Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa film akaba n’umuvugabutumwa Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wagarutsweho cyane ubwo yakoraga ubukwe n’umuhanzikazi Annette Murava, nyuma y’amezi atanu adakoma, yavuze birambuye ku byo yavuzweho, anasubiza abamwijunditse.

Uyu mugabo wari usanzwe agaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga mu biganiro yakoraga kuri YouTube, yari amaze amezi atanu adakoma nyuma yo gukora ubukwe, bwabaye muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023.

Ni ubukwe bwagarutsweho cyane, yaba mbere yabwo ndetse na nyuma yabwo, aho bamwe bavugaga ko batumva uko Annette Murava yemeye kurushingana na Bishop Gafaranga wari usanzwe afite umugore n’abana.

Nanone kandi bwagarutsweho cyane kuko ubwo bwabaga, nta muntu utaratumiwe wigeze abasha kubukandagiramo ndetse n’abo mu muryango we bagiye bavuga ko basubijwe inyuma.

Mu kiganiro cya mbere, Gafaranga yongeye kugaragaramo kuri YouTube yagiranye na Channel yitwa MIE Empire, yavuze ko abafashe nabi ibyo gushyingiranwa na Annette Murava, batasobanukirwa ijambo ry’Imana n’igeno ryayo.

Gafaranga yavuze ko kuba yaratandukanye n’umugore wa mbere, agashakana na Annette Murava, ari igeno ry’Imana kandi ko nta nka yaciye amabere kuko na Dawidi wo muri Bibiliya yari yarashatse abagore benshi.

Kuba atarakunze kuvuga kuri ibi byose yanyuzemo, yashaka kubiharira igihe kuko ari cyo mucamanza wa byose, kuko hari n’abamuvugaga icyo gihe, ubu na bo bari kuvugwa.

Ati “Uzasanga abantu barimo kumvuga muri bya bihe, barabivuyemo mbere yanjye, kandi nshobora no kukwereka ababigiyemo nyuma yanjye binamereye nabi ubu. Hari abatumiwe baransesengura, ubu tuvugana na bo bari gusesengurwa.”

Avuga ko ikibabaje ariko uko abamuvugaga ari n’abatamuzi batazi n’ingorane yanyuzemo, ari na zo zatumye afata icyemezo yafashe.

Ariko nanone ngo kuba yaravuzwe, cyari igihe cyabyo kandi atagombaga kugisimbuka. Ati “Niba nari ndi mu gihe cyo kuvugwa, icyo gihe cyagombaga kwirwanaho kigashaka n’abamvuga.”

Avuga ko ubukwe bwe butatunguranye nk’uko byakunze kuvugwa, ati “Ntabwo ubukwe bwanjye bwatunguranye. Bwarateguwe, kandi ubukwe bwanjye bwateguwe n’umuryango n’inshuti […] umuhango wose ukorerwa umukobwa cyangwa umusore, warabaye, kandi uba hajemo abantu.”

Abajijwe igihe yamaze akundana na Annette Murava, Gafaranga yavuze ko ibyo ari ubuzima bwite, ariko ko mbere y’uko bakundana hari n’abandi yari yabanje kugerageza, bityo ko ntaho ahuriye n’isenyuka ry’urugo rwe rwa mbere nk’uko hari ababivuze.

Ati “Mbere y’uko nkunda Annette Murava, hari abandi bakobwa naterese mbere benshi kandi na bo nifuzaga ko twabana.”

Gafaranga avuga ko ari na we wanateye intambwe akegera Annette Murava kugira ngo binjirane mu rukundo rwaje no kuvamo urwo kubana.

Bishop Gafaranga yongeye kugaragara mu biganiro nyuma y’amezi atanu
Annette Murava bashyingiranywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 14 =

Previous Post

Abarimu bane batawe muri yombi bakekwaho gufasha umunyeshuri igikorwa kigize icyaha

Next Post

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Related Posts

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

IZIHERUKA

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video
IBYAMAMARE

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.