Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Undi muntu wagwiriwe n’ikirombe mu Rwanda we ibyamubayeho ni nk’igitangaza

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Undi muntu wagwiriwe n’ikirombe mu Rwanda we ibyamubayeho ni nk’igitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Gakenke, haravugwa umuntu wari wagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro gifite metero zirenga 50 wamazemo umunsi, akaza gukurwamo agihumeka umwuka w’abazima.

Ni nk’igitangaza cyabaye kuri uyu musore w’imyaka 23 wagwiriwe n’ikirombe mu gitonco cya kare ku wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, akaba yakuwemo kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi.

Uyu musore usanzwe akomoka mu Mudugudu wa Ntakabavu mu Kagari ka Mucaca mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, yari yagwiriwe n’iki kirombe cyo mu Murenge wa Ruli muri aka Karere ka Gakenke.

Ubwo yagwirwaga n’iki kirombe kuri uyu wa Gatatu, hatangiye gukorwa ibikorwa byo kumushakisha, akaba yakuwemo uyu munsi ku wa Kane nyuma y’umunsi umwe akiri muzima.

Bivugwa ko ikirombe yari arimo cyaguye yamaze kugera hasi, akabura uburyo avamo, ari na byo byatumye avamo ari muzima.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney yavuze ko uyu musore yari yinjiranye muri iki kirombe n’undi muntu umwe, ariko kikaza kugwa ari umwe wamaze kwinjiramo mu gihe undi yahise asubira inyuma.

Ibikorwa byo gukura uyu musore muri iki kirombe, byakurikiranywe na benshi, barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugendo.

Ibi bibaye nyuma y’ibyumweri bitatu, hari ikindi kirombe cyo mu Rwanda, mu Karere ka Huye mu Murenge wa Kinazi, kigwiriye abantu batandatu ariko bose ntibabashije kuboneka, kugeza ubu.

Ibi byatumye Leta y’u Rwanda ifata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byo gushakisha abantu, byari bimaze hafi ibyumweru bitatu biri gukorwa ariko kugera mu nda y’iki kirombe byarananiranye kubera uburebure bwacyo.

Yakuwemo ari muzima
Abamukuyemo bakoze akazi katoroshye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Next Post

Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.