Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Undi muntu wagwiriwe n’ikirombe mu Rwanda we ibyamubayeho ni nk’igitangaza

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Undi muntu wagwiriwe n’ikirombe mu Rwanda we ibyamubayeho ni nk’igitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Gakenke, haravugwa umuntu wari wagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro gifite metero zirenga 50 wamazemo umunsi, akaza gukurwamo agihumeka umwuka w’abazima.

Ni nk’igitangaza cyabaye kuri uyu musore w’imyaka 23 wagwiriwe n’ikirombe mu gitonco cya kare ku wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, akaba yakuwemo kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi.

Uyu musore usanzwe akomoka mu Mudugudu wa Ntakabavu mu Kagari ka Mucaca mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, yari yagwiriwe n’iki kirombe cyo mu Murenge wa Ruli muri aka Karere ka Gakenke.

Ubwo yagwirwaga n’iki kirombe kuri uyu wa Gatatu, hatangiye gukorwa ibikorwa byo kumushakisha, akaba yakuwemo uyu munsi ku wa Kane nyuma y’umunsi umwe akiri muzima.

Bivugwa ko ikirombe yari arimo cyaguye yamaze kugera hasi, akabura uburyo avamo, ari na byo byatumye avamo ari muzima.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney yavuze ko uyu musore yari yinjiranye muri iki kirombe n’undi muntu umwe, ariko kikaza kugwa ari umwe wamaze kwinjiramo mu gihe undi yahise asubira inyuma.

Ibikorwa byo gukura uyu musore muri iki kirombe, byakurikiranywe na benshi, barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugendo.

Ibi bibaye nyuma y’ibyumweri bitatu, hari ikindi kirombe cyo mu Rwanda, mu Karere ka Huye mu Murenge wa Kinazi, kigwiriye abantu batandatu ariko bose ntibabashije kuboneka, kugeza ubu.

Ibi byatumye Leta y’u Rwanda ifata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byo gushakisha abantu, byari bimaze hafi ibyumweru bitatu biri gukorwa ariko kugera mu nda y’iki kirombe byarananiranye kubera uburebure bwacyo.

Yakuwemo ari muzima
Abamukuyemo bakoze akazi katoroshye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + fourteen =

Previous Post

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Next Post

Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe
MU RWANDA

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Hagaragajwe impamvu ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byamanutse ariko iby’ibiribwa bikaba bigihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.