaka kubiharira igihe kuko ari cyo mucamanza wa byose, kuko hari n’abamuvugaga icyo gihe, ubu na bo bari kuvugwa.

Ati “Uzasanga abantu barimo kumvuga muri bya bihe, barabivuyemo mbere yanjye, kandi nshobora no kukwereka ababigiyemo nyuma yanjye binamereye nabi ubu. Hari abatumiwe baransesengura, ubu tuvugana na bo bari gusesengurwa.”

Avuga ko ikibabaje ariko uko abamuvugaga ari n’abatamuzi batazi n’ingorane yanyuzemo, ari na zo zatumye afata icyemezo yafashe.

Ariko nanone ngo kuba yaravuzwe, cyari igihe cyabyo kandi atagombaga kugisimbuka. Ati “Niba nari ndi mu gihe cyo kuvugwa, icyo gihe cyagombaga kwirwanaho kigashaka n’abamvuga.”

Avuga ko ubukwe bwe butatunguranye nk’uko byakunze kuvugwa, ati “Ntabwo ubukwe bwanjye bwatunguranye. Bwarateguwe, kandi ubukwe bwanjye bwateguwe n’umuryango n’inshuti […] umuhango wose ukorerwa umukobwa cyangwa umusore, warabaye, kandi uba hajemo abantu.”

Abajijwe igihe yamaze akundana na Annette Murava, Gafaranga yavuze ko ibyo ari ubuzima bwite, ariko ko mbere y’uko bakundana hari n’abandi yari yabanje kugerageza, bityo ko ntaho ahuriye n’isenyuka ry’urugo rwe rwa mbere nk’uko hari ababivuze.

Ati “Mbere y’uko nkunda Annette Murava, hari abandi bakobwa naterese mbere benshi kandi na bo nifuzaga ko twabana.”

Gafaranga avuga ko ari na we wanateye intambwe akegera Annette Murava kugira ngo binjirane mu rukundo rwaje no kuvamo urwo kubana.

Bishop Gafaranga yongeye kugaragara mu biganiro nyuma y’amezi atanu
Annette Murava bashyingiranywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 4 =

Previous Post

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Next Post

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.