Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa uherutse kugaragara ku muhanda mu Mujyi wa Kigali ari gusubiramo amasomo anashakisha imibereho acuruza imbuto ku gataro bigakora benshi ku mutima, yatangiye kubona abagiraneza bamufasha aho ubu yabonye ishuri ryiza rigezweho ryamwemereye kuzaryigamo ku buntu.

RADIOTV10 yanditse bwa mbere inkuru y’uyu mwana w’umukobwa witwa Amina Uwikuzo wo mu muryango utuye mu Mudugudu wa Bwiza, Akagari ka Rwampara, Umurenge Kigarama mu Karere ka Kicukiro, yari yaganiriye na Tito Harerimana wafashe aya mashusho.

Uyu Tito Harerimana yari yabwiye RADIOTV10 ko ubwo yariho agenda mu bice bya Gikondo hafi y’ahazwi nka sansinike, ari bwo yabonye uyu mwana w’umukobwa yicaye ku muhanda asubiramo amasomo ari no gucuruza imbuto ku gataro, bikamukora ku mutima, agashakisha aho ataha agashyirwa ahamenye.

Uyu musore wanashyize aya mashusho kuri Twitter, yavugaga ko kubera ishyaka yabonanye uyu mwana w’umukobwa, yumvise hari icyo yakora agahitamo gusangiza abantu aya mashusho kugira ngo niba hari umugiraneza wamufasha, abikore.

Ni na ko byaje kugenda kuko hari benshi babonye ariya mashusho bagahamagara uyu musore bamubaza uburyo bagera kuri uyu mwana w’umukobwa kugira ngo bamufashe.

Tito Harerimana wanatangije uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gukusanya inkunga yo gufasha uyu mwana, uyu munsi yabwiye RADIOTV10 ko Imana yatangiye kumva amasengesho ye kuko uyu Uwikuzo Amina yabonye ishuri ryiza agomba kwigamo ryamwemereye nta kiguzi.

Ni ishuri rya Rwamagana Leaders School, ryemereye uyu mwana kuza kuryigamo nyuma yo kubona amashusho ye ndetse n’inkuru zamukozweho.

Tito Harerimana yagize ati “Abayobozi b’iri shuri babonye Amina [umwana ukunda kwiga ubikora acuruza agataro] bumva bashatse kugira icyo bamufasha mu myigire ye. Bavuga ko bifuza kumuha scholarship yo kwiga muri kiriya kigo akigira ubuntu guhera mu wa kane kugera mu wa gatandatu.”

Uyu mwana uretse kuzasonerwa amafaranga y’ishuri, iri shuri rizajya rinamuha ibikoresho byose byaba iby’ishuri, imyenda y’ishuri ndetse n’ibikoresho by’ishuri n’iby’isuku.

Amina uzatangira kwiga muri iri shuri risanzwe riri mu bigo bikomeye mu Rwanda mu mwaka w’amashuri utaha uzatangira muri Nzeri, azahitamo ishami azigamo muri atanu asanzwe ahaba.

Iri shuri risanzwe rinatsindisha ku kigero cyo hejuru, abaryigamo bishyura ibihumbi 350 Frw ku gihembwe, kikaba kigezweho aho gifite ibikoresho bihagije bifasha abanyeshuri bahiga.

Tito Harerimana uvuga ko yishimiye kuba uyu mwana yabonye iri shuri ryiza, yagize ati “Mu by’ukuri rigiye kumufasha kwiga neza, yajyaga yiga agataha akajya gucuruza, akajya mu turimo two mu rugo byabaga bigoye ariko aha agiye kwiga atazahura n’ibindi bimurangaza.”

Uwikuzo Amina wakoze benshi ku mutima, asanzwe akomoka mu muryango w’abana batandatu utifashije kuko umubyeyi wabo umwe [Nyina] asanzwe akora akazi ko mu rugo akaba ari na we wajyaga uha igishoro umwana we kugira ngo ajye gucuruza imbuto bityo babone ibibatunga.

Amina avuga ko aya mahirwe yabonye adashobora kuyapfusha ubusa kuko uburyo yigagamo abuzi bityo ko kuba abonye aya mahirwe yo kwiga neza, azayabyaza umusaruro.

Yasezeranyije ubuyobozi bw’iri shuri, kutazabatenguha kuko asanzwe akunda kwiga by’umwihariko ko ubu agiye kubikora neza kuko muri iri shuri ntakihabuze cyangwa ngo habe hari icyamurangaza.

Amina yizeje ubuyobozi bw’iri shuri ko atazabatenguha
Tito Harerimana yajyanye n’uyu mwana guhabwa iryo shuro

Yahise atemberezwa mu macumbi agomba kuzabamo

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 1 =

Previous Post

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Next Post

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Macky Sall ku byago byagwiririye Igihugu cye

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Macky Sall ku byago byagwiririye Igihugu cye

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Macky Sall ku byago byagwiririye Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.