Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki ukiri muto, Arielle Kayabaga ufite inkomoko mu Burundi akaba asanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yishimiye kuba itsinda bazanye ryakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakamushimira kuba yarakiriye neza inama ya Women Deliver, ariko kandi we akagira icyo amushimira cy’umwihariko.

Arielle Kayabaga w’imyaka 32 y’amavuko, yavukiye mu Gihugu cy’u Burundi aza kuba impunzi, ubu akaba ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Canada.

Umwaka ushize, yari mu Rwanda, aho yakiriwe n’abayobozi banyuranye, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Donatille Mukabalisa ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi.

Nyuma y’umwaka umwe, Arielle Kayabaga yagarutse mu Rwanda, aho ari mu bitabiriye ibikorwa by’Inama Mpuzamahanga izwi nka ‘Women Deliver’ yiga ku ruhare rw’abagore mu iterambere.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Nyakanga 2023, Arielle Kayabaga yari mu itsinda ry’abayobozi baturutse muri Canada bayobowe na Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga muri Canada, Harjit Sajjan; bakiriwe na Perezida Paul Kagame, mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Arielle Kayabaga yishimiye kuba itsinda arimo ryakiriwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Arielle yagize ati “Intumwa zacu zahuye na Perezida Paul Kagame tumushimira kuba yaratwakiriye, no kuba yarakiriye neza inama ya Women Deliver.”

Uyu munyapolitiki ufite inkomoko muri aka karere, mu Gihugu cy’u Burundi, yavuze ko we afite umwihariko w’icyo yashimiye Perezida Paul Kagame.

Ati “By’umwihariko njye nagize amahitwe yo kumushimira ku kazi k’ubwiyunge yakoze nyuma y’amateka ashaririye yo muri aka karere kacu.”

Muri Kanama umwaka ushize ubwo Arielle Kayabaga yagendereraga u Rwanda, yasuye ibikorwa binyuranye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, ndetse n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside

Icyo gihe Arielle Kayabaga yavuze ko iterambere u Rwanda ruri kugeraho, ari iryo gushimwa na buri wese, kuko nyuma y’imyaka 28 [icyo gihe ni yo yari ishize Jenoside ihagaritswe] ubu ari Igihugu kibera urugero Ibihugu byinshi ku Isi.

Intumwa za Canada zakiriwe na Perezida Kagame zirimo na Arielle Kayabaga

Umwaka ushize ubwo yari mu Rwanda, Arielle yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yanagiye mu Ngoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside
Umwaka ushize ubwo yari mu Rwanda yakiriwe na Minisitiri Biruta
Yanabonanye na Perezida w’Inteko Ishinga Amatageko umutwe w’Abadepite
Icyo gihe yanabonanye n’Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + four =

Previous Post

Igisobanuro gitunguranye cy’umusore ukekwaho gutekera imitwe ababyeyi abizeza ibizakorerwa abana babo

Next Post

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.