Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Yavuze ko Igipolisi cyabo gikeneye ubufasha bwa polisi y'u Rwanda

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Somalia, Maj General Abdi Hassan Mohamed uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’icyumweru, yavuze ko igipolisi cyabo gikeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda kugira ngo gikomeze kurushaho gushyira mu bikorwa inshingano zacyo.

Maj General Abdi Hassan Mohamed yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 ubwo we n’itsinda ayoboye bakirwaga n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza.

Yavuze ko nyuma yuko Igihugu cyabo kivuye mu rugamba rukomeye rw’ibikorwa by’iterabwoba, Polisi y’iki Gihugu iri gutanga serivisi zo kurinda abaturage n’ibyabo mu Gihugu hose.

Yavuze ko nubwo iki Gihugu gikomeje guhura n’ibikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Al-Shabaab ariko igipolisi cyacyo, kigenda kirushaho gukora neza kibikesha ubufasha gihabwa n’Ibihugu binyuranye.

Ati “Mu izina rya guverinoma ya Somalia, nka Polisi yacu twishimira ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda mu guteza imbere umutekano, kubaka amahoro ndetse no kubahiriza amategeko binyuze mu mahugurwa ahabwa ba ofisiye bakuru mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) mu gihe cy’imyaka 10 ishize.”

Yakomeje agira ati “Polisi ya Somalia ikeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda kugira ngo yuzuze ishingano ndetse no mu iyubahirizwa ry’amategeko muri Polisi Somalia, Bityo bigatuma habaho ituze no kurinda igihugu bizira ubwoba, igihunga, ihohoterwa cyangwa ibindi byose binyuranyije n’amategeko.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yavuze ko uru ruzinduko, ari umwanya mwiza ku mpande zombi, wo kurushaho kunoza imikoranire n’ubufatanye, bakarushaho kurebera hamwe izindi nzego bafatanyamo zirimo nko guhanagana amakuru hagamijwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba.

Ati “Polisi y’u Rwanda ifite ubushake mu bufatanye na Polisi ya Somalia ku bw’umutekano n’ituze ry’ibihugu byacu.”

Maj General Abdi Hassan Mohamed yakiriwe n’akarasisi k’abapolisi

IGP Dan Munyuza yamwakiriye mu biro bye

IGP Dan Munyuza yamushimiye umuhate bakomeje kugaragaza mu bufatanye bw’Igipolisi ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

Next Post

Ntibyantunguye ariko ni inkuru mbi-B.Ntaganda avuga ku kuba P.Kagame yaziyamamaza mu myaka 20

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibyantunguye ariko ni inkuru mbi-B.Ntaganda avuga ku kuba P.Kagame yaziyamamaza mu myaka 20

Ntibyantunguye ariko ni inkuru mbi-B.Ntaganda avuga ku kuba P.Kagame yaziyamamaza mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.