Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in SIPORO
0
Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Emmauel Hafashimana bakundaga kwita Kunde wari usanzwe ari umukunzi wa siporo by’umwihariko Football, witabye Imana, urupfu rwe rwababaje benshi barimo abakunzi b’ikipe ya Arsenal yari asanzwe afana.

Urupfu rwa Dr. Emmauel Hafashimana rwamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022 ubwo bamwe mu bakunzi ba Siporo bavugaga ko yitabye Imana.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukora ibiganiro bya Siporo, uri mu babanje kuvuga iby’urupfu rwa Dr Hafashimana, mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ababaye cyane.

Yagize ati “Mbega inkuru Mbi…Wari IMFURA wari umuntu ukunda abantu, wari uzi ubwenge kandi ukatugira inama kenshi. Wakunze Sports uranayitangira Dr. ruhukira mu mahuro nshuti yanjye.”

Abakunzi b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bahuriye mu muryango witwa Rwanda Arsenal Fan Club (RAFC), na bo batangaje ko babajwe n’urupfu rw’umunyamuryango wabo Dr. Emmauel Hafashimana.

Aba bakunzi b’ikipe ya Arsenal yo mu bwongereza ariko baba mu Rwanda, babinyujije kuri Twitter banditse bati “Tubabajwe no kubamenyesha ko inshuti yacu umunyamurwango, umubyeyi akaba ni umwarimu Dr. Emmauel Hashimana (Kunde) yitabye Imana kuri uyu wa mbere. Azahora mu mitima yacu.”

Dr Emmanuel yari asanzwe ari umufana wa Arsenal

Dr. Emmauel Hafashimana wari usanzwe ari umunyamuryango w’abakunzi ba Arsenal, yabaye umwarimu muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, nyuma ajya kwiga mu Bububiligi aho yaje kuva aba umuyobozi ushinzwe imari n’abakozi muri Kaminuza ya INATEK aho yagiye agaragara mu bikorwa byinshi byo gukunda umupura birimo gushyigikira ikipe ya INATEK.

Mu kiganiro yagiranye na TV10 muri 2018, Dr. Emmauel Hafashimana alias Kunde yavuze ko uretse kuba ari umukunzi wa Football, yanawukinnye yewe akanakina mu cyiciro cya mbere ndetse ko ari na ho yakuye akazina ka Kunde wari umukinnyi ukomeye wa Cameroon mu myaka y’ 1980.

Imana iguhe iruhuko ridashira Dr Wangu Kunde Emmanuel..

Imana yagukunze kuturusha ikwakire, Twizera ko Tuzongera guhura! Umuryango mwihangane. pic.twitter.com/GvsZY1YmIj

— IMFURAYACU Jean Luc (@imfuraluc01) April 4, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 12 =

Previous Post

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Next Post

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.