Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Viltal Kamerhe yasuye Perezida Félix Tshisekedi wari umaze iminsi yivuriza mu Bubiligi, avuga uko yasanze amerewe, n’ibyo baganiriye birimo ibyerecyeye imirwano iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Viltal Kamerhe yasuye Perezida Tshisekedi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kanama 2024, nyuma y’uko uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo yari amaze iminsi ibarirwa mu icumi yivuriza mu Bubiligi.

Uyu Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, nyuma yo kuva gusura Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko yasanze “amerewe neza.”

Mu biganiro Viltal Kamerhe yagiranye na Tshisekedi, ngo banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeranya ko hagomba kubaho ubugenzuzi buhoraho mu bice birimo kuberamo imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Aya magenzura agiye gukorwa, ngo biri mu nshingano z’Inteko Ishinga Amategeko, isanzwe ifite mu nshingano kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’Imari y’Igihugu mu rwego rw’Umutekano ndetse no mu zindi nzego.

Vital Kamerhe kandi yavuze ko Perezida Tshisekedi yanagarutse ku nshingano z’Inkiko, asaba ko zikomeza gukora neza zikirinda gukora amakosa nk’ayo zakunze gukora ku buryo “hatazongera kubaho nk’ibyabaye mbere.”

Nanone kandi yatangaje ko Tshisekedi yifuza ko habaho gukorera mu mucyo mu gukoresha neza ingengo y’imari yashyizwe mu ntambara igisirikare cy’Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Tshisekedi kandi ngo yavuze ko afite ubushake bwo kuba mu burasirazuba bw’Igihugu cye hagaruka amahoro, mu gihe igisirikare cye gikomeje kurenga ku myanzuro yagiye ifatwa igamije kugera ku muti w’ibi bibazo.

Ubwo yari mu Bubiligi, mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru, Perezida Tshisekedi yavuze ko adateze na rimwe kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 igihe cyose azaba akiri Umukuru w’Igihugu, mu gihe uyu mutwe na wo warahiye ko igihe cyose hataraba ibiganiro ngo hakemurwe ibibazo ugaragaza, udateze kuzaterera agati mu ryinyo cyangwa ngo umanike amaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)

Next Post

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Ibyo umukinnyi w'umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.