• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Viltal Kamerhe yasuye Perezida Félix Tshisekedi wari umaze iminsi yivuriza mu Bubiligi, avuga uko yasanze amerewe, n’ibyo baganiriye birimo ibyerecyeye imirwano iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Viltal Kamerhe yasuye Perezida Tshisekedi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kanama 2024, nyuma y’uko uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo yari amaze iminsi ibarirwa mu icumi yivuriza mu Bubiligi.

Uyu Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, nyuma yo kuva gusura Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko yasanze “amerewe neza.”

Mu biganiro Viltal Kamerhe yagiranye na Tshisekedi, ngo banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeranya ko hagomba kubaho ubugenzuzi buhoraho mu bice birimo kuberamo imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Aya magenzura agiye gukorwa, ngo biri mu nshingano z’Inteko Ishinga Amategeko, isanzwe ifite mu nshingano kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’Imari y’Igihugu mu rwego rw’Umutekano ndetse no mu zindi nzego.

Vital Kamerhe kandi yavuze ko Perezida Tshisekedi yanagarutse ku nshingano z’Inkiko, asaba ko zikomeza gukora neza zikirinda gukora amakosa nk’ayo zakunze gukora ku buryo “hatazongera kubaho nk’ibyabaye mbere.”

Nanone kandi yatangaje ko Tshisekedi yifuza ko habaho gukorera mu mucyo mu gukoresha neza ingengo y’imari yashyizwe mu ntambara igisirikare cy’Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Tshisekedi kandi ngo yavuze ko afite ubushake bwo kuba mu burasirazuba bw’Igihugu cye hagaruka amahoro, mu gihe igisirikare cye gikomeje kurenga ku myanzuro yagiye ifatwa igamije kugera ku muti w’ibi bibazo.

Ubwo yari mu Bubiligi, mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru, Perezida Tshisekedi yavuze ko adateze na rimwe kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 igihe cyose azaba akiri Umukuru w’Igihugu, mu gihe uyu mutwe na wo warahiye ko igihe cyose hataraba ibiganiro ngo hakemurwe ibibazo ugaragaza, udateze kuzaterera agati mu ryinyo cyangwa ngo umanike amaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)

Next Post

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Ibyo umukinnyi w'umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.