Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi
Share on FacebookShare on Twitter

Haburanishijwe urubanza rw’abakekwaho icyaha cyo kwica umugore bamurogeye mu nzoga cyabereye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Gasabo, aho uyu nyakwigendera bakekwaho kumwica bamuziza ko na we yarogaga umuturanyi we, bakaza kwishyura miliyoni 1 Frw umuntu ngo amuroge, akaza kumuha inzoga yanyoye agahita agwa aho.

Iki cyaha gikurikiranywe kuri aba bantu, cyabaye umwaka ushize tariki 09 Ukwakira 2022 mu Mudugudu wa Ngarama mu Kagari ka Mbahe mu Murenge wa Masaka.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwaburanishije urubanza rw’ifunga ry’agatetanyo rwabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 06 Gashyantare 2023.

Ubushinjacyaha buburana n’aba bantu, buvuga ko nyakwigendera yitabye Imana ubwo yasangiraga inzoga n’umwe mu baregwa, wamuhaye inzoga, agahita apfira aho.

Nyuma yuko uyu wasangiraga na nyakwigendera afashwe, yavuze ko inzoga yahaye uwitabye Imana, yari irimo uburozi kandi ko yabikoze kubera ko yari yabihawemo akazi.

Yavuze ko ako kazi yagahawe n’abavuga ko bafitanye ikibazo na nyakwigendera, bakamwemerera ko bazamuha miliyoni 1 Frw.

Ubushinjacyaha bugira buti “Abatanze ikiraka cyo kwica nyakwigendera bakaba barabitewe n’uko umuvuzi bivurizagaho yababwiye ko umuntu wabarogaga ari nyakwigendera bakwiriye gushaka uburyo bamwikiza, abizeza kubibafashamo ndetse abaca amafaranga menshi biba ngombwa ko bagurisha isambu yabo kugira ngo babone ayo mafaranga.”

Icyakora ubwo baburanaga ku ifungwa ry’agateganyo mu rukiro, abaregwa bose bahakanye icyaha, mu gihe icyemezo kuri iri buranisha, kizasomwa ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki 13 Gashyantare 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 15 =

Previous Post

Ibyago by’amayobera by’abantu batatu b’umuryango umwe bapfuye urw’amarabira mu cyumweru kimwe

Next Post

DRCongo: Hatangajwe imibare yikubye 3 y’abapfiriye mu kugaragariza MONUSCO umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe imibare yikubye 3 y’abapfiriye mu kugaragariza MONUSCO umujinya w’umuranduranzuzi

DRCongo: Hatangajwe imibare yikubye 3 y’abapfiriye mu kugaragariza MONUSCO umujinya w’umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.