Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

radiotv10by radiotv10
29/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w’Igisirikare cy’iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe na Perezida Felix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, nyuma yo gutangaza amagambo yuzuye ingengabitekerezo.

Ni amakuru yaramutse avugwa n’Ibitangazamakuru binyuranye byo muri DRC mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ukuboza, nyuma y’iminsi ibiri gusa uyu Mujenerali wavugiraga FARDC avuze ko ngo “gushaka umugore w’Umututsikazi muri iki gihe, bisaba kwitonda.”

Itangazamakuru ryo muri Congo, rivuga ko “Major General Sylvain Ekenge, umuvugizi wa FARDC (Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo), yahagaritswe n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo.”

Itangazamakuru rivuga ko iki cyemezo kije nyuma y’amagambo yatangajwe ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, aho uyu Mujenerani atangarije kuri Radio na Televiziyo by’Igihugu (RTNC) ariya magambo.

Ibiro Ntaramakuru byo muri Congo ACP.Cd bivuga ko “Umuvugizi w’Ingabo yahagaritswe kubera amagambo agamije kuvangura ubwoko bw’Abatutsi.”

Umwe mu basirikare bakuru muri FARDC, mu masaha yo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yemereye ACP ko Maj Gen Sylvain Ekenge yahagaritswe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo.

Ariya magambo yatangajwe na Maj Gen Sylvain Ekenge, yari yamaganiwe kure n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, wavuze ko uyu Mujenerali yagaruye amategeko 10 y’Abahutu ari mu bikoresho byifashishijwe n’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Minisitiri Ndungirehe yari yavuze ko ibintu nk’ibi bidakwiye mu gihe nk’iki abantu bari kwizihiza iminsi mikuru irimo na Noheli, ubundi yagombye kuba igihe cyo kubiba amahoro n’urukundo, ariko uriya musirikare akaba yagikoresheje abiba urwango.

Ariya magambo kandi yamaganywe na Maxime Prevot, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi buzi amateka yaranze aka karere dore ko bwakoronije Congo, aho yavuze ko yababajwe cyane na biriya byatangajwe na Maj Gen Ekenge .

Maxime Prevot yagize ati “Ibi ntibikwiye na gato gukorwa n’uhagarariye inzego. Mbyamaganye nivuye inyuma, imvugo zose zibiba urwango zikwiye kwamaganirwa kure.”

Guverineri Wungirije wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy na we yamaganye iriya mvugo, avuga ko bidakwiye kuba umuntu nk’uriya uri mu mwanya nk’uwe, asaba Abanyekongo kudashakana n’Abatutsi, avuga ko ari ibintu bishobora kugira ingaruka zikomeye cyane.

Lawrence Kanyuka, Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 ryashinzwe rigamije kurwanya akarengane n’ivangura bikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, na we yamaganye iriya mvugo, avuga ko ishimangira umugambi w’ubutegetsi bwa Congo wo kuva cyera ugamije gukorera Jenoside Abanyekongo bo muri buriya bwoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Next Post

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.