Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America yifatanyije na Israel, ikagaba ibitero ku bikorwa by’ingufu za Nikeleyeri bya Iran, iki Gihugu cyatangaje ko Amarica yahise yiyongera ku rutonde rw’aho cyemerewe kurasa za misile.

Ebrahim Zolfaqari, Umuvugizi w’Icyicaro Gikuru cya gisirikare cya Iran kizwi nka Khatam al-Anbiya, yagize ati “Bwana Trump, wa munyarusimbi we (the gambler), utangije iyi ntambara, ariko ni twe tuzayirangiza.”

Ebrahim Zolfaqari atangaje ibi mu gihe Isi yose yari itegereje igisubizo cya Tehran ku gitero Leta Zunze Ubumwe za America zagabye ku bikorwa bya Nikeleyeri bya Iran mu mpera z’icyumweru, ndetse ni igitero Perezida Trump yavuze ko gishobora no guhirika ubutegetsi bwa Iran buriho ubu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe Truth Social, ku byerekeye ibitero byagabwe na America, Perezida Trump yagize ati “Habayeho kwangirika gukomeye cyane ku bikorwa byose bya nikeleyeri byo muri Iran.”

Yakomeje agira ati “Ahangiritse cyane ni ahantu hihishe cyane mu butaka. Twahageze neza.”

Trump kandi yasabye Iran kwirinda gukora igikorwa cyo kwihimura, avuga ko Leta Iran “igomba noneho gushaka amahoro”, kuko ibitero byakurikira “byaba bikomeye cyane kurushaho kandi ko byoroshye cyane kubikora.” Ibintu byateye impungenge ku rwego mpuzamahanga z’uko intambara mu Burasirazuba bwo Hagati ishobora gukomeza kwiyongera.

Umugaba Mukuru w’Angabo za America, General Dan Caine, yabwiye abanyamakuru ko America yohereje ibisasu 75 bifite ubushobozi bwo kugera ku ntego mu buryo bwihariye, harimo n’ibisasu bisenya ibikorwa biri mu butaka (bunker-buster bombs), hamwe na misile 24 zo mu bwoko bwa Tomahawk, byose byagabwe ku bikorwa bitatu bya Nikeleyeri bya Iran.

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kugenzura ibikorwa bya Nikeleyeri ku Isi, n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mutekano wa Nikeleyeri (IAEA), batangaje ko nta ngaruka ziragaragara zatewe n’iraswa ry’ibikorwa bya Nikleyeri muri Iran nyuma y’ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za America.

Umwe mu bayobozi bakuru muri Iran yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko Uranium yari yarongerewe ubushobozi ku kigero cyo hejuru cyane mu ruganda rwa Fordow yari yarimuwe mbere y’igitero, Tehran, ihakana ko nta yindi ntego ifite yo gukora Nikeleyeri uretse iyo kuyikoresha mu buryo bw’amahoro.

Nyuma yo kugabwayo ibitero na Amerika Iran nayo yahise itera ibisasu byinshi muri Israel, bikomeretsa abantu benshi, binasenya inyubako mu mujyi wa Tel Aviv.

Gusa kugeza ubu Iran ntirakoresha amahitamo yayo akomeye yo kwihimura, nko gutera ibirindiro bya America cyangwa guhagarika ubucuruzi bw’amavuta y’ibikomoka kuri Peteroli bungana na 20% Isi itunganya, bunyura mu muhora wa Hormuz uhereye muri Iran.

Kugerageza gufunga uwo muhora byatuma ibiciro bya Peteroli ku isoko mpuzamahanga bizamuka cyane, bigatuma ubukungu bw’Isi buhungabana.

America iravuga ko aari abasirikare ibihumbi 40 bari ku birindiro no ku nyanja mu Burasirazuba bwo Hagati biteguye gutabara mu gihe icyo ari cyo cyose Iran yagerageza ibikorwa byo kwihimura kuri iki Gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe

Next Post

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.