Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA
0
Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Igabe Egide ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu gushaka akazi, yaburanye ubujurire bwe ku ifunga ry’agateganyo, asaba ko yatanga ingwate ya Miliyoni 150 Frw akarekurwa akajya kwita ku mwana we urembye.

Dr Igabe watawe muri yombi tariki 06 Mutarama 2022, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangazaga ko akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi ya PhD mu gushaka akazi ko kwigisha muri kaminuza.

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rumufatiye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, akajurira, kuri uyu wa Kane tariki 03 Werurwe yaburanye ubujurire bwe.

Ubwo yasobanuraga impamvu z’ubujurire bwe, Dr Igabe yagarutse ku ngwate ya miliyoni 150 Frw yemeye gutanga kugira arekurwe ariko zikangwa.

Dr Igabe uvuga ko hari n’abantu bari bemeye kumwishingira, yavuze ko ibyaha akekwaho bitigeze bigira uwo bigiraho ingaruka bityo ko ntacyari gikwiye gutuma atemererwa gutanga ingwate ariko akarekurwa.

Yagize ati “Nk’uko nakomeje kubisaba no mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, ndasaba ko natanga ingwate y’amafaranga ariko nkarekurwa by’agateganyo nkayashyira kuri Konti ya Leta kuko biri mukimenyetso cy’uko ntashobora gutoroka Ubutabera.”

Yavuze ko afite umwana urwaye, akaba yifuza kurekurwa akajya kumwitaho afatanyije n’umugore we.

Ati “Nimubinkorera muzaba mumpaye ubutabera nyakubahwa mucamanza.”

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga ku byari bimaze gutangazwa na Dr Igabe, buvuga ko ibikorwa byose biregwa uyu mugabo yabikoze yabitekerejeho kuko asanzwe ari umuntu usobanukiwe.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukomeza guha agaciro impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha, rukemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza yahise apfundikira uru rubanza rw’ubujurire, yemeza ko icyemezo kizasomwa tariki 11 Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

“Jolly koko ni Jolie”: Miss Jolly amwenyura yahagurukije amarangamutima ya benshi

Next Post

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by'u Burusiya na Ukraine?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.