Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America yifatanyije na Israel, ikagaba ibitero ku bikorwa by’ingufu za Nikeleyeri bya Iran, iki Gihugu cyatangaje ko Amarica yahise yiyongera ku rutonde rw’aho cyemerewe kurasa za misile.

Ebrahim Zolfaqari, Umuvugizi w’Icyicaro Gikuru cya gisirikare cya Iran kizwi nka Khatam al-Anbiya, yagize ati “Bwana Trump, wa munyarusimbi we (the gambler), utangije iyi ntambara, ariko ni twe tuzayirangiza.”

Ebrahim Zolfaqari atangaje ibi mu gihe Isi yose yari itegereje igisubizo cya Tehran ku gitero Leta Zunze Ubumwe za America zagabye ku bikorwa bya Nikeleyeri bya Iran mu mpera z’icyumweru, ndetse ni igitero Perezida Trump yavuze ko gishobora no guhirika ubutegetsi bwa Iran buriho ubu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe Truth Social, ku byerekeye ibitero byagabwe na America, Perezida Trump yagize ati “Habayeho kwangirika gukomeye cyane ku bikorwa byose bya nikeleyeri byo muri Iran.”

Yakomeje agira ati “Ahangiritse cyane ni ahantu hihishe cyane mu butaka. Twahageze neza.”

Trump kandi yasabye Iran kwirinda gukora igikorwa cyo kwihimura, avuga ko Leta Iran “igomba noneho gushaka amahoro”, kuko ibitero byakurikira “byaba bikomeye cyane kurushaho kandi ko byoroshye cyane kubikora.” Ibintu byateye impungenge ku rwego mpuzamahanga z’uko intambara mu Burasirazuba bwo Hagati ishobora gukomeza kwiyongera.

Umugaba Mukuru w’Angabo za America, General Dan Caine, yabwiye abanyamakuru ko America yohereje ibisasu 75 bifite ubushobozi bwo kugera ku ntego mu buryo bwihariye, harimo n’ibisasu bisenya ibikorwa biri mu butaka (bunker-buster bombs), hamwe na misile 24 zo mu bwoko bwa Tomahawk, byose byagabwe ku bikorwa bitatu bya Nikeleyeri bya Iran.

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kugenzura ibikorwa bya Nikeleyeri ku Isi, n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mutekano wa Nikeleyeri (IAEA), batangaje ko nta ngaruka ziragaragara zatewe n’iraswa ry’ibikorwa bya Nikleyeri muri Iran nyuma y’ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za America.

Umwe mu bayobozi bakuru muri Iran yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko Uranium yari yarongerewe ubushobozi ku kigero cyo hejuru cyane mu ruganda rwa Fordow yari yarimuwe mbere y’igitero, Tehran, ihakana ko nta yindi ntego ifite yo gukora Nikeleyeri uretse iyo kuyikoresha mu buryo bw’amahoro.

Nyuma yo kugabwayo ibitero na Amerika Iran nayo yahise itera ibisasu byinshi muri Israel, bikomeretsa abantu benshi, binasenya inyubako mu mujyi wa Tel Aviv.

Gusa kugeza ubu Iran ntirakoresha amahitamo yayo akomeye yo kwihimura, nko gutera ibirindiro bya America cyangwa guhagarika ubucuruzi bw’amavuta y’ibikomoka kuri Peteroli bungana na 20% Isi itunganya, bunyura mu muhora wa Hormuz uhereye muri Iran.

Kugerageza gufunga uwo muhora byatuma ibiciro bya Peteroli ku isoko mpuzamahanga bizamuka cyane, bigatuma ubukungu bw’Isi buhungabana.

America iravuga ko aari abasirikare ibihumbi 40 bari ku birindiro no ku nyanja mu Burasirazuba bwo Hagati biteguye gutabara mu gihe icyo ari cyo cyose Iran yagerageza ibikorwa byo kwihimura kuri iki Gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 3 =

Previous Post

Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe

Next Post

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.