Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uri kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, ukurikiranyweho kwica umugore we wari utwite, ubwo yaburanishwaga mu ruhame, yiyemereye ko yakoze iki cyaha kuko umugore we yahoraga amwaka amafaranga yo guhahisha.

Uyu mugabo witwa Rusumbabahizi Ezechias, akekwaho kwica umugore we tariki 23 Werurwe 2023 ubwo bagiranaga amakimbirane, aho akekwaho kumwica amunigishihe inzitiramibu.

Mu rubanza rwabereye mu ruhame kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kamena ahabereye icyaha gikekwa kuri uyu mugabo, yemereye Urukiko ko yishe umugore we.

Agaruka ku mikorere y’iki cyaha, Rusumbabahizi yavuze ko kuri iriya tariki ya 23 Werurwe yahaye umugore we nyakwigendera Nyiramporayonzi Domitille, ibihumbi bitandatu yo guhahisha, ariko ntanyurwe.

Ubwo umugore we atanyurwaga ngo yahise amukingirana mu nzu, ajya gutabaza abaturanyi, baje bakamukingurira.

Yagize ati “Baraje barankingurira nongera kumuha ibihumbi bitandatu (6000 Frw) kugira ngo ahahe byinshi birimo n’inyama.”

Rusumbabahizi yavuze ko icyo gihe yahise ajya mu kazi, ariko aho atahiye asanga umugore we atatetse nubwo yari yamusigiye amafaraganga yo guhaha, ari na bwo yamunigishaga inzitiramibu, agahita yishyikiriza inzego z’ubutabera.

Yemereye Urukiko ko yishe umugore we, icyakora ko abisabira imbabazi, akarusaba guca inkoni izamba.

Urukiko rwabajije uregwa impamvu yishe umugore we, avuga ko yahoraga amwaka amafaranga menshi yo guhahira urugo.

Ubushinjacyaha bwasobanuye imikorere y’iki cyaha, bwavuze ko izi mbabazi zasabwe n’uregwa ari urwiyerurutso kuko yishe nyakwigendera yabigambiriye, ndese ko yari amaze no kumukoresha imibonano mpuzabitsina, kuko basanze yambaye ubusa.

Ubushinjacyaha kandi bwagarutse ku buhamya bw’abatangabuhamya, bwasabye Urukiko kuzahamya icyaha uregwa, rukamukatira gufungwa burundu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rwahise rupfundikira uru rubanza, rwanzura ko ruzarusoma mu cyumweru gitaha tariki 09 Kamena 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Joe says:
    2 years ago

    Jk

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

Mu mafoto: Icyahise gikurikira impinduka zikomeye mu buyobozi bwo hejuru muri RDF

Next Post

Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.