Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA
0
Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Igabe Egide ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu gushaka akazi, yaburanye ubujurire bwe ku ifunga ry’agateganyo, asaba ko yatanga ingwate ya Miliyoni 150 Frw akarekurwa akajya kwita ku mwana we urembye.

Dr Igabe watawe muri yombi tariki 06 Mutarama 2022, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangazaga ko akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi ya PhD mu gushaka akazi ko kwigisha muri kaminuza.

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rumufatiye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, akajurira, kuri uyu wa Kane tariki 03 Werurwe yaburanye ubujurire bwe.

Ubwo yasobanuraga impamvu z’ubujurire bwe, Dr Igabe yagarutse ku ngwate ya miliyoni 150 Frw yemeye gutanga kugira arekurwe ariko zikangwa.

Dr Igabe uvuga ko hari n’abantu bari bemeye kumwishingira, yavuze ko ibyaha akekwaho bitigeze bigira uwo bigiraho ingaruka bityo ko ntacyari gikwiye gutuma atemererwa gutanga ingwate ariko akarekurwa.

Yagize ati “Nk’uko nakomeje kubisaba no mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, ndasaba ko natanga ingwate y’amafaranga ariko nkarekurwa by’agateganyo nkayashyira kuri Konti ya Leta kuko biri mukimenyetso cy’uko ntashobora gutoroka Ubutabera.”

Yavuze ko afite umwana urwaye, akaba yifuza kurekurwa akajya kumwitaho afatanyije n’umugore we.

Ati “Nimubinkorera muzaba mumpaye ubutabera nyakubahwa mucamanza.”

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga ku byari bimaze gutangazwa na Dr Igabe, buvuga ko ibikorwa byose biregwa uyu mugabo yabikoze yabitekerejeho kuko asanzwe ari umuntu usobanukiwe.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukomeza guha agaciro impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha, rukemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza yahise apfundikira uru rubanza rw’ubujurire, yemeza ko icyemezo kizasomwa tariki 11 Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

“Jolly koko ni Jolie”: Miss Jolly amwenyura yahagurukije amarangamutima ya benshi

Next Post

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by'u Burusiya na Ukraine?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.