Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in SIPORO
0
Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Emmauel Hafashimana bakundaga kwita Kunde wari usanzwe ari umukunzi wa siporo by’umwihariko Football, witabye Imana, urupfu rwe rwababaje benshi barimo abakunzi b’ikipe ya Arsenal yari asanzwe afana.

Urupfu rwa Dr. Emmauel Hafashimana rwamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022 ubwo bamwe mu bakunzi ba Siporo bavugaga ko yitabye Imana.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukora ibiganiro bya Siporo, uri mu babanje kuvuga iby’urupfu rwa Dr Hafashimana, mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ababaye cyane.

Yagize ati “Mbega inkuru Mbi…Wari IMFURA wari umuntu ukunda abantu, wari uzi ubwenge kandi ukatugira inama kenshi. Wakunze Sports uranayitangira Dr. ruhukira mu mahuro nshuti yanjye.”

Abakunzi b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bahuriye mu muryango witwa Rwanda Arsenal Fan Club (RAFC), na bo batangaje ko babajwe n’urupfu rw’umunyamuryango wabo Dr. Emmauel Hafashimana.

Aba bakunzi b’ikipe ya Arsenal yo mu bwongereza ariko baba mu Rwanda, babinyujije kuri Twitter banditse bati “Tubabajwe no kubamenyesha ko inshuti yacu umunyamurwango, umubyeyi akaba ni umwarimu Dr. Emmauel Hashimana (Kunde) yitabye Imana kuri uyu wa mbere. Azahora mu mitima yacu.”

Dr Emmanuel yari asanzwe ari umufana wa Arsenal

Dr. Emmauel Hafashimana wari usanzwe ari umunyamuryango w’abakunzi ba Arsenal, yabaye umwarimu muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, nyuma ajya kwiga mu Bububiligi aho yaje kuva aba umuyobozi ushinzwe imari n’abakozi muri Kaminuza ya INATEK aho yagiye agaragara mu bikorwa byinshi byo gukunda umupura birimo gushyigikira ikipe ya INATEK.

Mu kiganiro yagiranye na TV10 muri 2018, Dr. Emmauel Hafashimana alias Kunde yavuze ko uretse kuba ari umukunzi wa Football, yanawukinnye yewe akanakina mu cyiciro cya mbere ndetse ko ari na ho yakuye akazina ka Kunde wari umukinnyi ukomeye wa Cameroon mu myaka y’ 1980.

Imana iguhe iruhuko ridashira Dr Wangu Kunde Emmanuel..

Imana yagukunze kuturusha ikwakire, Twizera ko Tuzongera guhura! Umuryango mwihangane. pic.twitter.com/GvsZY1YmIj

— IMFURAYACU Jean Luc (@imfuraluc01) April 4, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Next Post

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.