Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Viltal Kamerhe yasuye Perezida Félix Tshisekedi wari umaze iminsi yivuriza mu Bubiligi, avuga uko yasanze amerewe, n’ibyo baganiriye birimo ibyerecyeye imirwano iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Viltal Kamerhe yasuye Perezida Tshisekedi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kanama 2024, nyuma y’uko uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo yari amaze iminsi ibarirwa mu icumi yivuriza mu Bubiligi.

Uyu Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, nyuma yo kuva gusura Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko yasanze “amerewe neza.”

Mu biganiro Viltal Kamerhe yagiranye na Tshisekedi, ngo banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeranya ko hagomba kubaho ubugenzuzi buhoraho mu bice birimo kuberamo imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Aya magenzura agiye gukorwa, ngo biri mu nshingano z’Inteko Ishinga Amategeko, isanzwe ifite mu nshingano kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’Imari y’Igihugu mu rwego rw’Umutekano ndetse no mu zindi nzego.

Vital Kamerhe kandi yavuze ko Perezida Tshisekedi yanagarutse ku nshingano z’Inkiko, asaba ko zikomeza gukora neza zikirinda gukora amakosa nk’ayo zakunze gukora ku buryo “hatazongera kubaho nk’ibyabaye mbere.”

Nanone kandi yatangaje ko Tshisekedi yifuza ko habaho gukorera mu mucyo mu gukoresha neza ingengo y’imari yashyizwe mu ntambara igisirikare cy’Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Tshisekedi kandi ngo yavuze ko afite ubushake bwo kuba mu burasirazuba bw’Igihugu cye hagaruka amahoro, mu gihe igisirikare cye gikomeje kurenga ku myanzuro yagiye ifatwa igamije kugera ku muti w’ibi bibazo.

Ubwo yari mu Bubiligi, mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru, Perezida Tshisekedi yavuze ko adateze na rimwe kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 igihe cyose azaba akiri Umukuru w’Igihugu, mu gihe uyu mutwe na wo warahiye ko igihe cyose hataraba ibiganiro ngo hakemurwe ibibazo ugaragaza, udateze kuzaterera agati mu ryinyo cyangwa ngo umanike amaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + seven =

Previous Post

Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)

Next Post

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Ibyo umukinnyi w'umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.