Friday, June 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
27/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bashinje Umunyamabanga Nshingwabikorwa wabo kubafungira mu biro by’Akagari, uyu muyobozi yatawe muri yombi.

Banyangiriki Alphonse usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, yari amaze iminsi atungwa agatoki n’abaturage ko abafungira mu Biro by’Akagari kandi nta mpamvu ifatika ituma abafunga.

Umwe mu batunga agatoki uyu muyobozi, ni uvuga ko yatemye igiti kikagwa mu bwatsi bw’amatungo bw’urubingo, agahita amufungira mu biro by’Akagari.

Mu minsi ishize kandi bamwe mu baturage babwiye RADIOTV10 ko uyu muyobozi w’Akagari ka Kizura abafungira aha hantu hatemewe, ndetse ko hari abashobora kumaramo icyumweru.

Aba baturage bavugaga ko n’iyo agiye kubarekura, bagomba kubanza kwishyura amafaranga agahabwa uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari kandi ntagire ahantu yandikwa.

Ubuyobozi bw’Akarere bwo bwavugaga ko ibivugwa n’aba baturage, biramutse ari ukuri byaba ari urugomo rukorerwa abaturage bityo ko bigiye gukurikiranwa.

Amakuru ahari ubu, yemeza ko Banyangiriki yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe kuri ibi avugwaho n’abaturage binyuranyije n’amategeko.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, nyuma yo gutabwa muri yombi, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Muganza y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Ifungwa ry’uyu Muyobozi, ryanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, wavuze ko ubu ari mu maboko y’Ubugenzacyaha kuko hari ibyo agomba gusobanura.

Abaturage bari babwiye RADIOTV10 ko babangamiwe n’ibyo bakorerwa na Gitifu wabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Next Post

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Related Posts

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

by radiotv10
27/06/2025
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, akurikiranyweho guhoza umwana ku nkeke nyuma yo gukubita...

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

by radiotv10
27/06/2025
0

After a diplomatic dispute flared up between Belgium and Rwanda, Rwandans who want to visit Sweden can no longer apply...

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

by radiotv10
27/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ko mu masezerano asinywa n’u Rwanda na DRC harimo ko...

Eng.-Minister Nduhungire issues clarification on misleading article about Peace Agreement

Eng.-Minister Nduhungire issues clarification on misleading article about Peace Agreement

by radiotv10
27/06/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Ambassador Olivier Nduhungirehe, has dismissed recent claims published by Africa Intelligence regarding...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
26/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko inyandiko izashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatanu, ari amasezerano y’amahoro hagati...

IZIHERUKA

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw
MU RWANDA

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

by radiotv10
27/06/2025
0

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

27/06/2025
Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

27/06/2025
Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

27/06/2025
Eng.-Minister Nduhungire issues clarification on misleading article about Peace Agreement

Eng.-Minister Nduhungire issues clarification on misleading article about Peace Agreement

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye 'academy' igira icyo isaba abatangiranye na yo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.