Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye inama iki Gihugu ko gikwiye gushyiraho ibiganiro by’imbere mu Gihugu, kugira ngo bize byuzuza izindi mbaraga ziri gukoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo.

Maxime Prévot yabitanje mu ruzinduko yagiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, nyuma yo kugenderera Ibihugu nk’u Burundi na Uganda.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bubiligu, yakiriwe na Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo byagarutse ku nama yagiriye iki Gihugu yasuye zatuma kiva mu bibazo kirimo.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo kuganira na Tshisekedi, Maxime Prévot yavuze ubutumwa yageneye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ubutumwa bukomeye nabwo nageneye abayobozi ba Congo kuko twemeranya ko ikintu cy’ibanze cyihutirwa ari ugushaka umuti w’amakimbirane y’imitwe yitwaje intwaro byaba binyuze mu bushake bw’akarere na mpuzamahanga, twemeza ko hanakoreshwa n’inzira y’ibiganiro byo ku rwego rw’Igihugu, byatanga amahoro ku mipaka ya DRC.”

Maxime Prévot avuga ko ibiganiro by’imbere mu Gihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byaza ari inyongeragaciro ku zindi nzira zo gushaka amahoro ziri gukorwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot yanasabye Perezida Félix Tshisekedi, guha agaciro ubushake bwagaragajwe n’imiryango ishingiye ku myemerere irimo Inama y’Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika (CENCO) ndetse n’Inama Nkuru y’Abo mu Itorero ry’Abaporotesitanti (ECC).

Ati “Nanone hari ubushake bwo guha imbaraga ibiganiro by’imbere mu Gihugu bishobora kuzana izindi mbaraga mu gukemura amakimbirane, birumvikana amahoro azava mu gushyira hamwe kw’Abanyekongo bose.”

Yavuze kandi ko ubutegetsi bwa Congo bukwiye kumva ibitekerezo n’inama by’Abepisikopi kandi bikitwabwaho bagahabwa umwanya na Perezida w’iki Gihugu akumva ibitekerezo byabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

29/01- 29/04: Nyuma y’amezi atatu yuzuye hatambutse Abacancuro, Ingabo za SADC nazo zanyuze mu Rwanda

Next Post

Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.