Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uri kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, ukurikiranyweho kwica umugore we wari utwite, ubwo yaburanishwaga mu ruhame, yiyemereye ko yakoze iki cyaha kuko umugore we yahoraga amwaka amafaranga yo guhahisha.

Uyu mugabo witwa Rusumbabahizi Ezechias, akekwaho kwica umugore we tariki 23 Werurwe 2023 ubwo bagiranaga amakimbirane, aho akekwaho kumwica amunigishihe inzitiramibu.

Mu rubanza rwabereye mu ruhame kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kamena ahabereye icyaha gikekwa kuri uyu mugabo, yemereye Urukiko ko yishe umugore we.

Agaruka ku mikorere y’iki cyaha, Rusumbabahizi yavuze ko kuri iriya tariki ya 23 Werurwe yahaye umugore we nyakwigendera Nyiramporayonzi Domitille, ibihumbi bitandatu yo guhahisha, ariko ntanyurwe.

Ubwo umugore we atanyurwaga ngo yahise amukingirana mu nzu, ajya gutabaza abaturanyi, baje bakamukingurira.

Yagize ati “Baraje barankingurira nongera kumuha ibihumbi bitandatu (6000 Frw) kugira ngo ahahe byinshi birimo n’inyama.”

Rusumbabahizi yavuze ko icyo gihe yahise ajya mu kazi, ariko aho atahiye asanga umugore we atatetse nubwo yari yamusigiye amafaraganga yo guhaha, ari na bwo yamunigishaga inzitiramibu, agahita yishyikiriza inzego z’ubutabera.

Yemereye Urukiko ko yishe umugore we, icyakora ko abisabira imbabazi, akarusaba guca inkoni izamba.

Urukiko rwabajije uregwa impamvu yishe umugore we, avuga ko yahoraga amwaka amafaranga menshi yo guhahira urugo.

Ubushinjacyaha bwasobanuye imikorere y’iki cyaha, bwavuze ko izi mbabazi zasabwe n’uregwa ari urwiyerurutso kuko yishe nyakwigendera yabigambiriye, ndese ko yari amaze no kumukoresha imibonano mpuzabitsina, kuko basanze yambaye ubusa.

Ubushinjacyaha kandi bwagarutse ku buhamya bw’abatangabuhamya, bwasabye Urukiko kuzahamya icyaha uregwa, rukamukatira gufungwa burundu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rwahise rupfundikira uru rubanza, rwanzura ko ruzarusoma mu cyumweru gitaha tariki 09 Kamena 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Joe says:
    3 years ago

    Jk

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 17 =

Previous Post

Mu mafoto: Icyahise gikurikira impinduka zikomeye mu buyobozi bwo hejuru muri RDF

Next Post

Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.