Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwihariko w’icyo Umudepite muri Canada ukomoka i Burundi yabwiye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki ukiri muto, Arielle Kayabaga ufite inkomoko mu Burundi akaba asanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yishimiye kuba itsinda bazanye ryakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakamushimira kuba yarakiriye neza inama ya Women Deliver, ariko kandi we akagira icyo amushimira cy’umwihariko.

Arielle Kayabaga w’imyaka 32 y’amavuko, yavukiye mu Gihugu cy’u Burundi aza kuba impunzi, ubu akaba ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Canada.

Umwaka ushize, yari mu Rwanda, aho yakiriwe n’abayobozi banyuranye, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Donatille Mukabalisa ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi.

Nyuma y’umwaka umwe, Arielle Kayabaga yagarutse mu Rwanda, aho ari mu bitabiriye ibikorwa by’Inama Mpuzamahanga izwi nka ‘Women Deliver’ yiga ku ruhare rw’abagore mu iterambere.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Nyakanga 2023, Arielle Kayabaga yari mu itsinda ry’abayobozi baturutse muri Canada bayobowe na Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga muri Canada, Harjit Sajjan; bakiriwe na Perezida Paul Kagame, mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Arielle Kayabaga yishimiye kuba itsinda arimo ryakiriwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Arielle yagize ati “Intumwa zacu zahuye na Perezida Paul Kagame tumushimira kuba yaratwakiriye, no kuba yarakiriye neza inama ya Women Deliver.”

Uyu munyapolitiki ufite inkomoko muri aka karere, mu Gihugu cy’u Burundi, yavuze ko we afite umwihariko w’icyo yashimiye Perezida Paul Kagame.

Ati “By’umwihariko njye nagize amahitwe yo kumushimira ku kazi k’ubwiyunge yakoze nyuma y’amateka ashaririye yo muri aka karere kacu.”

Muri Kanama umwaka ushize ubwo Arielle Kayabaga yagendereraga u Rwanda, yasuye ibikorwa binyuranye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, ndetse n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside

Icyo gihe Arielle Kayabaga yavuze ko iterambere u Rwanda ruri kugeraho, ari iryo gushimwa na buri wese, kuko nyuma y’imyaka 28 [icyo gihe ni yo yari ishize Jenoside ihagaritswe] ubu ari Igihugu kibera urugero Ibihugu byinshi ku Isi.

Intumwa za Canada zakiriwe na Perezida Kagame zirimo na Arielle Kayabaga

Umwaka ushize ubwo yari mu Rwanda, Arielle yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yanagiye mu Ngoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside
Umwaka ushize ubwo yari mu Rwanda yakiriwe na Minisitiri Biruta
Yanabonanye na Perezida w’Inteko Ishinga Amatageko umutwe w’Abadepite
Icyo gihe yanabonanye n’Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 12 =

Previous Post

Igisobanuro gitunguranye cy’umusore ukekwaho gutekera imitwe ababyeyi abizeza ibizakorerwa abana babo

Next Post

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Related Posts

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Uganda: Ibisubizo by’ibizamini bya DNA biravugwaho kuba intandaro y’amahano yakozwe n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.