Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

radiotv10by radiotv10
24/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Muhire Hassan wari umutoza mukuru wa Sunrise FC, nyuma yo kwirukanwa n’iyi kipe, yagaragaje ko icyo azize ari amahirwe macye, kuko iyi kipe yatozaga yagiye itsindwa mu buryo bw’amaherere.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’ikipe ya Sunrise FC bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga, bwatangaje ko bwatandukanye n’umutoza Hassan Muhire aho iyi kipe yavuze ko batandukanye ku bwumvikane bw’impande zombi.

Uku gutandukana kuje nyuma yuko mu mpera z’icyumweru cyashize iyi kipe yari yanyagiwe na Rayon Sports ibitego 3-0, ndetse na mbere yaho gato ikaba yari yatakaje umukino yari yakiriyemo Etincelles aho yatsinzwe igitego 1-0.

Kuva yagera muri Sunrise FC, yakinnye imikino irindwi ya shampiyona aho yatsinze ibiri atsindwa itanu:

  1. Police FC 2-0 Sunrise FC
  2. Sunrise 1-0 Etoile
  3. Musanze FC 2-1 Sunrise FC
  4. Sunrise FC 1-0 Bugesera FC
  5. Mukura 1-0 Sunrise
  6. Sunrise 0-1 Etincelles FC
  7. Rayon Sports 3-0 Sunrise FC

Mu butumwa Muhire Hassan yanyujije kuri X, yagaragaje ko imwe muri iyi mikino yatsinzwe, yayitsindwaga mu minota ya nyuma, ku buryo we azize amahirwe macye.

Yagaragaje ko nk’umukino wa Musanze warangiye Sunrise itsinzwe 2-1, igitego cyatumye atsindwa cyabonetse ku munota wa 87′, naho Mukura 1-0, atsindwa ku munota 89′, ndetse Etincelles 0-1, ku munota wa 93′.

Ati “Iyo amahirwe atari ayawe, uba ugomba kubyemera. Ndagaruka mu gihe cya vuba.”

Muhire Hassan abaye umutoza wa kabiri utandukanye n’ikipe ye nyuma y’umunsi wa 8 wa shampiyona, aje yiyongera kuri Yamen Zelfan watozaga Rayon Sports wirukanywe nyuma y’umunsi wa 4 wa shampiyona.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Next Post

Amagambo yuzuye imbamutima y’umuhanzi Nyarwanda wahishuye ikibazo amaranye umwaka cyamuhinduye isura

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagambo yuzuye imbamutima y’umuhanzi Nyarwanda wahishuye ikibazo amaranye umwaka cyamuhinduye isura

Amagambo yuzuye imbamutima y’umuhanzi Nyarwanda wahishuye ikibazo amaranye umwaka cyamuhinduye isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.