Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Viltal Kamerhe yasuye Perezida Félix Tshisekedi wari umaze iminsi yivuriza mu Bubiligi, avuga uko yasanze amerewe, n’ibyo baganiriye birimo ibyerecyeye imirwano iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Viltal Kamerhe yasuye Perezida Tshisekedi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kanama 2024, nyuma y’uko uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo yari amaze iminsi ibarirwa mu icumi yivuriza mu Bubiligi.

Uyu Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, nyuma yo kuva gusura Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko yasanze “amerewe neza.”

Mu biganiro Viltal Kamerhe yagiranye na Tshisekedi, ngo banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeranya ko hagomba kubaho ubugenzuzi buhoraho mu bice birimo kuberamo imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Aya magenzura agiye gukorwa, ngo biri mu nshingano z’Inteko Ishinga Amategeko, isanzwe ifite mu nshingano kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’Imari y’Igihugu mu rwego rw’Umutekano ndetse no mu zindi nzego.

Vital Kamerhe kandi yavuze ko Perezida Tshisekedi yanagarutse ku nshingano z’Inkiko, asaba ko zikomeza gukora neza zikirinda gukora amakosa nk’ayo zakunze gukora ku buryo “hatazongera kubaho nk’ibyabaye mbere.”

Nanone kandi yatangaje ko Tshisekedi yifuza ko habaho gukorera mu mucyo mu gukoresha neza ingengo y’imari yashyizwe mu ntambara igisirikare cy’Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Tshisekedi kandi ngo yavuze ko afite ubushake bwo kuba mu burasirazuba bw’Igihugu cye hagaruka amahoro, mu gihe igisirikare cye gikomeje kurenga ku myanzuro yagiye ifatwa igamije kugera ku muti w’ibi bibazo.

Ubwo yari mu Bubiligi, mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru, Perezida Tshisekedi yavuze ko adateze na rimwe kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 igihe cyose azaba akiri Umukuru w’Igihugu, mu gihe uyu mutwe na wo warahiye ko igihe cyose hataraba ibiganiro ngo hakemurwe ibibazo ugaragaza, udateze kuzaterera agati mu ryinyo cyangwa ngo umanike amaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 10 =

Previous Post

Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)

Next Post

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Ibyo umukinnyi w'umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.