Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye inama iki Gihugu ko gikwiye gushyiraho ibiganiro by’imbere mu Gihugu, kugira ngo bize byuzuza izindi mbaraga ziri gukoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo.

Maxime Prévot yabitanje mu ruzinduko yagiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, nyuma yo kugenderera Ibihugu nk’u Burundi na Uganda.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bubiligu, yakiriwe na Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo byagarutse ku nama yagiriye iki Gihugu yasuye zatuma kiva mu bibazo kirimo.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo kuganira na Tshisekedi, Maxime Prévot yavuze ubutumwa yageneye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ubutumwa bukomeye nabwo nageneye abayobozi ba Congo kuko twemeranya ko ikintu cy’ibanze cyihutirwa ari ugushaka umuti w’amakimbirane y’imitwe yitwaje intwaro byaba binyuze mu bushake bw’akarere na mpuzamahanga, twemeza ko hanakoreshwa n’inzira y’ibiganiro byo ku rwego rw’Igihugu, byatanga amahoro ku mipaka ya DRC.”

Maxime Prévot avuga ko ibiganiro by’imbere mu Gihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byaza ari inyongeragaciro ku zindi nzira zo gushaka amahoro ziri gukorwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot yanasabye Perezida Félix Tshisekedi, guha agaciro ubushake bwagaragajwe n’imiryango ishingiye ku myemerere irimo Inama y’Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika (CENCO) ndetse n’Inama Nkuru y’Abo mu Itorero ry’Abaporotesitanti (ECC).

Ati “Nanone hari ubushake bwo guha imbaraga ibiganiro by’imbere mu Gihugu bishobora kuzana izindi mbaraga mu gukemura amakimbirane, birumvikana amahoro azava mu gushyira hamwe kw’Abanyekongo bose.”

Yavuze kandi ko ubutegetsi bwa Congo bukwiye kumva ibitekerezo n’inama by’Abepisikopi kandi bikitwabwaho bagahabwa umwanya na Perezida w’iki Gihugu akumva ibitekerezo byabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

29/01- 29/04: Nyuma y’amezi atatu yuzuye hatambutse Abacancuro, Ingabo za SADC nazo zanyuze mu Rwanda

Next Post

Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.