• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macrom yanze ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe Gabriel Attal, afata icyemezo cyo kumugumana nk’ukuriye Guverinoma ye.

Ni nyuma y’uko kuri iki Cyumweru, Gabriel Attal yari yatangaje ko uyu munsi ku wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, atanga ubwegure bwe kuri Perezida Emmanuel Macron.

Ni icyemezo yari yatangaje nyuma y’uko Ihuriro ry’amashyaka ashyikiye irye, ritsindiye imyanya micye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaranda.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Gabriel Attal yari yatangaje ko aniteguye gukomeza inshingano ze mu gihe byaba ari ngombwa.

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramamukuru by’Abongereza, Reuters y’aka kanya, avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, Perezida Emmanuel Macron yanze ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe, afata icyemezo cyo kumugumana nk’ukuriye Guverinoma ye.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Bufaransa, rigira riti “Perezida yasabye Gabriel Attal gukomeza kuba Minisitiri w’Intebe, mu gihe hagikenewe gushyira ku murongo Igihugu.”

Mu isesengura ryakozwe n’umuhanga muri politiki, mu kiganiro yahaye RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yavuze ko bishoboka ko Gabriel Attal yaguma mu nshingano ze, kuko Igihugu kigifite gahunda nyinshi zikeneye umuntu umenyerewe muri Guverinoma.

Uyu musesenguzi avuga kandi ko n’ubundi Gabriel Attal atazaguma mu nshingano, kuko ahubwo hagomba gutegurwa andi matora y’ugomba kumusimbura, kuko nta shyaka ryagize ubwiganze buri hejuru cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

M23&FARDC: Bidateye kabiri nyuma y’uko hatangiye agahenge hatangajwe amakuru mashya

Next Post

Hatangajwe ikizakoreshwa arenga Miliyari 60Frw yasinywe n’u Rwanda n’u Butaliyani

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hatangajwe ikizakoreshwa arenga Miliyari 60Frw yasinywe n’u Rwanda n’u Butaliyani

Hatangajwe ikizakoreshwa arenga Miliyari 60Frw yasinywe n’u Rwanda n’u Butaliyani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.