Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA
0
Uregwa gusabisha akazi ‘Diplome’ mpimbano yatakambye asaba gutanga ingwate ya miliyoni 150 akarekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Igabe Egide ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu gushaka akazi, yaburanye ubujurire bwe ku ifunga ry’agateganyo, asaba ko yatanga ingwate ya Miliyoni 150 Frw akarekurwa akajya kwita ku mwana we urembye.

Dr Igabe watawe muri yombi tariki 06 Mutarama 2022, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangazaga ko akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano y’impamyabumenyi ya PhD mu gushaka akazi ko kwigisha muri kaminuza.

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rumufatiye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, akajurira, kuri uyu wa Kane tariki 03 Werurwe yaburanye ubujurire bwe.

Ubwo yasobanuraga impamvu z’ubujurire bwe, Dr Igabe yagarutse ku ngwate ya miliyoni 150 Frw yemeye gutanga kugira arekurwe ariko zikangwa.

Dr Igabe uvuga ko hari n’abantu bari bemeye kumwishingira, yavuze ko ibyaha akekwaho bitigeze bigira uwo bigiraho ingaruka bityo ko ntacyari gikwiye gutuma atemererwa gutanga ingwate ariko akarekurwa.

Yagize ati “Nk’uko nakomeje kubisaba no mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, ndasaba ko natanga ingwate y’amafaranga ariko nkarekurwa by’agateganyo nkayashyira kuri Konti ya Leta kuko biri mukimenyetso cy’uko ntashobora gutoroka Ubutabera.”

Yavuze ko afite umwana urwaye, akaba yifuza kurekurwa akajya kumwitaho afatanyije n’umugore we.

Ati “Nimubinkorera muzaba mumpaye ubutabera nyakubahwa mucamanza.”

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga ku byari bimaze gutangazwa na Dr Igabe, buvuga ko ibikorwa byose biregwa uyu mugabo yabikoze yabitekerejeho kuko asanzwe ari umuntu usobanukiwe.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukomeza guha agaciro impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha, rukemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza yahise apfundikira uru rubanza rw’ubujurire, yemeza ko icyemezo kizasomwa tariki 11 Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

“Jolly koko ni Jolie”: Miss Jolly amwenyura yahagurukije amarangamutima ya benshi

Next Post

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by’u Burusiya na Ukraine?

Kuki Abaperezi bo muri Africa bicecekeye ku by'u Burusiya na Ukraine?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.