Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki ukiri muto, Arielle Kayabaga ufite inkomoko mu Burundi akaba asanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yishimiye kuba itsinda bazanye ryakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakamushimira kuba yarakiriye neza inama ya Women Deliver, ariko kandi we akagira icyo amushimira cy’umwihariko.

Arielle Kayabaga w’imyaka 32 y’amavuko, yavukiye mu Gihugu cy’u Burundi aza kuba impunzi, ubu akaba ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Canada.

Umwaka ushize, yari mu Rwanda, aho yakiriwe n’abayobozi banyuranye, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Donatille Mukabalisa ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi.

Nyuma y’umwaka umwe, Arielle Kayabaga yagarutse mu Rwanda, aho ari mu bitabiriye ibikorwa by’Inama Mpuzamahanga izwi nka ‘Women Deliver’ yiga ku ruhare rw’abagore mu iterambere.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Nyakanga 2023, Arielle Kayabaga yari mu itsinda ry’abayobozi baturutse muri Canada bayobowe na Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga muri Canada, Harjit Sajjan; bakiriwe na Perezida Paul Kagame, mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Arielle Kayabaga yishimiye kuba itsinda arimo ryakiriwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Arielle yagize ati “Intumwa zacu zahuye na Perezida Paul Kagame tumushimira kuba yaratwakiriye, no kuba yarakiriye neza inama ya Women Deliver.”

Uyu munyapolitiki ufite inkomoko muri aka karere, mu Gihugu cy’u Burundi, yavuze ko we afite umwihariko w’icyo yashimiye Perezida Paul Kagame.

Ati “By’umwihariko njye nagize amahitwe yo kumushimira ku kazi k’ubwiyunge yakoze nyuma y’amateka ashaririye yo muri aka karere kacu.”

Muri Kanama umwaka ushize ubwo Arielle Kayabaga yagendereraga u Rwanda, yasuye ibikorwa binyuranye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, ndetse n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside

Icyo gihe Arielle Kayabaga yavuze ko iterambere u Rwanda ruri kugeraho, ari iryo gushimwa na buri wese, kuko nyuma y’imyaka 28 [icyo gihe ni yo yari ishize Jenoside ihagaritswe] ubu ari Igihugu kibera urugero Ibihugu byinshi ku Isi.

Intumwa za Canada zakiriwe na Perezida Kagame zirimo na Arielle Kayabaga

Umwaka ushize ubwo yari mu Rwanda, Arielle yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yanagiye mu Ngoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside
Umwaka ushize ubwo yari mu Rwanda yakiriwe na Minisitiri Biruta
Yanabonanye na Perezida w’Inteko Ishinga Amatageko umutwe w’Abadepite
Icyo gihe yanabonanye n’Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Igisobanuro gitunguranye cy’umusore ukekwaho gutekera imitwe ababyeyi abizeza ibizakorerwa abana babo

Next Post

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
18/11/2025
0

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.