Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Guverinoma yamaganye ubutumwa bwitiriwe Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
1
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo

Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yamaganye imvugo yitiriwe Perezida Paul Kagame ivuga ko yavuze ko igihe cyose u Burayi na America bagenzura ifaranga ry’Umugabane wa Afurika, bazanakomeza kugenzura ubukungu bwawo, bityo ko ukwiye guhagarika ikoreshwa ry’Amadolari n’Ama-Euro.

Ni nyuma y’uko konti yo ku rubuga nkoranyambaga wa X yitwa Zoom Afrika itangaje ubutumwa ivuga ko bwavuzwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Uru rubuga rusanzwe rutambutsa ubutumwa bwo kuzirikana (Quotes) bwavuzwe na bamwe mu bafite amazina akomeye ku Isi, rwagaragaje ubwo ruvuga ko bwavuzwe n’Umukuru w’u Rwanda.

Ubu butumwa uru rubuga rwitiriye Perezida Kagame, bugira buti “Igihe cyose u Burayi na America bagenzura amafaranga yacu, bazanakomeza kugenzura ubukungu bwacu: Dukeneye ko tugira ifaranga rihuriweho rizakomeza gusigasira ubutunzi bwacu aho gukomeza gukoresha amadolari n’ama-Euro.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko ibi byitiriwe ko byavuzwe n’Umukuru w’Igihugu, atari byo, ahubwo ko ari ibyamwitiriwe.

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo yagize ati “Iyi ni imvugo y’incurano. Perezida Kagame ntiyigeze abivuga.”

Bimwe mu Bihugu bivuga ko byatangiye urugendo rwo kwigobotora gukoresha amadolari mu bucuruzi mpuzamahanga, aho hanashinzwe umuryango wa BRICS uhuriyemo Ibihugu nka Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa, Afurika y’Epfo, na Zimbabwe; ugamije kuzakuraho gukoresha ifaranga ry’idolari ahubwo ugashyiraho ifaranga uhuriweho.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yavuze ko Igihugu gishobora gufata umwanzuro nk’uyu kibanje kureba abafatanyabikorwa barwo.

Icyo gihe yagize ati “Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Abo bose baracyakoresha idorali.”

Yakomeje avuga ko “Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga. Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibiguhu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo, ariko haracyari urugendo rurerure, bityo rero navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. HABYARIMANA Noel says:
    2 years ago

    Ndashima ko byibuza dufite abayobozi bacanye kumaso

    Reply

Leave a Reply to HABYARIMANA Noel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

Uko abasirikare ba FARDC babyitwayemo ubwo babonaga M23 ije gufata umupaka bari barinze

Next Post

Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

by radiotv10
11/05/2026
0

Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye imyitozi izwi nka ‘USHIRIKIANO IMARA’ yitabiriwe n’Ibihugu bitanu byo muri EAC, birimo...

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Kampala muri Uganda, aho azahagararira Perezida Paul Kagame mu ibirori by’irahira rya Perezida...

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

by radiotv10
11/05/2026
0

Umunyamategeko Me Thierry Kevin Gatete uzwi mu busesenguzi, wari umaze iminsi afunze akekwaho kwambura umuntu ibihumbi 800 Frw, aravuga ko...

IZIHERUKA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka
AMAHANGA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

by radiotv10
11/05/2026
0

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

11/05/2026
Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

11/05/2026
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

11/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.