Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Habiyaremye Jean Pierre Celestin weguye ku mwanya w'Umudepite

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe Hon Mbonimana Gamariel wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yeguye, hari undi weguye uherutse kugaragara mu mashusho ananiza Abapolisi bari bamufatiye mu makosa.

Uweguye ni Jean Pierre Celestin Habiyaremye uherutse kugaragara mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaramo ari kunaniza Abapolisi.

Ni amashusho yakwirakwiye mu cyumweru gishize aho aba ahamagara umuntu kuri Telefone kugira ngo amusabire Abapolisi bamurekure ngo ajyende nyuma yuko yari yafatiwe mu makosa.

Jean Pierre Celestin Habiyaremye yemeye ko yamaze kugeza ubwegure bwe ku bayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, gusa ahakana ko iyegura rye ridafitanye isano n’ayo mashusho yasakaye mu cyumweru gishize.

Yemeye ko umuntu ugaragara muri ayo mashusho, ari we ariko ko ari ay’umwaka ushize wa muri 2021 muri Werurwe.

Yagize ati “Iyo biza kuba bifitanye isano nari kuba nareguye icyo gihe. Hashize umwaka n’amezi icyenda rero ntibifitanye isano ahubwo neguye ku mpamvu zanjye bwite.”

Jean Pierre Celestin Habiyaremye yeguye nyuma y’icyumweru Mbonimana Gamariel yeguye nyuma yo kuvugwaho ubusinzi.

Uyu Mbonimana Gamariel yeguye nyuma yuko agarutsweho na Perezida Paul Kagame ko yafashwe na Polisi y’u Rwnada ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yasinze bikabije, ariko uru rwego rukaza kumurekura agakomeza akagenda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. TUYISHIME Pacifique says:
    3 years ago

    Police yacu iba iri mukazi pe nabakomeye bage bubahiriza amategeko!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Next Post

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.